Yatashye atakiriye impano! Habaye iki cyatumye Kate Bashabe ava muri Gen-z Comedy igitaraganya? (VIDEO)

Imyidagaduro - 28/08/2026 9:32 AM
Share:

Umwanditsi:

Yatashye atakiriye impano! Habaye iki cyatumye Kate Bashabe ava muri Gen-z Comedy igitaraganya? (VIDEO)

Umunyamideli wavuyemo rwiyemezamiramo, Kate Bashabe yamaze iminota 20 gusa muri Gen-z Comedy, ataha atabashije gukora ibyo yari yaje gukora, ndetse n’impano yari yagenewe ntiyayakiriye.

Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 28 Kanama 2026, muri Camp Kigali habereye igitaramo cya Gen-Z Comedy cyaranzwe n’urwenya n’imyidagaduro, abanyarwenya barimo Kadudu, Salisa, Mavide na Pazzo basusurutsa bikomeye abitabiriye.

Muri abo bitabiriye iki gitaramo harimo umunyamideli Kate Bashabe, wagezemo mu buryo busanzwe ariko nyuma y’iminota mike gusa ahita ataha, bitungura bamwe mu bari aho.

Kate Bashabe yageze muri Camp Kigali aherekejwe na mubyara we wari umutwaye mu modoka.

Akigera imbere, abanyarwenya batangiye kumwitaho mu buryo bw’urwenya. Kadudu ni umwe mu bamuteraga urwenya, nyuma Mavide na Pazzo nabo baramukurikira, mu gihe bamwe mu banyarwenya banyuzagamo bakamusaba ko bifotozanya.

Nubwo byagaragaraga nk’aho Kate yari agiye kugira umwanya muri iki gitaramo, nyuma y’iminota igera kuri 20 gusa yahise asohoka.

Yinjiye mu modoka aragenda, nta muntu n’umwe aramutsa, ibintu byatumye bamwe mu bari aho bibaza icyari kimuteye kuva muri Gen-z Comedy mu buryo butunguranye.

Mu gihe uko Kate Bashabe yavuye muri iki gitaramo byashoboraga gutuma bamwe batekereza ko hari ikibazo cyabaye, Fally Merci utegura Gen-z Comedy yabwiye InyaRwanda ko atari uko byagenze.

Fally Merci yavuze ko Kate Bashabe atavuye muri Gen-z Comedy kubera ko yari yitwaje cyangwa yababajwe n’ibyamubayeho muri iki gitaramo.

Ahubwo, yasobanuye ko gahunda yari yamuzanye itari iyo kugirana ikiganiro n’abitabiriye igitaramo cyangwa kumara igihe kinini kuri stage.

Yagize ati: “Nta gahunda yari afite yo kuganiriza abitabiriye iki gitaramo, ahubwo yagombaga gutanga amakayi gusa. Ikindi, n’uko yagize gahunda zitunguranye zatumye ahita agenda.”

Fally yavuze ko Kate yari yatumiwe cyane cyane kugira ngo atange amakayi ku banyeshuri bitegura gusubira ku masomo, bityo kuba yamaze iminota mike muri Camp Kigali bikaba bitari bivuze ko hari ikibazo cyabaye hagati ye n’abategura igitaramo.

Mu gihe Kate Bashabe yari yaje gutanga amakayi ku banyeshuri, hari undi muntu wari wateguye impano yihariye yari agenewe uyu munyamideli.

Iyi mpano yari igizwe n’umupira uriho ifoto ya Kate Bashabe ndetse n’ibirago bya Rahura, Sosiyete ye icuruza amakayi.

Gusa, kubera uko gahunda ye yagenze ndetse no kuba yaragiye nyuma y’iminota mike, Kate yatashye atabashije no kwakira iyo mpano.

Ni impano yakozwe n’umwarimu witwa Manirakiza Emmanuel wo mu Mujyi wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera.

Uyu mwarimu yabwiye InyaRwanda ko impamvu yamuteye gutegura iyi mpano ari uburyo akunda kandi afatiraho urugero kuri Kate Bashabe, by’umwihariko mu bijyanye no guteza imbere urubyiruko n’uburezi.

Ati: “Ni umwe mu bantu bazwi kandi batera imbaraga urubyiruko. Ikindi ndi umwarimu wigisha Ubumenyamuntu n’ibinyabuzima, bitewe n’uko akora ibijyanye n’Uburezi numvise rero iyi ariyo mpano namugenera.”

Kate Bashabe amaze igihe agaragara mu bikorwa bitandukanye bigamije gufasha no guteza imbere urubyiruko, akaba afite na Rahura nka Sosiyete icuruza amakayi.

Ni muri uwo murongo kandi yari yitabiriye Gen-z Comedy, aho yari yateganyijwe gutanga amakayi ku banyeshuri bitegura gusubira ku masomo.

Nubwo atamaze igihe kinini muri iki gitaramo kandi akaba yaragiye atabashije kwakira impano yari yamuteguriwe, abategura Gen-z Comedy bavuga ko nta kibazo cyihariye cyabaye hagati ye n’abanyarwenya cyangwa abitabiriye.


Kate Bashabe yari yajyanywe no gutanga amakayi ya Rahura ayashyikiriza abitegura kujya ku ishuri


Abanyarwenya banyuranye bateye urwenya kuri Kate Bashabe ubwo yari muri Gen-z Comedy

Fally Merci yavuze ko Kate Bashabe yari afite gahunda yo gutanga ibikoresho by'ishuri ku banyeshuri, ari nayo mpamvu atatinze muri Gen-z Comedy

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE N’UMWARIMU WARI WATEGUYE IMPANO YA KATE BASHABE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...