Mu
kiganiro kirambuye cyamaze iminota irenga 27 cyatangajwe ku mbuga
nkoranyambaga, Noeline yavuze ko yahisemo kuvuga ku byamubayeho nyuma y’igihe
kinini abihishe, yizeye ko ubuhamya bwe bushobora gufasha inzego zibishinzwe
gukora iperereza no kurinda abandi kugwa mu mutego nk’uwo avuga ko yaguyemo.
Uyu
mukobwa yavuze ko ibyamubayeho bitari ibye gusa, ahubwo ko hari n’abandi bantu
benshi, barimo abo yavuze ko ari abo mu muryango umwe, bakorewe ibikorwa bisa
n’ibyo ashinja uyu mugabo.
Nk’uko
yabivuze, ngo Ngabo Hodari, umugabo ukomoka muri Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo ufite ubwenegihugu bwa Finland, yashatse abantu batandukanye
arabahuza barashyingiranwa hagamijwe kubabonera inyandiko zibafasha kujya i
Burayi.
Noeline
yavuze ko na we ari muri abo bantu, aho ngo yashyingiwe mu buryo bwari bugamije
kubona ibyangombwa byo kujya mu mahanga aho kuba urushako rwari rugamije kubaka
urugo.
Yavuze
ko amaze gutanga amakuru ku nzego zitandukanye zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha
(RIB) ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, agaragaza ibyo
avuga ko byamubayeho.
Ati: “(Uriya mugabo) namenye ko ari mu Rwanda, ndagenda ntanga amakuru kuri ‘Immigration’ (Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka) (...)
Ngabo yadufashe turi
hafi nk’abantu nka batanu twese aragenda, araduhuza turashakana (nk’umugabo
n’umugore) kugirango tubone ibyangombwa, ibyo n’ibintu nshobora kumurega muri
Finland, kandi niteguye kubikoraho uko byagenda kose.”
Mu
buhamya bwe, yavuze ko afite ibimenyetso bishimangira ibyo ashinja uwo mugabo,
ndetse agaragaza ko yiteguye gukomeza gukurikirana iki kibazo no mu nkiko zo
muri Finland niba bibaye ngombwa.
Ati: “Yatanze ruswa, aracyafata abana b’abanyarwanda, aho yafashe abana babiri
b’abanyarwanda bavukana bahuje Mama, bahuje amaraso, ibyo bihanwa n’amategeko
y’u Rwanda, ntabwo abantu bahuje Mama na Papa bashakana, hagamijwe kubona
ibyangombwa, kugirango ubakorere icuruzwa ry’abantu. Ntabwo natanze ikirego,
kuko umuntu ari mu gihugu. Mfite ibimenyetso [...]”
Noeline
yavuze ko nyuma yo kugera i Burayi yasanze ibyo yari yarasezeranyijwe
bitarubahirijwe, ibintu byatumye yumva yarakoreshejwe mu nyungu z’undi muntu.
Yakomeje
avuga ko ibi byamugizeho ingaruka zikomeye zirimo ihungabana, ku buryo byageze
aho asaba ubufasha bw’abaganga kugira ngo abashe kongera kwisuganya.
Ati: “Ni umuntu u Rwanda rwakiriye abasha no kujya muri Finland [...] Nagizweho
ingaruka n’ibi byose, narahahamutse ku rwego nashatse abaganga, kandi ni njye
wabyiyishyuriye, ni byinshi nanyuzemo ntashobora kuvugira aha.”
Mu
buhamya bwe kandi, yavuze ko hari abantu benshi yaba azi cyangwa yamenye
banyujijwe muri ubu buryo, agaragaza ko ikibazo gishobora kuba kirenze uko abantu
benshi babitekereza.
Isimbi
Noeline yamenyekanye cyane mu Rwanda mu 2019 ubwo yangirwaga kwinjira mu
irushanwa rya Miss Rwanda kubera kutuzuza bimwe mu bisabwa.
Nyuma
yaho yakomeje kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho yagiye agaragara mu
bikorwa bitandukanye byamuhesheje kumenyekana haba mu Rwanda no hanze yarwo.
Ishami
ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi byaha
(UNODC) rivuga ko icuruzwa ry’abantu rifatwa nk’uburyo bugezweho bw’ubucakara
ndetse no gushakira inyungu ku bandi.
Ubushakashatsi
bw’Umuryango Mpuzamahanga w’umurimo (ILO) bwo muri 2017, bwagaragaje ko iki
cyaha cyagize ingaruka mu buryo butandukanye ku bagore, abagabo n’abana bangana
na miliyoni 24.9 ku isi hose.
Itegeko
nimero 51/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana
icuruzwa ry'abantu no gushakira inyungu mu bandi risobanura ko icuruzwa
ry’abantu ari igikorwa cyose gikozwe n’umuntu hagamijwe gushaka inyungu, uha
cyangwa ushakira undi akazi, utwara, wimura, uhisha cyangwa wakira undi muntu;
hakoreshejwe ibikangisho, imbaraga cyangwa ubundi buryo bwose bw’agahato,
ishimuta, uburiganya, ubushukanyi, kumubonerana kubera ububasha umufiteho
cyangwa kubera ko ari umunyantege nke, gutanga cyangwa kwakira ubwishyu cyangwa
inyungu kugira ngo umuntu ufite ububasha ku wundi muntu yemere.
Iri
tegeko rikomeza risobanura ko iki cyaha ari igikorwa cyose gikozwe n’umuntu
wese uha akazi, utwara, wimura, ucumbikira cyangwa wakira umwana hagamijwe
kumushakiramo inyungu, niyo nta na bumwe mu buryo bwavuzwe mbere bwakoreshejwe.
Ubushakashatsi
bwa mbere bwakozwe kuri iki cyaha mu Rwanda n’umuryango utegamiye kuri leta
Never Again Rwanda mu 2019. Ubu bushakashatsi bugaragaza ko u Rwanda ari
igihugu kinyurwamo n’abantu bagiye gucuruzwa (transit country) kurusha uko ari
igihugu kivamo abacuruzwa (country of origin). Gusa ibi ntibivuga ko
abanyarwanda badacuruzwa kuko ubu bushakashatsi bwagaragaje ko abacurujwe
bavuye mu Rwanda bari ku kigero cya 13.6%.
Ku bijyanye n’ibihugu aho baba bagiye gucuruzwa, ubu bushakashatsi bugaragaza ko igihugu cya cya Saudi Arabia ariho benshi baba bagiye gucuruzwa ku kigero cya 38.55%, Uganda igakurikira ku kigero cya 37.35%, Kenya ikaza ku mwanya wa gatatu ku kigero cya 7.23%.
Ibindi bihugu abantu bakunze kujyanwamo gucuruzwa
ni Tanzania, Malawi, Mozambique, Afurika y'Epfo, Zambia Malaysia and Oman, Qatar,
Kuwait na Dubai. Abanyuzwa mu Rwanda, 62.7% baba baturutse mu Burundi naho 15%
baturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC).
Imibare
y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) yo muri 2025, igaragaza ko abantu
297 bahuye n’ibikorwa byo gucuruzwa mu myaka itanu ishize (2020-2025), aho abagore
ari bo bibasiwe cyane ku kigero cya 75% mu gihe abagabo bari ku kigero cya 25%.
Hagati ya 2019-2024 imibare igaragaza ko abantu 297 bacurujwe. Hagati ya 2019-2020 abacurujwe bari abantu 91, hagati ya 2020-2021 hacurujwe abantu 61, mu 2021-2022 abagizweho ingaruka zo gucuruzwa bangana na 41.

Isimbi yavuze ko umugabo witwa Hodari Ngabo yatumye ashyingiranwa n’undi agamije kubona ibyangombwa byo kujya i Burayi

Kuva muri 2019, Isimbi Noeline yavuzwe cyane nyuma yo gufungura urubuga kuri Onlyfans, ndetse no kwinjira mu gukina filime za ‘pornography'

Isimbi yavuze ko yiteguye kugeza mu nkiko Ngabo Hodari, yaba mu Rwanda cyangwa se muri Finland
