Uyu
mugabo akomeje kuba umwe mu nkingi za mwamba z’uruhando rw’ubuhanzi
n’imyidagaduro mu Rwanda. Afite abakunzi benshi ku mbuga nkoranyambaga, kuri
Radio, kuri Televiziyo ndetse no ku mbuga zicuruza amashusho, aho ibihangano
bye bikomeza kurebwa n’abatari bake no kumwinjiriza amafaranga atari make.
Uyu
mwaka, Gratien arizihiza imyaka 30 y’ubuhanzi n’ubwitange mu ruganda rw’umuco
n’imyidagaduro. Urugendo rwerekana ubudasa, ubushishozi n’ubushobozi bwo
guhangana n’impinduka z’ibihe.
Mu
kiganiro cyihariye na InyaRwanda, ‘Papa Sava’ yavuze ko iyi myaka yaranzwe no
guhatana no gudacika intege, ariko kandi yarushijeho kwiga no kujyana n’ibihe.
Avuga
ati "Ni imyaka 30 mu buhanzi muri rusange, kuko Cinema uyirebye ntabwo
Yungamao
ati “Ikintu cya mbere cyamfashije n'uko nabonye inkomezi. Wari wabona gukora ibintu,
noneho ukabona agahimbazamushyi! [...] Hari ahantu ugera, ukabona ibigutera
imbaraga byitwa ubirimo neza rwose, uzakomeze ukore, uri umuhanga cyane, uri
uwahe sha? Hariya iwanyu havuka Alex Kagame, nawe uzaba nkawe, izo nkomezi rero
zirakubaka."
Yavukiye
mu misozi ya Kiyanza, ubu ni Ntarabana Sector mu Karere ka Rulindo, ku wa 25
Ugushyingo 1978. Avuga ko yakuriye mu buzima butari bworoshye, ariko agakura afite
impano yo gusetsa no gukina, impano yaje kumubera urufunguzo rw’aho ageze uyu
munsi.
Akiri
umwana, yakundaga gutaramira abantu mu bukwe, mu rusengero no mu bikorwa
by’amashuri. Abamurebaga bavugaga ko afite impano idasanzwe yo gusetsa no
gutanga ubutumwa bukora ku mitima.
Ibyo
ni byo byabaye intangiriro y’urugendo rurerure rwashingiye ku ubwitange,
ikinyabupfura n’ukwemera mu buhanzi.
Mu
mashuri yisumbuye, Gratien yari azwi nk’umusore ukunda guhanga inkuru. Igihangano
cye cya mbere cyari igitekerezo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu 1996.
“What a Day”:
Filime nshya y’igisubizo ku bafana
Nyuma
yo kumenyekana cyane mu mikino y’uruhererekane (Series), Gratien ari mu
myiteguro yo gusohora filime ye nshya yitwa “What a Day”, filime avuga ko izaba
ari igisubizo ku bafana bamaze igihe bamusaba gukora filime irangira (Feature
Film).
Avuga
ati “Ati "Kuba ngiye gukora filime irangira n'uko ari ibintu abantu
badusabye kuva cyera, bakavuga bati ahari mushakishiriza muri 'Series'
kugirango
Akomeza
ati "Ikindi cya kabiri n'uko numvaga ko noneho nshobora gukora
Yanavuze
ko iyi filime igiye gusohoka nk’urwego rwo gupima amahirwe, no kureba niba
afite ubushobozi bwo gukora filime ikarangira kandi akayihuza n’inzira nziza
koko yo gutuma ugera ku rwego mpuzamaahanga, ku buryo yanahatanira ibihembo.
Ati “Ariko ikirenze kuri ibi byose, n’uko nari narabyemereye abantu.”
Avuga
ko iyi filime yamutwaye hagati ya Miliyoni 10 Frw na Miliyoni 20 Frw, akaba
yarayikoze mu buryo bugezweho kandi bw’umwimerere.
Ati
"Ubu bari gutunganya amajwi n'amashusho bya filime ku buryo uku kwezi kwa
Yungamo
ati "Igikorwa cyo gufata amashusho cyafashe iminsi icyenda [...] Ntabwo ari
njye wayikoreye, ariko iri hejuru ya Miliyoni zirenga 10 n'ubwo zishobora kuzarenga
cyangwa zikajya munsi ho gato, mbese ushobora kubibara ugasanga wenda mu bantu
mwakoranye hari n'ibindi mwakoranye bitari ngombwa ko ari ukubara amafaranga, bitewe
n'abo ari bo. Ntabwo nayikoze njyenyine, kuko Zacu Entertainment yamfashije kuyitunganya,
nibo twafatanyije."
Iyi
filime ye izaba irimo abakinnyi benshi, ariko hafi ya bose bazaba ari ‘extras’,
cyangwa se abunganira abakinnyi bakuru. Yagaragaje ko abunganizi b’ingenzi ari
Uwabeza Leocadie na Kayirangwa Alice.
Abandi
bazaba ari ‘extras’ benshi ariko bafite uruhare mu gutuma filime igira ubuzima
n’umuco nyawo w’umunsi nyawo ushingiye ku nkuru.
Kuri
Papa Sava, iyi filime si igikorwa gisanzwe gusa. Ni igikorwa kigaragaza
urugendo rwe rw’imyaka 30 mu buhanzi, aho yibanda ku buryo ashaka guhuza impano
ye mu muziki, sinema n’imyidagaduro rusange.
Ni
filime itanga isomo rikomeye, yerekana ubuzima bw’umuntu muri rusange, ibibazo
yanyuzemo, ariko kandi ikanerekana uburyo umuntu ashobora guhangana n’ingorane
n’igihe kibi. Ni igikorwa gishimangira ko Papa Sava ari umwe mu bahanzi bafite
ubushobozi bwo guhuza umuziki, filime n’ubutumwa bw’umuco mu Rwanda.
Nyuma
y’imyaka 30, ibikorwa bya Gratien byahindutse umurage ugaragaza imbaraga
z’ubuhanzi mu guhindura sosiyete.
Abantu
baracyamwibukira mu nshuro nyinshi akina Papa Sava cyangwa Seburikoko, ibihangano
byahuje abantu mu buryo budasanzwe.
Kuva
mu myaka ya za 1990 kugeza uyu munsi, Gratien Niyitegeka yavuye kuba umuhanzi
w’umudugudu agera ku rwego rw’igihugu, akaba umwe mu bantu bagize uruhare
rukomeye mu guteza imbere ubuhanzi n’imyidagaduro mu Rwanda.

Imyaka 30 mu buhanzi, ariko umutima uracyari wa wundi – Papa Sava akomeje kwandika amateka mu ruganda rw’imyidagaduro nyarwanda

Kuva kuri radiyo, mu mikino y’ikinamico kugeza kuri filime zikunzwe kuri YouTube – urugendo rw’umuhanzi udacika intege

What a Day’ – filime nshya ya Papa Sava igiye gusohoka, yanditse asubiza abafana bari bamaze igihe bamusaba filime irangira

Filime
‘What a Day’ yamutwaye arenga miliyoni 10 Frw, ikaba igaragaza uruhande rushya
rw’ubuhanga bwe mu gukina no kuyobora filime

“Papa Sava: ‘Ubuhanzi si ibyo ukora gusa, ni umurage usiga mu mitima y’abantu

Mu myaka 30 y’ubuhanzi, yifashishije urwenya n’ikinamico mu kwigisha no gusigasira umuco nyarwanda

Disipline,
guhanga udushya no kudacika intege’ – ibanga ryamufashije kuguma ku isonga mu
myaka 30
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA ‘PAPA SAVA’
