Yatwitse umukobwa we w’imyaka 10 mu myanya ndangagitsina amuhora kunyara ku buriri

Utuntu nutundi - 17/07/2026 7:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Yatwitse umukobwa we w’imyaka 10 mu myanya ndangagitsina amuhora kunyara ku buriri

Muri Nigeria, agahinda ni kose nyuma y’ibyo abenshi bise ‘amahano,’ aho umugabo yatwitse umwana we w’umukobwa w’imyaka 10, mu myanya y’ibanga akoresheje ipasi. Icyababaje abaturage cyane, cyatumye bita uyu mugabo inyamanswa, ni uko ibi byose yabikoze ngo ahora umukobwa we kunyara ku buriri.

Polisi yo muri Leta ya Ondo muri Nigeria yatangaje ko yamaze guta muri yombi uyu mugabo witwa Amos Paul, akurikiranyweho gukorera ihohoterwa rikomeye umukobwa we w'imyaka 10, amutwika imyanya ndangagitsina akoresheje ipasi ishyushye amuhora kwihagarika ku buriri.

Nk'uko byatangajwe n'Umuvugizi wa Polisi ya Leta ya Ondo, SP Abayomi Jimoh, ibi byabereye mu gace ka Unaun, Upenme, mu Karere ka Owo, bikamenyekana ku wa Kane tariki ya 16 Nyakanga 2026.

Nyuma y'uko abaturage babimenyesheje inzego z'umutekano, uyu mwana yahise ajyanwa kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Leta (Federal Medical Centre - FMC) biherereye i Owo, aho ari guhabwa ubuvuzi kubera ibikomere bikomeye yatewe n'ubwo bugizi bwa nabi.

Inkuru dukesha ikinyamakuru Punch ivuga ko, Polisi yavuze ko abashinzwe iperereza bo kuri Sitasiyo ya Polisi ya "A Division" yo muri Owo bahise bagera aho byabereye, bafata Amos Paul bamushyikiriza ubutabera.

Iperereza rikaba rizashyirwa mu maboko y’Ishami rishinzwe ibyaha bifitanye isano n'ihohoterwa rishingiye ku gitsina n'irikorerwa abana, kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse ndetse harebwe n’uko hafatwa izindi ngamba ziteganywa n'amategeko.

Komiseri wa Polisi muri Leta ya Ondo, CP Felix Ohagwu, yamaganye bikomeye icyo gikorwa, avuga ko ari ubugome ndengakamere budakwiriye kubaho muri sosiyete.

Yashimangiye ko Polisi izakomeza kurinda abana n'abandi bantu bafite intege nke, ikarwanya ihohoterwa iryo ari ryo ryose n'ihohoterwa rikorerwa mu ngo.

Yanahamagariye abaturage kujya bihutira gutanga amakuru ku byaha birimo ihohoterwa rikorerwa abana, irikorerwa mu ngo n'ibindi byaha bifitanye isano, ashimangira ko abo ibyo byaha bizajya bihama bazajya bagezwa imbere y'ubutabera nta kabuza.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...