Mu
itangazo ryasohowe kuri uyu wa 21 Nyakanga 2025, RDB yavuze ko icyemezo cyo
gufunga iyi hoteli gifashwe hashingiwe ku Itegeko No 12ter/2014 ryo ku wa
19/05/2014 rigena imitunganyirize y’Ubukerarugendo mu Rwanda, cyane cyane mu
ngingo zaryo za 5, 20 na 29, zitanga inshingano ku bigo bikora muri uru rwego.
Izi
ngingo ziteganya ko nta kigo cyemerewe gutanga serivisi z’ubukerarugendo
kitagira uruhushya rwemewe, rutangwa n’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda.
RDB
yavuze ko nyuma yo gukora iperereza, byagaragaye ko Hotel Château Le Marara
ikora nta ruhushya, bityo bikaba ari ukurenga ku mategeko. Ibi byatumye ifatwa
nk’ikigo gikora mu buryo butemewe, gihita gifatirwa ingamba zo gufungwa.
Guhera
kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Nyakanga 2025, iyi hoteli yahagaritswe gukora. RDB
yagize iti: “Gukomeza ibikorwa nyuma y’iyi tariki bizafatwa nko kwica amategeko
kigahinduka icyaha gishobora kuvamo ibihano bikomeye.
RDB
yongeye kwibutsa ko gufungura bundi bushya bizashoboka gusa ari uko hotel izaba
yujuje ibisabwa, harimo kubona uruhushya rushya ruyemerera gukora muri uru
rwego, no kubahiriza ibindi bisabwa n’amategeko.
Ubuyobozi
bw’iyi hoteli ntacyo buratangaza ku cyemezo cya RDB cyatangajwe mu ijoro ryo
kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025.
Mu
gufata iki cyemezo RDB yisunze ingingo eshatu z’itegeko No 12ter/2014 ryo ku wa
19/05/2014 rigena imitunganyirize y’Ubukerarugendo mu Rwanda. Bisunze ingingo
ya 5, iya 20 n’iya 29.
Iyo
unyujije amaso muri iri tegeko, ingingo ya 5 ivuga ku gusaba icyemezo cyo
gukora. Ivuga ko ikigo cy'ubukerarugendo gishaka icyemezo cyo gukora kibisaba uru rwego mu nyandiko. Iteka rya Minisitiri ryo rigena ibisabwa kugira ngo
Iyo
ukomeje gusoma, ingingo ya 6 ivuga ku gusuzuma no gusubiza isaba
Ingingo
ya 7 ikavuga ko icyemezo cyo gukora nta gihe kigenwe kimara.
Ingingo
ya 10 yo ivuga ku guhagarika by'agateganyo icyemezo cyo gukora. Ikavuga ko urwego
rushobora guhagarika by'agateganyo icyemezo cyo gukora igihe ikigo cy'ubukerarugendo
gisabwa gukosora cyangwa kuzuza ibisabwa n'Urwego.
Iyo
hari impamvu yihutirwa yaba ibangamiye ubuzima, ibidukikije cyangwa umutekano w'abantu,
urundi rwego rubifitiye ububasha ruhagarika by'agateganyo ikigo cy'ubukerarugendo
rukabimenyesha Urwego mu nyandiko mu gihe kitarenze iminsi ibiri (2) kugira ngo
rufate icyemezo mu gihe cy'iminsi itanu (5).
Ingingo
ya 19, RDB yisunze ivuga ku bijyanye no kuba ikigo cyajuririra icyemezo
cyafatiwe. Ikavuga ko igihe ntarengwa cyo kujurira umuntu wabangamiwe
n'icyemezo cy'Urwego ajurira mu minsi mirongo itatu (30) abonye inyandiko
imumenyesha kimwe mu bikorwa biteganywa n‟iri tegeko.
Ingingo
ya 20 yo ivuga ku burenganzira bw'Urwego bwo kugenzura ikigo cy‟ubukerarugendo.
Ikavuga ko urwego rufite uburenganzira bwo kugenzura
-Gukora isuzuma ku isaba ry'icyemezo cyo gukora cyatanzwe.
-Gukora isuzuma ku bishobora
gutuma habaho kutubahiriza ibiteganywa n'iri tegeko.
Kandi
ko iyo urwego rushaka gukora igenzura ry'ikigo cy'ubukerarugendo, rushyiraho
umukozi wo gukora igenzura. Uwo mukozi afatwa ko ari umukozi wemewe ku mpamvu
z'igenzura.
Iteka
rya Minisitiri No 25 ryo ku wa 14/09/2016 rigena ibisabwa n’amafaranga
yishyurwa kugirango ikigo cy’ubukerarugendo cyemerewe gukora.
Ingingo
ya 3 y’iri tegeko, ivuga amafaranga yishyurwa ku
Uburyo
kwishyura amafaranga avugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo bikorwamo buteganywa
n’urwego rwa Leta rufite ubukerarugendo mu nshingano zarwo.
Iyi
ngingo inavuga ko nyiri hoteli yo mu mujyi/baruhukiramo, moteli, inzu
Uburyo
bwo gukwirakwiza amazi; uburyo bw’itumanaho; uburyo bwo kurinda umutekano; ibikoresho
byo kurwanya inkongi z’umuriro; icyemezo cy’umutekano w’amashanyarazi,
ibikoresho cy’ubutabazi bw’ibanze;
Ubumenyi/uburambe
bw’abayobozi; ubumenyi/uburambe bw’abayobozi b’amashami ya serivisi; icyemezo
cy'ibizamini byo kwa muganga;
Ku mbuga
nkoranyambaga, abantu ntibumva ukuntu yari imaze igihe ikora nta byangombwa
Mwene
Matiku yavuze ati “Reka mvugeho gato. Hotel kuva igiye kubakwa yatse
ibyangombwa kugera itangiye gukora ndetse yaranasoraga mu gihe gito yari iri
gukora hariya hantu ubukerarugendo bwaho bwateraga imbere. RDB ni gute mwisanze
aha mutazi ibibera mu gice cyanyu. Uwayizanye ni umushoramari.”
Cyril
Ndegeya yavuze ati “Ese iyo iriya 'case' itabaho, ntihagire n’indi case ivuka
kuriya mu myaka itatu ishize, ubwo bivuze ko iyo hotel yari kuzakora iyo myaka
nta ‘License’ kandi na RDB itabizi??? ni gute Hotel nk’iriya ikorera ku mugaragaro,
RDB mukaba mutazi ko badafite license, mukwiriye kubisobanura namwe!”
Umukunzi
wa APR FC ati “Ahubwo babafunge mwese musobanure icyatumye imara imyaka 2 ikora
nta cyangombwa. Gute se Alliance mukiyiha ije gukora ubwambuzi bushukana Hoteli
y’inyenyeri 5 ngo ntacyo ifite […]”
Uwitwa
Emmanuel Twagirayezu yanditse ati: "Nuko turakomeza turumirwa! Ni gute
hotel nk'iriya ikora imyaka ingahe ntacyangombwa ifite? RDB nidusobanurire.
Nibyo Perezida avuga buri gihe abayobozi batubahiriza inshingano zabo, bagakina
n'amarangamutima n'amafaranga y'abaturage."
Aline
we yagize ati: "Mureke kutubeshya nta kintu wakora muri iki gihugu udafite
ibyangombwa even kuri boutique quartier bucya inzego zose na RRA yahageze.
Ngaho ngo Grace Room nta byangombwa none ngo Château Le Marara"
Ku
rubuga X, umwe yasubije ku itangazo rya RDB ati: "…ni gute Hotel nk'iriya
ikorera ku mugaragaro, RDB mukaba mutazi ko badafite license, mukwiriye
kubisobanura namwe!"
Undi
ati: "Namwe tuba tubanyujijemo ijisho ukuntu hotel nk'iriya imara imyaka
ikora mwarangiza mukatubwira ngo byagaragaye ko iyo hotel ikora nta
ruhushya"
Chateau Le Marara
ifunzwe nyuma y’iminsi micye abageni bagaragaje ko batishimiye Serivisi bahawe
Mu
ibaruwa bandikiye ubuyobozi bwa hoteli, Musemakweri na Bonnette bagaragaje ko
Château Le Marara yananiwe kubahiriza ibyo bari bumvikanyeho, kandi ikabaha
serivisi zitigeze zigerwaho. Muri ibyo harimo:
•
Kubura amashanyarazi ku munsi nyir’izina w’ubukwe, ndetse n’ubwitabire buke
bw’abakozi.
•
Ibikoresho n’ibiribwa bidahagije, ibintu byagize ingaruka ku bashyitsi, aho
bamwe batigeze bagira aho bicara cyangwa ibyo bafata.
•
Abakozi bake cyane, ku buryo byageze aho abageni ubwabo barimo kwita ku
bashyitsi nko mu mirimo y’itangwa rya serivisi, nyamara barishyuwe igiciro
cyuzuye.
Basabye
hoteli:
•
Gusubiza amafaranga y’ijoro rimwe ku bashyitsi bose bacumbitse muri hoteli.
•
Kugaruza 40% by’amafaranga bishyuye ku biribwa.
•
Indishyi z’akababaro n’ikimwaro, ndetse n’imbabazi zanditse.
•
Kwerekana ingamba nshya zo gukosora birimo kongera abakozi no kugura ibikoresho
bikenewe byihutirwa.
Miss
Rwanda 2020, Nishimwe Naomie, umwe mu bari batumiwe muri ubu bukwe, ni umwe mu
bavuze ko serivisi baherewe muri Château Le Marara zari hasi cyane.
Yagize
ati “Twumvaga turi nk’abashyitsi batatumiwe bageze ahantu hatiteguye kubakira.
Hari n’aho twumvaga turi twe turi kuyobora hoteli. Twishyura byose, ariko se
twari twishyura iki koko?”
Nyuma
y’uko RDB itangaje ko Château Le Marara ifunzwe, Miss Naomie yongeye kugaragaza
akababaro k’ibyo we n’abandi banyuzemo, abinyujije kuri konti ye ya X (Twitter)
ku wa 21 Nyakanga 2025:
Yagize
ati “Twavuze ibyatubayeho, duhura n’amagambo atwibasira, gusa nyuma tuza
kumenya ko hoteli yakoraga nta ruhushya. Ibi si iby’umunsi umwe gusa, ni
ikibazo kijyanye n’inshingano no gukora ibikwiriye ku bantu bakugiriye
icyizere.
Iri
jambo rye ryashimangiwe n’abantu benshi bemeza ko gutinyuka kuvuga ibitagenda
byagize uruhare mu kwihutisha igisubizo cyatanzwe na RDB.
Mu
ibaruwa Château Le Marara Hotel yanditse ku wa 14 Nyakanga 2025, bayisinyiye
basubiza ibirego by’abageni:
•
Bemeye ikibazo cy’umuriro, ariko bavuga ko cyakemuwe vuba.
•
Bavuze ko serivisi z’ibiribwa n’ibinyobwa zatanzwe uko byari biteganyijwe,
kandi ko nta n’umwe wigeze anenga igihe basohokaga hoteli.
•
Bamaganye ibyavuzwe na Musemakweri ku masezerano yihariye avuga ko yemeranyijwe
n’abakozi ba hoteli, bavuga ko nta na hamwe byanditswe cyangwa byemejwe ku
mugaragaro.
Public Notice: Temporary Closure of Hotel Chateau Le
Marara
Itangazo: Gufunga By’Agateganyo Hotel Chateau Le
Marara pic.twitter.com/Ln1RRHGYr8
Mu
mpera y'icyumweru cya mbere cy'uku kwezi kwa Nyakanga, Château Le Marara
yaravuzwe cyane nyuma yo kwakira ubukwe bwa Bonnette na Musemakweli, bwatashywe
n’abarimo ba Nyampinga babiri b’u Rwanda [Miss Nishimwe Naomie na Miss Nshuti
Divine Muheto]
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KU IFUNGWA RYA CHATEAU LE MARARA