Yatsinze igitego cy'agatangaza - Joseph Sackey mu ntego zo kuba umukinnyi mwiza wa Shampiyona

Imikino - 13/03/2026 1:00 PM
Share:
Yatsinze igitego cy'agatangaza - Joseph Sackey mu ntego zo kuba umukinnyi mwiza wa Shampiyona

Umukinnyi wo hagati, Joseph Sackey ukinira Mukura VS yatangaje ko yifuza kuba umukinnyi mwiza wa Rwanda Premier League 2025/26 ndetse ko abona bishoboka, agaruka no ku gitego cy'agatangaza yatsinze Musanze FC mu mukino wabereye kuri Stade Ubworoherane.

Tariki ya 7 Werurwe 2026 ni bwo umukinnyi wo hagati, Joseph Sackey w'imyaka 24 ukomoka muri Ghana yafashije Mukura VS kwikura imbere ya Musanze FC yari iwayo ndetse atsinda igitego cy'agatangaza aho yatereye ishoti rikomeye muri metero 40-45 mu minota ya nyuma y'umukino w'umunsi wa 23 wa Rwanda Premier League.

Umunya-Ghana Joseph Sackey ni umwaka we wa mbere muri Mukura VS dore ko yayigezemo mu mpeshyi ya 2025 avuye muri Muhazi United ndetse yashakwaga n'amakipe atandatukanye ya hano mu Rwanda harimo Rayon Sports.

Sackey ukina hagati ariko afasha abugarira, yavuze ko gushyira umutima ku kazi, gukora cyane n'imyitozo ye ku giti ari inkingi ikomeye mu biri kumufasha kuba inyenyeri muri Mukura VS.

Yagize ati: "Mu Rwanda ndahazi, ikintu cy’ingenzi kiri kumfasha ni ugushyira umutima ku kazi, imyitwari myiza no gukora cyane bikajyana n'imyitozo nkora yihariye. Iyo ibyo byose bidahari ntushobora kugera ku ntego zawe."

Sackey yatangaje ko atari ubwa mbere atsinze igitego kimeze gutyo ndetse agaruka ku cyemezo gikomeye yafashe cyo guterera amashoti kure y'izamu ndetse ko we yabonaga umukino ugiye kurangira kandi Mukura VS yarashakaga intsinzi dore ko mu mikino iheruka bari bafitemo intsinzi imwe.

Ati: "Si ikintu gishya kuri njye. Muri Muhazi United ndibuka ko umwaka ushize natsinze igitego gisa n’iki duhura na Bugesera FC. Ariko igitego natsinze kuri Musanze FC cyari icyemezo nafashe kuko umukino wari ukomeye cyane kandi mbona ugiye kurangira. Nafashe icyemezo ko aho nza kubona umupira mpita ntera ishoti mu izamu, ku bw'amahirwe birankundira."

Mu mikino 22 ya Rwanda Premier League Joseph Sackey amaze gukina, yatsinze ibitego 6 n'imipira ibiri yabyaye ibindi, yabonye amakarita 2 y'umuhondo n'andi abiri yt'umutuku. Mu gihe mu gikombe cy'Amahoro yatsinzemo igitego kimwe mu mikino ibiri.

Joseph Scakey yavuze ko afite inetego zo kuba umukinnyi mwiza wa Shampiyona ndetse ko guhesha Mukura VS umwanya mwiza ku rutonde rwa Rwanda Premier League.

Yagize ati: "Buri uko ngiye gukina umukino mba mfite intego zo gukora ibikorwa bizatuma mba umukinnyi mwiza wa Shampiyona kandi nzabigeraho nkurikije uko bimeze ubu. Mukura VS ndashaka kuyifasha kurangiza mu makipe atatu ya mbere ku rutonde kandi nabyo tuzabikora."

Joseph Sackey azagaruka mu kibuga tariki ya 15 Werurwe 2026 mu mukino w'umunsi wa 24 wa shampiyona aho bazakirwamo na AS Muhanga yabatsindiye i Huye mu mukino ubanza kuri Stade Kamena ibitego 2-1.

Joseph Sackey arifuza kuba umukinnyi mwiza wa Shampiyona


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...