Linda
yigeze gukora akazi gasanzwe kamuhemba ku kwezi. Ubuzima bwe icyo gihe ntibwari
buziranye na cinema “n’ubwo numvaga nzinjira muri Cinema.”
Yabwiye
InyaRwanda ati "Cinema zari inzozi zanjye. Kuko nakuze numva mbikunda. Nakuze
numva nzaba umunyamakuru, nkajya niyumvamo kwakira abantu mu biganiro n'ahandi.
Ariko, nyine ntibyakunze kubera amashuri. Ntabwo nize amashuri menshi ku buryo
nari kuba umunyamakuru. Cinema nayigiyemo mu 2019, kandi nari nasoje amashuri
yisumbuye mu 2016."
Yari
umukozi w’umunyamwete, ariko mu gihe gito umwuka utari mwiza hagati ye
n’umukoresha we wamutumye kuva muri ako kazi. Ibyakurikiyeho byabaye
ikimenyetso ko rimwe na rimwe amahirwe aza yihishe mu bintu “tubonamo igihombo.”
Avuga ati "Hari akazi ku kwezi nabonye ariko nyuma nza kukanga. Niho hantu nahise nanga akazi ku kwezi, ndakakanga pe! Ni ibintu birebere. Naravuze nti, reka njye gushaka ibindi. icyo gihe ni nabwo Cinema yarimo izamuka [...]
Nagize
umukoresha mubi umfata nabi, ariko si njye gusa yafataga nabi. Igitangaje,
n'uko ari nako kazi ka mbere k'ukwezi nari nkoze, kuko mbere y'aho hari akandi
nari nabaje gukora k'ibiraka, ariko bampemba ku kwezi. Umukoresha mubi, niwe
watumye nsenzera akazi, numva ngomba gushakira muri Cinema […]”
Amaze
gusubira mu rugo, ni bwo yahuye na Kalisa Ernest, uzwi nka Samusure — umwe mu
bakinnyi bakomeye muri cinema nyarwanda, uzwi cyane kubera ubuhanga bwe mu
guhanga ibisekeje bitagira ingano. 
Samusure,
wari umaze igihe yandika no gutunganya filime ye nshya, yamubonye mu buryo bwe
bwihariye. Mu ijwi rye risanzwe rirangwa n’urugwiro, yamubwiye ati: “Ndashaka
ko ukina muri filime nshya nitwa Mahindu.”
Ati
"Umunsi wa mbere ndabyibuka Samusure yaje kundeba mu rugo ahantu nari
ntuye. Araza mu rugo, azana 'script' ati bite, ni byiza, nabonye uri umukobwa
mwiza, wareka tugakina filime. Twari, twarahuriye mu itorero mu kubyina
gakondo."
Akomeza agira ati "(Samusure) tuganira, yambwiye ko yifuza umukobwa umeze nkanjye, numvaga
mfite ubwoba, kubera ko Samusure yari umusiritari kiriya gihe, noneho
akwisangiye mu rugo akuzaniye 'Script', mbese ameze nk'umuntu ukuzaniye akazi.
Nta kazi mfite ku kwezi, ibyo kubyina biba ku mugoroba n'ubundi, nahise mvuga
nti reka mbifatanye ahubwo. Ni uko byatangiye rero."
Kuva
icyo gihe, ibintu byarahindutse. Linda yinjiye muri cinema atazi ko agiye
gutangira urugendo ruzamuhindurira izina n’ubuzima. Nyuma y’imyaka itanu gusa,
ubu ni umwe mu bakobwa bafite izina rikomeye muri filime nyarwanda,
by’umwihariko kubera ‘Umuturanyi’, filime yamuhaye amahirwe yo kugaragaza
impano ye imbere y’abanyarwanda benshi.
Kayitesi
Alice wamamaye nka Linda avuga ko Samusure ari we wamutumye atera intambwe ya mbere
muri Cinema

'Linda' yigeze gukora akazi kamuhemba ku kwezi mbere yo kwinjira mu ruganda rwa sinema

Samusure
yabonye impano ya Linda mu gihe we atari azi ko ashobora gukina filime, batangirana urugendo rwavuyemo gukomera

Linda
avuga ko kwinjira muri filime byahinduye icyerekezo cy’ubuzima bwe, ndetse ko yishimira intera amaze kugeraho

Ubufatanye
bwa Linda na Samusure bwatumye bombi bubaka izina mu ruganda rwa sinema
nyarwanda muri filime za mbere bahuriyemo

Nyuma
y’imyaka itanu muri cinema, Linda akomeje kwiyubaka nk’umwe mu bakobwa bafite
izina rikomeye muri filime nyarwanda

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA LINDA WAMAMAYE MURI FILIME ‘UMUTURANYI’
VIDEO: Dox Visual -InyaRwanda.com
