Ishimwe, uzwi cyane mu itsinda rya Vestine na Dorcas,
yavuze ko yahisemo gutanga ubu buhamya kugira ngo abari mu kigero cye ndetse
n’abamuruta batazanyura mu bibazo nk’ibyo yanyuzemo batabizi, cyane cyane
abakobwa n’abagore banyura mu bihe bikomeye mu buzima bwabo.
Mu buhamya bwe, yavuze ko yakuriye mu muryango
ukijijwe, akurira mu rusengero ndetse agakomeza amashuri kugeza arangije
ayisumbuye.
Avuga ko nyuma yo kurangiza amashuri ari bwo yinjiye
mu “butayu” bw’ubuzima, ahura n’ibigeragezo bikomeye atari yiteguye.
Yagize ati: “Nariguceceka nk’uko bisanzwe,
sinkuganirire ibi ariko mpisemo kuvuga kugira ngo abo tungana cyangwa
abari gukura batazanyura mu byo nanyuzemo batabizi. Nubyumva uzabibabwire
cyangwa ujye ubanyereka ubaganirira iyi nkuru ya Ishimwe.”
Yahuye n’urukundo rwamwinjije mu bihe
bikomeye
Ishimwe yavuze ko muri ibyo bihe yakunze umuntu wari usanzwe amuzi kuva kera, ariko we akaba atari amuzi cyane.
Avuga ko uwo muntu yamwegereye akoresheje uduhendabana yumva ko koko akunzwe, atamenya ko inyuma y’ibyo hari
undi mugambi.
Ati: “Yitwaje akarimi n’uduhendabana bikarishye.
Umukobwa wa Mama ntiyigeze arabukwa ayo mayeri matindi ngo ahweze atahure
umugambi wa sekibi, ahubwo yagize ngo arakunzwe, ibi ariko bidasanzwe.”
Ishimwe yavuze ko amarangamutima yamuyoboye ku buryo
atakomeje kumva inama yagirwaga n’abamukuriye, kuko yumvaga ko uwo muntu ari
uwo kwizera.
Nyuma yaje kumenya ko uwo mugabo yari asanzwe afite
undi muryango n’abana, ibintu avuga ko atari azi igihe yatangiraga kumwizera.
Yagize ati: “Amatwi araziba ahunga inama, ntiyongera
kumva inama zabamukuriye, kuko amarangamutima yari yamuyoboye atazi ko uwo
muntu yariyubatse afite undi muryango ndetse n’abandi bana.”
Yageze mu rugo ahura n’ibyo atari yiteze
Ishimwe yavuze ko nyuma yo kujya muri urwo rugo,
yahuye n’ibibazo bikomeye ndetse n’ibintu byamusigiye ibikomere bikomeye mu
mutima.
Yavuze ko igihe kimwe yageze aho atabona undi muti
w’ibyo yarimo kunyuramo uretse gutekereza kwiyahura.
Ati: “Yabonye ibisaze ubwenge bwe, ku buryo yatekereje
ko ubuzima bwe burangiye bitewe n’ibyo yabonaga buri munsi atabashaga no
kubwira undi muntu, baba ababyeyi be, abavandimwe be ndetse n’inshuti, ku buryo
yageze aho atatekereza ko inzira yo guhunga ibyo yabonaga ari ukwiyahura akava
ku isi. Yabitekereje kenshi cyane.”
Ishimwe ariko yavuze ko muri ibyo bihe byose Imana
yakomeje kumurinda no kumwereka izindi nzira, avuga ko hari icyo yari
igambiriye gukora binyuze mu buzima bwe.
Ati: “Gusa Imana ikajya ikoresha izindi nzira kugira
ngo imubuze. Glory to God!”
Avuga ko umuhamagaro we wageragejwe
guhagarikwa
Ishimwe yavuze ko kimwe mu bintu byamufashije gukomeza
kubaho ari ukwemera ko hari umuhamagaro w’Imana uri ku buzima bwe.
Yavuze ko uwo muhagaro wari umaze kugira uruhare mu
guhindura ubuzima bwa benshi, kandi ko hari abagerageje kuwuhagarika ariko
ntibabigereho.
Yagize ati: “Icyatumye Imana irinda uwo mukobwa ni uko
hari umuhamagaro uri ku buzima bwe kandi ukomeye wahinduye ubuzima bwa benshi
kandi ugomba gukomeza kubuhindura.”
Yavuze ko hari igihe yabujijwe kujya mu bitaramo,
gukomeza ibikorwa bya muzika ndetse no kujya muri studio, ndetse ko yagejejwe
aho atandukanywa n’abakorana na we.
Ati: “Yashatse kumubuza kujya mu bitaramo, kumubuza
kujya muri studio, ashaka no kumutandukanya n’uwo baririmbana, gusa byo
ntibyashobotse. Yamutandukanije na management ye abigeraho, azi ko umuhamagaro
uhagarara, gusa nibwo wari utangiye.”
Avuga ko hageragejwe no kumwangiriza izina
Ishimwe yakomeje avuga ko nyuma yo kubona ko ibikorwa
bye byo kuramya no guhimbaza Imana bidashobora guhagarikwa, hatangiye gushakwa
ubundi buryo bwo kumwangiriza izina.
Yavuze ko hagiye havugwa ibirego bikomeye kuri we,
birimo n’ibyo avuga ko byari ibinyoma.
Ati: “Abonye ko atahagarika umuhamagaro w’uwo mukobwa
kuko ari Imana yamuhamagaye, atangira gutekereza ikintu yakora kugira ngo yice
izina ry’uwo mukobwa.”
Yavuze kandi ko hari abantu bishyuwe kugira ngo
bamusebye ndetse bamuvugishe amagambo ashobora kumwangiriza isura mu bantu.
Gutwita no kubyara mu bihe bikomeye
Mu buhamya bwe, Ishimwe yanavuze ku mwana yabyaye
ndetse n’uburyo ubuzima bwo gutwita no kubyara bwagenze mu bihe bikomeye.
Yavuze ko nubwo hari ibibazo byinshi yari arimo, Imana
yakomeje kumurinda we n’umwana yari atwite.
Ati: “Mu buzima bugoye uri bugere ku isi, ntikimubuza.
Araza. Umubyeyi n’uwo atwite Uwiteka yabanyujije mu myanya y’intoki z’uwo
mugabo.”
Ishimwe yavuze ko yaje guhunga atwite, akajya
kubyarira ahandi, ndetse akirinda ko umugabo yari afitanye na we umwana ahita
amubona, ahubwo agategereza igihe yumvaga gikwiye kugira ngo amwereke umwana
we.
Yagize ati: “Akomeza kurindira uburyo bwiza papa
w’umwana yabona umwana we, atitaye ku nzika iyari yo yose.”
Yagiriye inama abatangaza inkuru
kwitondera amafaranga
Ishimwe yanagize icyo abwira abantu bakoresha imbuga
nkoranyambaga cyangwa itangazamakuru mu gutangaza inkuru ku bandi, abasaba
kwitondera amakuru bahabwa n’abantu babishyura kugira ngo bakwirakwize
ibinyoma.
Yavuze ko hari abantu bashobora gukoresha amafaranga
mu kwangiza izina ry’undi muntu, ariko ko ingaruka z’ibyo bikorwa zishobora
kuzagera no ku babikora cyangwa ku miryango yabo.
Yifashishije umurongo wo muri Bibiliya wo muri 1
Timoteyo 6:10, agira ati:
“Kuko gukunda impiya ari umuzi w’ibibi byose, hariho
abantu bamwe bazirarikiye barayoba, bava mu byo kwizera bihandisha imibabaro
myinshi.”
Yahamagariye abagore n’abakobwa gukomera
Mu gusoza ubu butumwa, Ishimwe yavuze ko yabwanditse
cyane cyane kugira ngo akomeze abagore n’abakobwa banyura mu bihe bikomeye
nk’ibyo yanyuzemo.
Yagize ati: “Mugore urira, humura kandi uhobere
ubuzima. Imana irabakunda, ibitayeho kandi ubuzima bwanyu buri mu biganza
by’Imana. Mwitinya, ntiyabibagiwe kandi izabacira inzira.”
Yasabye kandi abakobwa batarashaka kwitondera abantu
baza babiyegereza bafite isura nziza ariko bafite indi migambi, abasaba gusenga
no kudacibwa intege n’ibyo babona mu buzima.
Ati: “Abatarashaka bo mwirinde abantu baza biyambitse
uruhu rw’intama kandi imbere ari amasega aryana. Musenge cyane ubudasiba kandi
muzagira ingo nziza. Ibyo mubona ntibikabace intege ahubwo mubyigireho,
bizabafasha.”
Ishimwe yavuze ko yizera ko umunsi umwe azatanga
ubuhamya burambuye ku byo yanyuzemo, kuko abona ko bushobora kuba isomo
rikomeye cyane ku rubyiruko, cyane cyane urwo mu nsengero.
Yasoje yifashishije amagambo yo muri Bibiliya agira
ati:
Ubu buhamya bw’Ishimwe buje nyuma y’uko asabye Urukiko kumuha gatanya ya burundu n’umugabo we, Ouedraogo Idrissa, bari barasezeranye mu bukwe bwabaye ku wa 5 Nyakanga 2025.

