Yarungurutse urupfu! Impanuka Yago yarokotse yamutwaye umusatsi

Imyidagaduro - 25/04/2026 8:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Yarungurutse urupfu! Impanuka Yago yarokotse yamutwaye umusatsi

Umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, ari mu byishimo n’amashimwe menshi nyuma yo kurokoka impanuka ikomeye yakoze ari kumwe na Mukuru we, ibintu avuga ko byari hafi kumutwara ubuzima, ariko Imana ikamurinda.

Mu kiganiro cy’iminota 47 n’amasegonda 50’ yasohoye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 24 Mata 2026, Yago agaragaza amarangamutima akomeye, asobanura uko yavuye mu bitaro afite amashimwe.

Ati: “Imana yakingize ukuboko, Imana yashyizeho uburinzi bwayo. Imana yongeye kutwibuka, yibuka ko hari imirimo twakoze tutarahemberwa, kandi tugomba guhemberwa. Imana yibutse ko hari ibyiza twakoze, tukaba tutarabona ishimwe ryawe, tukaba tukiriho natangiye ndirimba indirimbo 'Suwejo" nzirikana ko abantu benshi mwakunze."

Yago yagaragaje ko ibi bihe byamugaruye ku nkomoko y’urugendo rwe rw’umuziki, yibuka indirimbo ye ya mbere “Suwejo” yamumenyekanishije, ayifata nk’ikimenyetso cy’uko urugendo rwe rutararangira.

Ati: “Natangiye ndirimba ‘Suwejo’, kandi n’ubu ndacyizera ko hari byinshi biri imbere. "Ntewe ishema no kuvuga ko Imana iriho, kandi ikora. Nta muntu wigeze wizera Yesu Kristo ngo azakorwe n'isoni. Ni we wenyine ukora ibitangaza. Ni we wenyine ukora ibifatika. Ni we wenyine ushobora gukora ibintu ukabibona."

Yago avuga ko impanuka yabaye mu minsi ishize, imodoka barimo igongwa n’indi yabaturutse inyuma, ibintu byasize yangiritse bikomeye ku buryo kugeza ubu itarasanwa.

Icyakora, n’ubwo ubukana bwayo bwari bukomeye, we na mukuru we bayirokotse ku buryo atabasha kubisobanura neza.Ati: "Imana yarandinze, indinda urupfu, irangije iranabimbwira. Imana yaturinze urupfu. Ntabwo abantu bigeze bamenya uko byagenza."

Mu ngaruka z’iyi mpanuka, Yago yaje kugerwaho n’ubuvuzi bwatumye yogoshwa umusatsi, ibintu avuga ko atifuzaga ariko yabyakiriye nk’igice cy’urugendo rwo gukira. Ati: “Umusatsi waragiye, ariko uzongera kumera. Ndabyizeye kandi si kera. Icy’ingenzi ni uko nkiriho.”

Mu gihe yari ari mu bitaro, Yago ntiyari wenyine. Yashimangiye ko yasuwe n’abantu benshi, barimo n’abahanzi nka Levixone, baje kumwihanganisha no kumuba hafi muri ibi bihe bikomeye.

Yanashimiye cyane umuryango we, ababyeyi n’abavandimwe, avuga ko bamubereye igicumbi cy’ihumure mu bihe bikomeye.

Yago wamenyekanye mu itangazamakuru mbere yo kwinjira neza mu muziki, yibukije ko urugendo rwe rwatangiriye kuri GoodRich TV mbere yo gukomereza kuri Radio/TV10, aho yakoreye ibiganiro bitandukanye birimo Code 250 na The Link Up.

Mu 2020, yafashe icyemezo cyo gutangira umuyoboro we wa YouTube “Yago Tv Show”, umaze gukurikirwa n’abarenga ibihumbi 826, ukaba ari umwe mu miyoboro ikomeye mu myidagaduro nyarwanda.

Uyu munsi, nyuma yo kurokoka urupfu, Yago avuga ko abonye indi mpamvu yo gukomeza gukora cyane no gutanga ubutumwa bufite icyo busigira abantu. Ati: “Imana yanyeretse ko nkiriho ku bw’impamvu. Ibyo ngomba gukora ntibirarangira.”


Yago yarokotse impanuka ikomeye, ashimira Imana yamurinze urupfu n’ubwo yatakaje umusatsi

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO YAGO AVUGA UKO YAROKOTSE IMPANUKA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...