Yaturushije ubutwari bw’indirimbo ishimira Perezida Kagame – Sibomana ku mpamvu yagabiye Lionel Sentore - VIDEO

Imyidagaduro - 28/07/2025 4:03 PM
Share:

Umwanditsi:

Yaturushije ubutwari bw’indirimbo ishimira Perezida Kagame – Sibomana ku mpamvu yagabiye Lionel Sentore - VIDEO

Sibomana Dieudonné uzwi cyane nka Bill Gates mu ruhando rw’ubucuruzi, yavuze ko yagabiye inka n’iyayo umuhanzi Lionel Sentore kubera indirimbo ye ‘Uwangabiye’ yasohotse ishimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame wagabiye Abanyarwanda mu buryo bwimbitse.

Ibi Sibomana yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki 27 Nyakanga 2025, ubwo Lionel Sentore yamurikaga Album ye nshya yise ‘Uwangabiye’ mu gitaramo cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali), cyitabiriwe n’imbaga y’abantu.

Ni igitaramo cyaranzwe no gucinya umudiho w’indirimbo z’umuco gakondo, aho Lionel Sentore yaririmbye indirimbo 12 ziri kuri iyi album ye nshya, yiganjemo izishimira intambwe u Rwanda rumaze gutera ndetse n’abayobozi barwo bayoboye neza igihugu.

Ubwo igitaramo cyari kigeze mu gice cya gatatu, umusangiza w’amagambo Marcel Ntazinda yahaye ijambo abitabiriye, maze Sibomana yegera urubyiniro atungura abantu agabira Lionel Sentore inka n’iyayo.

Mu magambo yuje ishema, Sibomana yavuze ko iyi ndirimbo ‘Uwangabiye’ yamukoze ku mutima, kuko ibumbatiye ishimwe ry’abantu benshi ku buyobozi bwa Perezida Kagame, ndetse ikaba ari yo mpamvu yatumye afata icyemezo cyo kugabira Lionel.

Yagize ati “Perezida Paul Kagame yatugabiye turi benshi cyane. Ariko Lionel Sentore yaturushije ubutwari bwo kuba ari we wamuhimbiye indirimbo akabimenyekanisha ku Isi hose. Sinari kumugabira mu zo Databuja Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yangabiye kuko nanjye yarangabiye. Namugabiye mu zanjye kugira ngo mwereke ko turi kumwe, igikorwa yakoze ari icy’ubutwari kandi ko tumushyigikiye.”

Yakomeje avuga ko indirimbo ya Lionel ari ijwi ry’Abanyarwanda bafite ishimwe, kandi ko nta na rimwe bazatatira igihango bafitanye na Perezida Kagame. Aravuga ati “Uwatugabiye ntabwo tuzigera dutatira igihango. Turi kumwe nawe haba mu mvura y’amahindu, mu gitondo, nijoro… ku rugamba rwose turi kumwe.”

Sibomana yanashimye ireme ry’igitaramo cya Lionel Sentore, avuga ko cyagaragaje umuco nyarwanda w’ukuri kandi gifite ubutumwa bukangurira abantu gukomeza kwiyubaka no kwerekana ko igihugu gifite icyerekezo.

Yashoje ashimangira ko igihe ari iki ngo Abanyarwanda barusheho gukunda iby’iwabo, guhesha agaciro igihugu no gukomeza gusigasira indangagaciro zibaranga.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Lionel Sentore yavuze Album ye yayitiriye indirimbo ye ‘Uwangabiye’ kubera ko idasanzwe mu rugendo rwe rw’umuziki.

Ni indirimbo avuga ko yatumye aramukanya n’Umukuru w’Igihugu, ndetse abasha kuyiririmba imbere ye na Madamu Jeannette Kagame. Ati “Impamvu Album yanjye nayise ‘Uwangabiye’ ni uko iyo ndirimbo nayikoze mu gihe nari ngeze mu mahanga, nyikorana urukumbuzi ndetse no gutekereza abangabiye ariyo nkomoko yo guhitamo kuyitirira Album yanjye."

Arakomeza ati “Ni indirimbo yari imaze imyaka itandatu isohotse, ariko byageze mu gihe cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu iramamara mu buryo bukomeye, ndetse mbasha kuyiririmba imbere ya Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame. ‘Uwangabiye’ ifite byinshi yafunguye usibye ko ari n’indirimbo nkunda nanjye ubwanjye."

Sentore asobanura ko iyi ndirimbo ‘Uwangabiye’ yakomotse kuri Sekuru Sentore Athanase ‘kubera yangabiye byinshi, gukunda igihugu, angabira gukunda umuco, angabira n’ibihangano bya gakondo’.

Muri iyi ndirimbo aririmbamo bamwe mu bantu bagize icyo bamufasha mu buzima bwe ndetse na sosiyete muri rusange. Ariko kandi aririmbamo umubyeyi we (Papa), Mama we ndetse anaririmba Paul Kagame.

Ati “Namwise umugoboka-rugamba (Paul Kagame), nawe ni umuntu mwiza, yatugabiye igihugu cyiza, yagabiye abantu inka, yagiye atugabira mu buryo butandukanye, rero nibo bantu banteye imbaraga yo kuba nahimba iyi ndirimbo nkayikora nshimira abo bantu bose bagiye bangabira."

Ati “Mama wanjye yangabiye urukundo, Papa wanjye yangabiye ibintu byinshi. Umubyeyi wacu Mukuru Perezida Kagame yaratugabiye, yatugabiye byinshi, igihugu cyiza gitemba amata n’ubuki, yazanye Girinka, kuko inka iranga urukundo; yaduhaye urukundo, yatweretse ko adukunda nk’abanyarwanda, buriya iyo umuntu akuyoboye, akakwereka ko anagukunze, aba agukunze."


Sibomana Dieudonné (Bill Gates) yatangaje ko yagabiye inka n’iyayo Lionel Sentore ko mu ndirimbo ‘Uwangabiye’ yanyujijemo ishimwe Abanyarwanda bafite kuri Perezida Kagame


Lionel Sentore yabwiye InyaRwanda, ko yakozwe ku mutima na Sibomana wamugabiye, kandi ko yiteguye gukura ubwatsi

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA SIBOMANA WAGABIYE LIONEL SENTORE




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...