Yari umujyanama wa AKA, yahataniye BET na MTV: Ubuzima bwa Raphael Benza uri mu Rwanda

Imyidagaduro - 11/07/2024 8:16 PM
Share:
Yari umujyanama wa AKA, yahataniye BET na MTV: Ubuzima bwa Raphael Benza uri mu Rwanda

Umwe mu bagabo bari mu bihe byiza mu ishoramari rishingiye ku buhanzi muri Afurika, Raphael Benza, ari i Kigali aho ari no mu bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza k'umukandida wa FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Paul Kagame.

Benza Raphael ari mu bihumbi byitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza bya FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi aho Perezida Kagame yiyamamarije ku wa 10 Nyakanga 2024.

Uyu mugabo wo muri Afrika y'Epfo, yasangije abamukurikira ibihe yagiriye mu Rwanda ati: "Nari i Gicumbi, abanyarwanda bari mu bihe kwiyamamaza byerekeza ku matora."

Ahamya ko ibyo yiboneye bidasanzwe, akaba ari ibitangaza kubona abanyarwanda bahuje imbaraga bakunda igihugu.

Uyu mugabo ari muri bacye Afurika ifite bashoye umwanya wabo, ubumenyi n’amafaranga mu ruganda rw’imyidagaduro amazemo imyaka igera kuri 15 mu buryo bw’umwuga.

Ibirebana no gutangira gukunda umuziki n’imyidagaduro, yabitabiye ubwo yari afite imyaka 9 aba muri Liberia.

Icyo gihe yateguye ibirori bya mukuru we by’isabukuru y’amavuko, bigenda neza cyane. Nyuma yaje kujya kwiga muri New York, akaba yari muri bacye bakiri bato bagaragaza umwuka w’impinduramatwara mu muziki n’imyidagaduro.

Bidatinze, Benza yaje gukomereza urugendo rwe mu kuzamura imyidagaduro ya Afurika, yerekza mu gihugu cya Afurika y'Epfo.

Muri 2011 yatangije inzu ireberera inyungu z’abahanzi, atangira gukorana n’umuraperi AKA uheruka kwitaba Imana na Ami Faku umwe mu bashoboye mu njyana ya AfroSoul.

Ubuhanga bwe mu kumenya impano nyayo bwatumye atangira gukorana n’abandi bakiri bato nka Zādok na Nhlonipho ndetse bidatinze, bisanze bari mu bahataniye ibihembo bikomeye muri iki gihugu nka Metro FM Music Awards 2023.

Ibikorwa by’uyu mugabo byamuhesheje kwegukana ibihembo nka South African Music Awards (SAMAs), MTV Africa Music Awards (MAMAs) anahatana mu bikomeye nka Black Entertainment  Television (BET) Awards na MTV Europe Music Awards (EMAs). Raphael Benza ari mu bihumbi by'abantu bitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Perezida Kagame i GicumbiSi ubwa mbere aje mu Rwanda kuko muri 2023 yigeze gutanga ikiganiro muri rimwe mu iserukiramuco ryabereye i KigaliAri mu bagabo bashoye kandi bagahirwa mu ruganda rw'ubuhanzi muri Afurika Yari umujyanama wa AKA uheruka kwitaba Imana mu rupfu rwashenguye imitima ya benshi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...