Yaririmbye indirimbo zirenga 40: Uko King James yakurikiranyije ibihangano bye mu gitaramo cy’imyaka 20

Imyidagaduro - 02/08/2026 11:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Yaririmbye indirimbo zirenga 40: Uko King James yakurikiranyije ibihangano bye mu gitaramo cy’imyaka 20

Mu gihe benshi bari biteze igitaramo gisanzwe cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, King James yahisemo guha abakunzi be ikirenze ibyo bari biteze.


Yabajyanye mu rugendo rw’amateka rwamaze amasaha arenga ane, banyura ku ndirimbo zamugize uwo ari we uyu munsi, kuva ku ntangiriro z’urugendo rwe kugeza ku bihangano aheruka gushyira hanze.

Ni igitaramo cyabereye muri BK Arena ku wa 01 Kanama 2026 cyuzuyemo amarangamutima, kwibuka amateka y’umuziki nyarwanda no kongera guhuza ibisekuru bitandukanye byakuze biririmba indirimbo za King James.

Mu gihe benshi bavuga ku bahanzi batunguranye bagaragaye ku rubyiniro cyangwa amagambo yavugiwe muri iki gitaramo, kimwe mu bintu byagikozeho cyane ni uburyo King James yari yateguye urutonde rw’indirimbo yaririmbye (setlist), aho buri ndirimbo yakurikiranaga indi mu buryo bwatekerejweho neza.

Mu byiciro bitatu by’ingenzi by’igitaramo, King James yaririmbye indirimbo zirenga 40, zirimo izo yaririmbye wenyine n’izo yahuriyemo n’abandi bahanzi bazamukaga ku rubyiniro bagafatanya kuzisubiramo.

Igice cya mbere cy’igitaramo cyatangiranye n'indirimbo 'Naratomboye', yahise ikurikirwa na 'Nzakubona Ryari', 'Narihannye', 'Ese Uracyamukunda' na 'Meze Neza', indirimbo zahise zisubiza benshi mu bihe bya mbere King James yari amaze kwamamara.

Yakomeje yinjira mu ndirimbo zirimo 'Hari Ukuntu', 'Agatimatima', mbere yo kwakira Zuba bafatanyije kuririmba 'Ikirezi', imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane ndetse yaririmbwe ku minsi yombi y'igitaramo.

Nyuma yaho yakomeje na 'Niki Utabona', 'Ubudahwema', 'Umugisha', 'Yaciye Ibintu' ndetse na 'Naramukundaga', indirimbo zatumye BK Arena yose iririmba ijambo ku rindi.

Muri iki gice kandi habayemo umwanya wihariye wahariwe Clement Ishimwe, mbere y'uko King James akomeza na 'Ntamahitamo', 'Ese Warikiniraga', 'Birandenga', hanyuma Wayz akamwiyungaho mu ndirimbo 'Ndagukumbuye', na yo yaririmbwe ku minsi yombi.

Yakomeje na 'Ndagukunda', habanza indi segment ya Nicolas Pecks, mbere yo kuririmba 'Kugasozi ka Kure', 'Poupette', 'Narashize' ndetse asoza igice cya mbere na 'Igitekerezo (Inyamibwa)'.

Nyuma y'iminota 15 y'ikiruhuko, hakurikiyeho umwanya wahariwe Itorero Inyamibwa, amatangazo y'abaterankunga ndetse n'abaririmbyi ba Korali mbere y'uko King James agaruka ku rubyiniro.

Mu gice cya kabiri, yagarutse atangiza na 'Ndakwizera', akurikizaho 'Abubu', 'Icyangombwa', hanyuma ku munsi wa kabiri aririmbana na P Fla indirimbo 'Nisubiyeho'.

Yakomeje na Manick mu ndirimbo 'Akayobe', yakurikiwe na 'Yebabawe', mbere y'uko Mico afatanya na we muri 'Umugati', na yo yaririmbwe ku minsi yombi.

Ku munsi wa mbere yongeye kwakira Dany Nanone bafatanyije 'Ijanisha', akomeza na 'Bagupfusha Ubusa', hanyuma ku munsi wa kabiri Riderman aza bafatanya kuririmba 'Niko Nabaye'.

Nyuma y'undi muhanzi watunguranye ku rubyiniro, King James yasoreje iki gice kuri 'Nturare Utabivuze' na 'Yantumye'.

Mu gusoza igitaramo, King James yahisemo kongera kuzamura ibyishimo atangira na 'Palapala', akurikizaho 'Biracyaza', hanyuma ku munsi wa kabiri Bulldog aza bafatanya kuririmba 'Ayarya Nayanjye'.

Yakomereje kuri 'Umuriro Watse', 'Ibare', 'Ganyobye', 'Inzozi', 'Buhoro Buhoro', mbere yo gusoza burundu n'indirimbo 'Ndagutegereje', yasize abafana benshi bagikomeza kuyiririmba n'ubwo yari amaze kuva ku rubyiniro.

Mu isesengura ry'imiterere y'iki gitaramo, biragaragara ko King James atahisemo indirimbo azaririmba mu buryo busanzwe. Yubatse urugendo rw'amateka y'umuziki we, aho yahereye ku ndirimbo zamumenyekanishije, akanyura ku zakunzwe mu bihe bitandukanye, akagera no ku bihangano bishya, byose abihuza n'abahanzi bagiye bagira uruhare mu rugendo rwe.

Ni imwe mu mpamvu iki gitaramo cyamaze amasaha arenga ane kitigeze kirambirana, kuko buri ndirimbo yazanaga amateka yayo, buri muhanzi wazamukaga ku rubyiniro akazana indi sura y'urugendo rwa King James, mu gihe abafana bo basohotse bavuga ko bumvise ko basubijwe mu myaka 20 yose y'umuziki we mu ijoro rimwe gusa.

King James yaririmbye indirimbo zirenga 40 mu gitaramo cya mbere yakoreye muri BK Arena yizihiza imyaka 20 ishize ari mu muziki

King James yahinduranyije imyambaro mu bihe bitandukanye kugira ngo atange igitaramo gishyitse 

King James yavuze ko mu rugendo rwe yashyigikiwe n'abafana ibyatumye akomeza gukora ubudacogora



Kanda hano ubashe kureba Amafoto menshi yaranze igitaramo cy'umunsi wa Mbere cya King James

AMAFOTO: Karenzi Rene/InyaRwanda

VIDEO: Paul/ InyaRwanda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...