Yabitangaje
mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 7 Kanama 2025, mu kiganiro “Meet me
Tonight” cyabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali),
cyari kibumbatiye n’igitaramo cya Gen-Z Comedy gisanzwe kiba kabiri mu kwezi.
Ibi
bitaramo bifasha urubyiruko kwidagadura no kumenya ubuhamya bw’abageze ku nzozi
zabo, bagasangiza n’amabanga y’ingenzi yabafashije gutera imbere.
KNC
yavuze ko nk’undi musore watangiraga ubuzima bw’umurimo, yateguye igitaramo cya
mbere cya simusiga muri Lycée de Kigali, kigaragaramo ababyinnyi bari bakomeye
icyo gihe.
Muri
bo harimo na Muyombo Thomas, wamamaye nyuma nka Tom Close, icyo gihe wari
umubyinnyi kabuhariwe. Ati: “Icyo gitaramo cyarimo ababyinnyi
bakomeye nka Tom Close, yarabyinaga mu buryo buteye ubwoba. Yari umubyinnyi
mwiza cyane utagira uko asa. Tom Close uriya mubona, yabayeho umubyinnyi wanjye
kandi.”
“Ngirango
ntimubone ubu ngubu igihugu cyaramuhaye icyizere cyikamuha inshingano, ngirango
amafaranga ya mbere y’umushahara yakoreye yari nka Magana arindwi (700 Frw) ni
njye wamuhembye. Inote ya Magana atanu iriho ibice bindi bibiri by’ijana.”
KNC
avuga ko icyo gitaramo cyamuhesheje amafaranga menshi, ariko ntashaka gutangaza
ayo yatahanye. Yongeraho ati: “Ariko bagenzi banjye narabahembye, ubwo akazi
kaba gatangiye uko.”
Ibi
byabaye isoko ry’igitekerezo cyo gushaka ibyuma by’umuziki kuko icyo gihe
yakodeshaga ibyakoreshejwe mu bukwe n’ibitaramo.
Avuga
ko ibyuma bya mbere yakoresheje bitari bifite ireme, ku buryo ubukwe bwa mbere
yakoreye bwabaye ikibazo. Ariko ntiyacitse intege; yakomeje kwiyubaka kugeza
aguze ibyuma byiza byamufashije mu bikorwa bye bikurikiyeho.
Mu
bindi, KNC yavuze ko ari we watangije umuco wa Showbiz mu itangazamakuru ryo mu
Rwanda, abinyujije mu kiganiro Kunda Umuziki Nyarwanda kuri Flash FM.
Ati
“Ni njye wa mbere watinyutse gushyira umuziki nyarwanda kuri Radio. Icyo gihe
nta n’igiti cy’icyuma cyarimo, ariko narabikoze. Kuva icyo gihe, si ibintu
byigeze byoroha.”
Yemeje
ko intambara hagati y’abahanzi n’abanyamakuru itazashira vuba, kuko hari igihe
umunyamakuru ashobora kutakunda indirimbo bikaba imbogamizi ku muhanzi.
Yavuze
ko yiyumva nk’umuhanzi wa mbere mu mateka y’u Rwanda, kubera ibintu yagezeho
mbere y’abandi. Ati “Sinigeze nkora Playback, naririmanye na Shaggy muri 2003
na 2004. Ni njye muhanzi wa mbere waciye CD hano.”
KNC yatanze urugero rw’umuntu wiyubatse yifashishije imbaraga ze, ashimangira ko umurava, indangagaciro no kutajya mu gihirahiro ari byo byamugejeje ku ntsinzi. Yasabye urubyiruko kudategereza ibitangaza, ahubwo bakagira uruhare rugaragara mu guhindura ubuzima bwabo.
KNC
yibuka igihe cya mbere yakoranye na Tom Close, akamwishyura 700 Frw mu gitaramo
cya mbere yateguye
Tom
Close, wahoze ari umubyinnyi kabuhariwe mbere yo kwinjira mu muziki
KNC
yaganirije urubyiruko n’abandi binyuze mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabaye mu
ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 7 Kanama 2025