Ubukwe bwabo bwabaye kuri uyu wa
Gatandatu tariki ya 15 Kanama 2026, bubera muri Intare Arena ku Gisozi, mu
birori byitabiriwe n’umuryango, inshuti ndetse n’abantu batandukanye bazwi mu
myidagaduro n’itangazamakuru.
Ni umunsi waranzwe n’ibyishimo, aho
M. Iréné na Liliane basezeranye imbere y’Imana, nyuma y’uko bari bamaze no
gusezerana imbere y’amategeko.
Muri aba bashyitsi harimo abari
basanzwe bafitanye umubano wa hafi na M. Iréné, barimo Dj Phil Peter, Rocky
Kimomo, Fally Merci utegura Gen-Z Comedy, Anitha Pendo, Sankara, Rugaju Reagan
wa RBA, Mahoro Nasiri wa B&B Kigali FM, Kimenyi Tito, Rumaga Junior
n’abandi.
Ubukwe bwabo kandi bwitabiriwe na
Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko
n’Iterambere ry’Ubuhanzi, abakinnyi ba filime barimo Papa Sava, Killaman na
Rufonsina, Joselyne washinze Jojo Films, n’abandi batandukanye.
M. Iréné na Liliane bari bamaze
iminsi bitegura uyu munsi ukomeye, ndetse tariki ya 11 Kanama 2026 basezeranye
imbere y’amategeko mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana.
Aho ni ho bombi biyemeje ku
mugaragaro kuzabana nk’umugabo n’umugore, mbere y’uko bakomereza ku muhango
w’ubukwe bwabo wabaye nyuma y’iminsi mike.
Mu bukwe bwabo, umuhango watangijwe
no gusaba no gukwa, ukomereza ku gusezerana imbere y’Imana, mbere y’uko
abatumiwe bakirwa mu birori byo kwizihiza intambwe nshya aba bombi bateye mu
buzima.
Mariya Yohana, Nyirasenge wa
Liliane, ni we wahawe inshingano zo gutanga umugeni, amwemerera kuba umugore wa
Murindahabi Iréné.
Ku ruhande rwa M. Iréné, Bamporiki
Edouard yabaye umwe mu basaza basabiye umugeni, afasha mu muhango w’umuco wo
guhuza imiryango y’aba bombi.
Ubukwe bwa M. Iréné na Liliane
bwari bufite n’umwihariko wo gushimira bamwe mu nshuti bagize uruhare rukomeye
mu rugendo rwabo.
Aisha Inkindi, Chris Eazy na Dj
Phil Peter bari mu bahawe impano n’umuryango wa Iréné na Liliane, mu rwego rwo
kubashimira kuba inshuti z’akadasohoka kuri uyu muryango.
Ibi byagaragaje ko kuri M. Iréné
uyu munsi utari uw’umuryango we gusa, ahubwo wari n’umwanya wo kwizihiza
ubucuti n’abantu bagiye bagira uruhare mu buzima bwe bwite n’umwuga.
Murindahabi Iréné ni umwe mu
banyamakuru bamaze igihe bakora mu itangazamakuru ry’imyidagaduro mu Rwanda.
Yanyuze mu bitangazamakuru
bitandukanye birimo Isango Star na Isibo TV, aho yakomeje kumenyekana cyane mu
bikorwa bijyanye n’imyidagaduro, cyane cyane umuziki n’abahanzi.
Nyuma y’imyaka mu itangazamakuru,
M. Iréné yashinze igitangazamakuru cye yise MIE, akomeza urugendo rwe mu mwuga
nk’umunyamakuru n’umuyobozi w’urubuga rw’itangazamakuru.
Uretse itangazamakuru, M. Iréné
yanagiye agira uruhare mu guteza imbere ibikorwa by’abahanzi batandukanye, aho
yakoranye n’abarimo Niyo Bosco, Vestine na Dorcas ndetse n’abandi.
Mu rugendo rwe rwo kwagura ibikorwa
bye mu myidagaduro, M. Iréné yaninjiye mu ruhando rwa sinema.
Yakoze filime yise Isereri, imwe mu
mafilime amaze iminsi yitabirwa cyane ku rubuga rwa YouTube.
Muri iyi filime hagaragaramo
abakinnyi bazwi muri sinema nyarwanda barimo Aisha Inkindi, Nyabitanga Nicole
n’abandi.
Kuba uyu munyamakuru yarahinduye
urugendo rwe akajya no mu ikorwa rya filime, ni kimwe mu bimugaragaza nk’umwe
mu bakomeje gushaka ubundi buryo bwo kugira uruhare mu guteza imbere urwego
rw’imyidagaduro mu Rwanda.
Kuri ubu, M. Iréné yinjiye mu kindi
cyiciro cy’ubuzima bwe, aho nyuma yo gusezerana na Liliane imbere y’amategeko,
ndetse n’imbere y’Imana, bombi batangiye urugendo rushya nk’umuryango.
Ubukwe bwabo bwahurije hamwe
umuryango, inshuti, abanyamakuru, abahanzi n’abakina filime, bose baza
kwizihiza intambwe nshya y’ubuzima bwa M. Iréné na Nishimwe Liliane.

Mu gusaba no gukwa, Murindahabi yaherekejwe n'ibyamamare nka Chriss Eazy, Rumaga, Fally Merci utegura Gen-z Comedy, Kimenyi Tito, Phil Peter, Rock Kimomo n'abandi


Amarangamutima yari yose ubwo Nishimwe Liliane yasanganiraga umugabo we Murindahabi


Umuhanzi mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yaririmbye mu bukwe bwa Murindahabi n'umukunzi we Liliane




Umuhanzi Chriss Eazy ari mu batashye ubukwe bwa Murindahabi n'umugore we

Umusizi wamamaye nka Junior Rumaga yashyigikiye intambwe yatewe na Murindahabi na Nishimwe

Sankara The Premier wamenyekanye cyane mu gusobanura filime yashyigikiye Murindahabi na Nishimwe




