Yari yazitiwe n’ubushobozi! Alan Blessed wamamaye muri Papa Sava yagarutse mu muziki – VIDEO

Imyidagaduro - 31/05/2025 10:34 AM
Share:

Umwanditsi:

Yari yazitiwe n’ubushobozi! Alan Blessed wamamaye muri Papa Sava yagarutse mu muziki – VIDEO

Umukinnyi wa filime wamenyekanye cyane muri filime y’uruhererekane ‘Papa Sava’, Umuhire Alain Gilbert uzwi mu ruganda rwa sinema nka Alan Blessed, yagarutse mu muziki nyuma y’imyaka yifuza gutangira uru rugendo ariko akazitirwa n’amikoro make.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki 30 Gicurasi 2025, yasohoye indirimbo ye ya mbere y’amashusho yise ‘Velo’, ikaba ari intangiriro y’inzozi yari amaranye igihe.

Alan Blessed avuga ko impano yo kuririmba ayimaranye igihe kirekire, ndetse ko mbere y’uko yinjira mu ruganda rwa sinema yagerageje gutangira umuziki ariko ubushobozi bukamubera imbogamizi. 
Ati “Urebye si bwo nywinjiyemo. Nashatse kuwinjiramo mbere yo gukora sinema, biranga kubera nta bushobozi nari mfite.”

Uyu musore watumbagiye mu izina binyuze muri filime ya ‘Papa Sava’, yavuze ko yagerageje gukora indirimbo ebyiri za mbere ariko yumvaga zidatanga icyizere. Gusa yakomeje kwiyumvamo impamo y’umuziki, bituma yongera akagerageza.  Ati “Indirimbo ebyiri zose nakoze numvaga nta ngufu zifite. Gusa kuko namye mbikunda, numvaga ngomba kongera nkabikora.”

Aravuga ibi ashingiye mu kuba mu myaka irindwi ishize yarakoze indirimbo 'Mutima' ndetse na 'My Valentine' zitarigeze zimenyekana, ndetse kuva kiriya gihe yahise acika intege mu muziki.

Indirimbo ‘Velo’, yamaze kujya hanze, niyo ibaye intangiriro y’uru rugendo rushya. Igaragaramo ubutumwa bw’urukundo bujyanye n’ubuzima bwo mu buzabukuru n’ihangana riri hagati y’urukundo n’amahirwe y’ubuzima.

Amashusho yayo yakozwe mu buryo bunogeye ijisho, agaragaramo ubuzima busanzwe bw’urubyiruko rwa Kigali.  Alan Blessed avuga ko iyi ndirimbo atari yo ya nyuma, kuko hari izindi ndirimbo amaze igihe akora azagenda ashyira hanze. Nubwo yinjiye mu muziki, avuga ko bitavuze ko agiye kureka sinema yamuhesheje izina.

Ati “Kwinjira mu muziki ntabwo bivuze ko mpagaritse Cinema, ahubwo ndashaka gukomeza kubikora byombi. Kuririmba ntabwo bivuze ko sinshobora gukina filime.”

Alan Blessed, amazina ye nyayo ni Umuhire Alain Gilbert, ni umwe mu bakinnyi ba filime bagaragaye mu bice byinshi bya filime y’uruhererekane ya ‘Papa Sava’, aho yagaragaye nk’umusore ugira udukoryo n’urwenya.

Yaje gukundwa n’abatari bake kubera uburyo bwihariye yinjira mu mwuga wo gukina filime, ndetse n’ubushobozi afite mu gutanga ubutumwa mu buryo bushimishije.

Afatwa nk’umwe mu bahanzi bashya bashobora kuzana amaraso mashya mu muziki nyarwanda, cyane ko afite inyota yo gukora ibintu ku rwego mpuzamahanga. Indirimbo ye ya mbere ‘Velo’ yatangiye kwakirwa neza kuri YouTube no ku zindi mbuga zicuruza umuziki.

Mu gihe gito ari mu muziki, Alan arifuza gukora umuziki ufite ubutumwa, ubunyamwuga n’icyerekezo. Avuga ko yifuza gukorana n’abandi bahanzi bakomeye mu Rwanda no hanze yarwo, ndetse no gukorana na ba ‘Producer’ bafite ubunararibonye.
 

Alan Blessed yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Velo’ 

Alan yavuze ko indirimbo ‘Velo’ yabaye intangiriro ye yo kwinjira mu muziki nk’umuhanzi wigenga 

Alan yasobanuye ko yatekereje kwinjira mu muziki mbere yo gukora Cinema azitirwa n’ubushobozi 

Alan yavuze ko afite intego yo gukora umuziki, kandi akabihuza no gukina filime

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘VELO’ YA ALAN BLESSED WINJIYE MU MUZIKI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...