Yatumye mvamo umuraperi uririmba urukundo – Danny Nanone agaruka ku ndirimbo yakoranye na King James (VIDEO)

Imyidagaduro - 06/08/2026 9:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Yatumye mvamo umuraperi uririmba urukundo – Danny Nanone agaruka ku ndirimbo yakoranye na King James (VIDEO)

Hari indirimbo ziba izakunzwe, izindi zigahindura amateka y’abahanzi bazikoze. Ku muraperi Danny Nanone, indirimbo Ijanisha yakoranye na King James ntabwo yabaye indirimbo yinjije amafaranga cyangwa yamuhaye izina gusa, ahubwo yabaye intangiriro y’urugendo rushya rwamuvanye mu muraperi washakaga kwigana abandi, rumugira umwe mu baraperi bazwi cyane mu ndirimbo z’urukundo.


Nyuma y’imyaka isaga icumi iyi ndirimbo isohotse, yongeye guhuriza aba bahanzi ku rubyiniro rwa BK Arena mu gitaramo King James yakoreye kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, ku wa Gatandatu tariki ya 1 Kanama 2026.

Ubwo amajwi ya Ijanisha yumvikanaga muri BK Arena, abafana benshi bayiririmbanye n’aba bahanzi kuva ku ntangiriro kugeza ku musozo, bigaragaza ko n’ubu igifite umwanya udasanzwe mu mitima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Danny Nanone yavuze ko mbere yo gukorana na King James yari akiri mu rugendo rwo kwishakisha nk’umuraperi, agerageza gushaka uburyo yakubaka umwihariko we.

Yagize ati: "Mbere nakoraga Rap ndi kugerageza kwivumbura, nshaka kwigana Tuff Gang nkabona ntibishoboka. Narebera kuri Riderman nkabona ntibyashoboka na njye mpita mvuga nti reka njye mu rukundo wabona bibaye. Rero indirimbo yitwa Ijanisha ni yo ndirimbo ya mbere y'urukundo nakoze, ihita ikundwa."

Aya magambo agaragaza urugendo rw’umuhanzi wavuye mu kugerageza kugendera mu kirenge cy’abamubanjirije, agahitamo kubaka inzira ye bwite.

Mu gihe icyo gihe rap nyinshi zakundwaga zari zishingiye ku butumwa bukakaye, kwiyerekana cyangwa guhatana, Danny Nanone yahisemo kugerageza ikintu kitari gisanzwe ku baraperi benshi, aririmba urukundo.

Icyo cyemezo cyaje kumuhindurira ubuzima.

Yavuze ko Ijanisha atari indirimbo isanzwe kuri we, ahubwo ari yo yamweretse icyerekezo cy’umuziki yagombaga gukomeza gukora. Ati: "Urumva ni indirimbo dufitanye amateka. Ni indirimbo yampinduriye ubuzima rwose."

"Yabaye imwe mu ndirimbo naciyemo kugira ngo mbashe gukora n'izindi. Navuga ko ari yo nahinduriyeho gukora indirimbo z'urukundo, nkavuga nti ngiye kuba umuraperi uririmba urukundo. Ndabikora, nkora n'izindi kandi mbona biciyemo rwose."

Nyuma y’intsinzi ya Ijanisha, Danny Nanone yakomeje kubaka izina rye nk’umuraperi uhuza rap n’ubutumwa bw’urukundo, ibintu byatumye aba umwe mu bahanzi bafite umwihariko mu muziki nyarwanda.

Ku rundi ruhande, King James nawe yakomeje kuba umwe mu bahanzi bafite uruhare rukomeye mu guteza imbere umuziki nyarwanda, aho yakunze gukorana n’abahanzi batandukanye ndetse agafasha bamwe kubona amahirwe yo kwagura ibikorwa byabo.

Kongera guhurira ku rubyiniro rwa BK Arena byari nk’urwibutso rw’urugendo aba bahanzi basangiye. Ku bakunzi b’umuziki, byari umwanya wo kongera gusubiza amaso inyuma bibuka imwe mu ndirimbo zahuje neza rap n’injyana ya R&B, ikaba yarabaye ikimenyetso cy’igihe cyihariye mu muziki nyarwanda.

Mu myaka irenga icumi ishize isohotse, Ijanisha iracyakomeza gucurangwa mu birori, ubukwe, ibitaramo no kuri Radio zitandukanye, ibintu Danny Nanone abona nk’ikimenyetso cy’uko indirimbo nziza itajya isaza.

Nubwo imyaka yagiye ishira, amateka yayo kuri we ntarahinduka. Iyo ayivuze, ntabwo aba avuga gusa ku ndirimbo yakunzwe, ahubwo aba agaruka ku cyemezo cyahinduye inzira y’umwuga we, kikamugira umuraperi uzwi cyane mu ndirimbo z’urukundo. 


Danny Nanone yatangaje ko indirimbo yakoranye na King James yahinduye icyerekezo cy’umuziki we


Danny Nanone yavuze ko guhurira ku rubyiniro na King James ari kimwe mu byo yishimiye


Danny Nanone yavuze ko yakoranye indirimbo na King James mu gihe yari akiri kwishakisha mu muziki


Danny Nanone yavuze ko indirimbo ‘Ijanisha’ yakoranye na King James yatumye aba umuraperi uririmba urukundo

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DANNY NANONE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...