Yatinyaga kugaragara kuri 'Camera'! Nyambo yahishuye uburyo Mutoni Assia yamwinjije muri Cinema -VIDEO

Imyidagaduro - 12/03/2026 10:45 AM
Share:

Umwanditsi:

Yatinyaga kugaragara kuri 'Camera'! Nyambo yahishuye uburyo Mutoni Assia yamwinjije muri Cinema -VIDEO

Mu ruganda rwa Cinema Nyarwanda, hari abakinnyi bagera ku izina mu buryo butangaje, batangiye urugendo rwabo batitaye ku kuba bagaragara cyane ku rubuga rwa camera. Nyambo Jessica ni umwe muri bo.

Uyu mukinnyi wamamaye mu biganiro n’abafana bitewe n’imyiyereko ye yihariye mu filime, avuga ko urugendo rwe muri sinema rutari rworoshye, ariko rwuzuye ubuhamya bw’abantu bamushyigikiye.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Nyambo yavuze ko kugera aho ari ubu abicyesha cyane mugenzi we Assia Mutoni, wamwinjije mu ruganda rwa Cinema Nyarwanda.

 Ati: “(Umuntu wanyinjije muri Cinema) ni Assia Mutoni, kuko yari asanzwe ari inshuti yanjye. Rero, aza kumbwira ati ‘mba mbona washobora gukina filime,’ ndamubwira nti ‘ahari nanjye ubanza nabishora.’”

Nyambo yasobanuye ko urugendo rwe rwabaye rwiza ubwo Mutoni yamutumiraga gukina muri filime ye ya mbere yitwa ‘Bolingo’, aho abantu benshi bari aho barimo nka ‘Nick’ na ‘Intare y’Ingore’.

Yagize ati: “Barambwiye bati komeza ukine, urabizi, bamwe bakambaza ngo ni ubwa mbere ukinnye. Ibyo rero byanyongereye imbaraga zo gukorera cyane.”

Gukina muri filime za Mutoni Assia byatumye Nyambo ahita abona amahirwe yo gukorana n’abandi bakinnyi bafite ibikorwa byabo muri sinema icyo gihe.

Yavuze ko yagiye akorana n’abarimo Killaman, Clapton, Sosiyete ya Zacu Entertainment n’abandi, bigatuma izina rye ryubakwa gahoro gahoro.

Nyambo yasobanuye ko mu mabyiruka ye yakundaga gukina filime ariko ntiyashakaga kugaragara ku camera, kubera impungenge z’ubuzima abasitari babamo nyuma yo kumenyekana.

Ati: “Abasitari baragowe. Bafite ukuntu niba ushaka kugura ikintu ku muhanda bikugora, nko kugura ikigori n’ibindi. Njyewe rero sinkunda ubwo buzima bukubuza gukora icyo ushaka. Ntabwo nabikundaga rwose, ariko buriya ikintu iyo Imana yabipanze, birangira nyine ariko bigenze.”

Nyambo kandi avuga ko gukina filime byamufashije gusohora impano ye yihariye mu kwandika. Yavuze ko akiri umwana yakundaga kwandika indirimbo za Korali y’abana, bigatuma mu mubyiruko we yumvaga kwandika filime ze bwite ari ibintu bisanzwe mu maraso ye.

Uyu mukinnyi aherutse gusohora filime ye nshya y’uruhererekane yise ‘Mwene Data’, ikurikira izindi yasohoye nka ‘The Message’ na ‘Ibanga’.

Nyambo Jessica atanga icyizere ko akiri mu rugendo rurerure rwo gukina, aho ashaka ko ibikorwa bye byamugeza kure hashoboka, atitaye ku kuba agomba kumenyekana ku izina gusa.


Nyambo Jessica avuga ko gukina filime yamufashije kuva mu bwoba bwo kugaragara kuri 'camera', byose abicyesha mugenzi we Assia Mutoni


Filime ‘Mwene Data’ ni imwe mu mishinga mishya ya Nyambo, ikurikira izindi yasohoye nka ‘The Message’ na ‘Ibanga’


Nyambo yakuze akunda kwandika indirimbo za Korali y’abana, ibintu byamufashije no mu myandikire ya filime ze bwite

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NYAMBO

KANDA HANO UBASHE KUREBA IGICE GISHYA CYA FILIME ‘MWENE DATA’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...