Yatinyuye igitsinagore! Stephanie wari umuvumbuzi ukomeye mu by’ikoranabuhanga yitabye Imana

Ikoranabuhanga - 11/08/2025 3:32 PM
Share:

Umwanditsi:

Yatinyuye igitsinagore! Stephanie wari umuvumbuzi ukomeye mu by’ikoranabuhanga yitabye Imana

Dame Stephanie Shirley, umuherwe, umuvumbuzi mu ikoranabuhanga wamenyekanye no mu bikorwa by’ubugiraneza uzwi cyane ku izina rya “Steve”, yitabye Imana ku wa 9 Kanama 2025 afite imyaka 91, nk’uko byatangajwe n’umuryango we kuri uyu wa Mbere binyuze ku rubuga rwa Instagram.

Yabaye icyitegererezo mu rugamba rwo guharanira uburenganzira bw’abagore no kubinjiza mu ikoranabuhanga kuva mu myaka ya 1950 na 1960. Stephanie yageze i Londres afite imyaka itanu, mu byumweru bike mbere y’intambara ya kabiri y’isi, ahunze ihohoterwa ry’abanazi nk’umwana w’umuyahudi w’umudage.

Yavutse mu 1933 mu mujyi wa Dortmund, yitwa Vera Buchthal. Se yari umucamanza, ariko ntibyababuza guhungira i Vienne muri Autriche kubera ivangura rikabije ry’abayahudi. Nyuma yoherejwe mu Bwongereza mu rwego rwa gahunda ya Kindertransport, yarokoye abana b’abayahudi bagera ku 10.000 mbere y’intambara. Yakuriye mu maboko y’ababyeyi bamureraga bamutoje urukundo n’imyitwarire myiza.

Mu 1962, nyuma yo gukora nk’umukozi wa Leta mu by’ubumenyi, yashinze kompanyi Freelance Programmers — nyuma iza kuba FI Group, na yo yaje guhinduka Xansa — ikora porogaramu za mudasobwa, ishyiraho uburyo bushya bwo guha akazi abagore bafite abana, ikabasha gukorera mu rugo. Icyo gihe, ibi ntibyari bikunze kubaho. Mu bakozi 300 ba mbere, 297 bari abagore.

Iyo kompanyi yahinduye isura y’isoko ry’umurimo mu ikoranabuhanga, yerekana ko uburyo bwo gukora butajegajega bushobora gufasha abagore kwinjira no kuguma muri uru rwego. Iyi mpinduka yamuhesheje umutungo wa miliyoni 150£, hafi ya yose ayatanga mu bikorwa by’ubugiraneza.

Umuhungu we Giles yari afite autism, bituma aba umwe mu banyamuryango ba mbere ba National Autistic Society. Yashinze Shirley Foundation, yateraga inkunga imishinga ijyanye na autism, irimo gushyigikira gahunda ya Autism at Kingwood ifasha abantu bakuru bafite autism mu turere twa Berkshire, Oxfordshire na Buckinghamshire, ndetse n’ishuri rya Prior’s Court ryita ku rubyiruko rufite autism.

Dame Stephanie yari azwiho ubwenge buhebuje, imbaraga zidasanzwe no kudacika intege mu guhangana n’ivangura rishingiye ku gitsina mu ikoranabuhanga. Ni yo mpamvu yagiye yiyita “Steve” mu nyandiko, kugira ngo ibitekerezo bye byumvwe mu rwego rwari rwiganje mo abagabo.

Nubwo imyaka yagiye ishira, uru rwego ruracyiganjemo abagabo, ariko Dame Stephanie azahora yibukwa nk’umwe mu bagore ba mbere barwinjiyemo bafite ijwi rikomeye, kandi ryumvikana kugeza ku munota wa nyuma w’ubuzima bwe.

Dame Stephanie uri mu bagore ba mbere binjiye mu by'ikoranabuhanga yitabye Imana ku myaka 91 y'amavuko

Azahora yibukirwa ku bidasanzwe yakoze mu gihe cye byagiriye Isi akamaro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...