Yashaririwe n’ubuzima akiri muto! Byinshi kuri Spice Diana, umunyamuziki uri i Kigali

Imyidagaduro - 04/02/2026 11:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Yashaririwe n’ubuzima akiri muto! Byinshi kuri Spice Diana, umunyamuziki uri i Kigali

Umuhanzikazi w’icyamamare muri Uganda, Spice Diana, ari mu Rwanda mu bihe byamuhiriye, aho yagaragaje ko yanyuzwe n’uburyo ari kwakirwa n’uburyo Kigali imuteye amarangamutima.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026, Spice Diana yifashishije urubuga rwe rwa Instagram, asangiza abamukurikira ibyishimo bye, agaragaza ko yaryohewe n’izuba ryo mu Murwa Mukuru w’u Rwanda, Kigali.

Yanditse agira ati: "Izuba riri kurabagirana i Kigali, ariko njye narushijeho kurabagirana. Ndanezerewe cyane kuba ndi hano. Hari ushaka ko dusangira ifunguro rya mu gitondo?”.

Ubu butumwa bwahise bukurura amarangamutima y’abafana be bo mu Rwanda, benshi bagaragaza ko bamwishimiye kandi ko bamubonamo umwe mu bahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba bafite izina rikomeje kwaguka mu karere.

Umuhanzi ukunzwe i Kigali

Spice Diana si izina rishya mu mitima y’Abanyarwanda. Mu Ukuboza 2024, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje urutonde rw’abahanzi yumvise cyane kuri Spotify mu mwaka wa 2024, aho Spice Diana yaje ku mwanya wa mbere.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko mu 2024 yumvise indirimbo 5,722 mu gihe cy’iminota 49,574, kandi muri abo bahanzi 1,554 yumvise, Spice Diana ari we wa mbere yamazeho umwanya munini, aho yamaze iminota 1,226 yumva ibihangano bye.

Mu ndirimbo eshanu yumvise cyane harimo ebyiri za Spice Diana zirimo ‘Siri Regular’ na ‘Ndi Mu Love’, ibintu bigaragaza urukundo n’icyubahiro uyu muhanzikazi afite mu Rwanda.

Abahanzi batanu ba mbere Minisitiri yumvise cyane ni Spice Diana, Aya Nakamura, Juma Jux, Vinka na Sheebah, ari na byo bikomeza gushyira Spice Diana mu rwego rw’abahanzi b’igitsina gore bafite ijwi rikomeye mu karere.

Nubwo uyu munsi Spice Diana ari umwe mu bahanzi bakomeye muri Uganda no mu karere, urugendo rwe ntirwari rworoshye.

Mu kiganiro yigeze kugirana na Ruth Kalibbala Bwanika, Spice Diana yavuze ko atigeze akura arota kuzaba umuhanzi. Akiri muto, yabanye na se wabo wamutozaga gushyira imbere ishuri no kurota imyuga nk’ubuganga cyangwa amategeko.

Icyakora, ubuzima bwahise buhinduka bikomeye ubwo nyina yatandukanaga n’uwo mugabo, bituma imibereho yabo isharira. Yisanze mu buzima bwo guhangana n’ubukene, akiri muto, atuye mu bice bya Nakulabye na Kiwuunya.

Yibuka uko buri gitondo nyina yabarekaga bagasohoka bashaka icyo kurya, ari na ho yatangiye kwigira ku buzima bwo mu muhanda, ari bwo bwaje kumugira uwo ari we uyu munsi.

Yagize ati: “Ubuzima bwo muri Nakulabye ntibwarebaga amashuri. Hari igihe nageraga aho ngahangana ubwanjye ngo njye kwiga kuko nta mafaranga twagiraga, Mama agashobora gusa kutubona icyo turya.”

Mu muryango we, Spice Diana ni we wenyine washoboye gukomeza ishuri, abikesha buruse yabonye, mu gihe abo bavukana bo bari bararetse ishuri.

Mu bihe by’ibiruhuko, yakoraga imirimo itandukanye irimo no gukorera muri iguriro (supermarket) i Bakuli, agamije gushaka amafaranga yo gufasha umuryango no kwiyishyurira ishuri.

Spice Diana yemeza ko imyitwarire myiza n’ubushishozi bwo mu muhanda byamufashije guhura n’umugabo wamufashije bikomeye.

Ubwo yari ageze mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye yabuze amafaranga yo gukomeza, uwo mugabo yamwishyuriye ishuri muri Kampala Citizen College, Namirembe Road, nibura ku gihembwe kimwe

Yagize ati: “Yampaye amahirwe yo gusubira ku ishuri kandi ansezeranya ko akazi nakoraga kazantegereza. Ibyo byambereye intambwe ikomeye mu buzima bwanjye.”

Ni muri urwo rugendo rutoroshye rwo guharanira kubaho, guhuza ishuri, imirimo n’ubuzima bwo mu muhanda, aho inzozi zo gukora umuziki zatangiye kumera nk’ukuri.

Spice Diana uyu munsi

Uyu munsi, Spice Diana ni umwe mu bahanzi b’igitsina gore bubashywe muri Uganda no muri Afurika y’Iburasirazuba, indirimbo ze zigakundwa mu Rwanda ku rwego rwo hejuru.

Kuba ari mu Rwanda muri ibi bihe, yakiriwe neza kandi yishimiye Kigali, ni ikimenyetso cy’uko umubano we n’abakunzi b’umuziki nyarwanda ukomeje gukomera.

Kuva mu buzima bugoye bwa Nakulabye, kugera ku rubyiniro mpuzamahanga no ku rutonde rw’abahanzi bakunzwe n’abayobozi b’u Rwanda, Spice Diana ni urugero rw’uko umuhate, ukwihangana n’ubwenge bwo mu buzima bishobora guhindura amateka y’umuntu.

 

Spice Diana ari i Kigali, avuga ko yaryohewe n’izuba n’umwuka w’u Rwanda, agaragaza ko ahanezerewe kandi yakiriwe neza

Umuhanzikazi wo muri Uganda Spice Diana akomeje kugaragaza urukundo akunda u Rwanda, aho yavuze ko kwibera i Kigali ari ibyishimo kuri we

Spice Diana, waje ku mwanya wa mbere mu bahanzi Minisitiri Olivier Nduhungirehe yumvise cyane kuri Spotify mu 2024, ari mu Rwanda

Kuva mu buzima bugoye yanyuzemo akiri muto kugeza ku izina rikomeye mu muziki, Spice Diana akomeje kwandika amateka ye

Spice Diana uri mu bahanzi b’igitsina gore bagezweho muri Afurika y’Iburasirazuba, ari i Kigali aho yishimira kwakirwa neza n’Abanyarwanda

REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'SIRI REGULAR' YA SPICE DIANA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...