I
Karongi, mu gitaramo cya kane cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, umwe muri bo
yabaye Uwumukiza Jeanne Gentille, umukobwa watunguye benshi ubwo yasangaga
Kivumbi King ku rubyiniro, nyuma yo gusiba akazi kugira ngo adacikanwa
n’amahirwe yo kumubona.
Ku
mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 11 Nyakanga 2026, ikibuga cya Mbonwa cyari
cyuzuye imbaga y’abafana bari baje kwihera ijisho abahanzi batandukanye
bitabiriye MTN Iwacu Muzika Festival.
Mu
bahanzi bari bategerejwe cyane harimo umuraperi Kivumbi King, umwe mu bakomeje
guhesha Hip Hop umwanya ukomeye mu muziki nyarwanda.
Ubwo
yari ageze ku rubyiniro nk’umuhanzi wa kane muri iki gitaramo, Kivumbi King
yahereye ku ndirimbo zafashije benshi kwinjira mu bihe bye bya muzika zirimo
Hanze, Kiri Gute, Yarampaye, Ituze, Wait n’izindi, abafana bamwereka ko
amagambo yazo bayazi umutwe ku mutwe.
Ariko
ibyabaye ubwo yaririmbaga ‘Kiri Gute’ ni byo byahinduye isura y’igitaramo.
Abafana
batangiye kumuririmba bavuga bati "Ni wowe! Ni wowe!", mu gihe abandi
bashakaga uko bamwegera ngo bamwereke uburyo bamwishimiye.
Muri
abo harimo Uwumukiza Jeanne Gentille, utarashoboye kwihangana ngo arebere
Kivumbi King kure.
Uyu
mukobwa yafashe icyemezo cyo kujya ku rubyiniro, aho yahuye n’umuhanzi
akamwereka amarangamutima ye imbere y’ibihumbi by’abari bitabiriye igitaramo.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda nyuma y’icyo gikorwa, Gentille yavuze ko
icyamujyanye ku rubyiniro ari urukundo rudasanzwe afitiye Kivumbi King.
Yagize
ati: "Yego! Kivumbi King ndamukunda, kuko ndamufana cyane. Nkunda uburyo
agaragara kandi nkunda n'indirimbo ze akora. Nta n'ubwo nabona ukuntu mbivuga,
ariko Kivumbi King ndamukunda cyane."
Avuga
ko atari kwemera gutaha atabonye amahirwe yo kwegera uyu muhanzi, kuko byari
kumusigira agahinda gakomeye. Ati: "Byari kumbabaza cyane."
Icyakora,
igikora ku mutima kurushaho ni uko kugira ngo agere kuri iyo nzozi, byamusabye
kugira icyo yigomwa.
Gentille
yavuze ko asanzwe akorera mu Karongi, ariko ko yafashe icyemezo cyo gusiba
akazi kugira ngo aze kureba Kivumbi King amaso ku maso.
Yagize
ati: "Nasibye akazi kanjye kugira ngo nze kumureba. Ntabwo mfite ifoto ye
mu rugo, ariko muri telefoni yanjye arimo."
Ibyo
yakoze byatumye benshi bibaza imbaraga urukundo rw’abafana rushobora kugira,
cyane cyane iyo bahuye n’umuhanzi bakurikirana imyaka myinshi.
Kivumbi
King na we ntiyafashe ibyo nk’ibisanzwe.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, yavuze ko kuba uyu mukobwa yarashatse uko amugeraho ari
ikimenyetso cy’urukundo rw’ukuri abafana bamugaragariza.
Yagize
ati: "Kubera ko ari ubwa mbere nje gutaramira hano, ntabwo ari ibintu
mfata nk'ibintu bito cyane. Ushobora gusanga ari ibintu yashatse kubona igihe
kirekire ariko ubu akaba ari bwo abonye amahirwe yo kubibona. Ntabwo mbifata
nk'ibintu bito, ni yo mpamvu nasabye ko bamuzana hejuru tukabana."
Aya
magambo agaragaza ko ku bahanzi, hari ibihe bimwe biba birenze kuririmba gusa.
Kuba umufana yakora urugendo, akigomwa akazi cyangwa akarenza imbibi z’ubwoba
kugira ngo amubwire ati "ndagukunda", biba ari kimwe mu bimenyetso
bikomeye byerekana ko umuziki we wageze ku mitima y’abantu.
I
Karongi, Kivumbi King ntiyasize atanze igitaramo cyashimishije abafana gusa,
ahubwo yasize anabonye inkuru izakomeza kumwibutsa urugendo rwe rwa muzika.
Naho kuri Gentille, amahirwe yo guhagararana n’umuhanzi akunda ku rubyiniro yabaye inzozi zigeze ku musozo, nyuma yo kwemera gusiga akazi kugira ngo azibone.

Gentille yatangaje ko byamusabye gusiba akazi kugirango abashe kubona imbone nkubone Kivumbi King








KANDA HANO UREBE ICYO KIVUMBI KING AVUGA KU MUKOBWA WAMUSANGANIYE KU RUBYINIRO
