Yari afite amatsiko! Zion Mukasa yamuritse filime mbarankuru igaragaza uburyo ‘Umuganda’ watanze ibisubizo -AMAFOTO

Imyidagaduro - 05/03/2026 6:27 PM
Share:

Umwanditsi:

Yari afite amatsiko! Zion Mukasa yamuritse filime mbarankuru igaragaza uburyo ‘Umuganda’ watanze ibisubizo -AMAFOTO

Mu muco Nyarwanda, hari amagambo atumvikanira gusa mu nyito yayo, ahubwo akubiyemo amateka, indangagaciro n’imitekerereze y’Abanyarwanda. Kimwe muri byo ni Umuganda. Ni igitekerezo gishingiye ku kwishyira hamwe, gufatanya no kubaka igihugu ku bw’imbaraga z’abaturage ubwabo.

Ni yo ngingo nyamukuru igarukwaho muri filime mbarankuru nshya yiswe “Umuganda”, yakozwe n’umwanditsi, umukinnyi wa filime unaziyobora, Zion Sulaiman Mukasa Matovu.

Iyi filime yamuritswe ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 4 Werurwe 2026, mu Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda, Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (CST), ahazwi nka KIST.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abayobozi mu nzego zinyuranye, urubyiruko rwinshi cyane cyane abanyeshuri, ndetse n’abashyitsi barimo Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala.

Zion Sulaiman Mukasa Matovu yavuze ko igitekerezo cyo gukora iyi filime cyaturutse ku kuba we ubwe atari asobanukiwe neza icyo Umuganda usobanuye, nubwo awubona nk’igikorwa gisanzwe cyo ku wa Gatandatu.

Yavuze ko mu bushakashatsi yakoze afatanyije n’Urwego rw’Igihugu rw’Inararibonye, REAF (Rwanda Elders Advisory Forum), ari bwo yatangiye gusobanukirwa ko Umuganda atari igikorwa cy’umunsi umwe gusa, ahubwo ari igitekerezo cyagutse gishingiye ku ndangagaciro z’Abanyarwanda.

Ati: “Ubusanzwe nari nziko Umuganda ari igikorwa cyo ku wa Gatandatu. Ariko twakoranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Inararibonye, REAF, tumenya ko Umuganda ari intekerezo z’Igihugu, ni uburyo abantu bashyira hamwe bakubaka igihugu cyabo.”

Ni igitekerezo cyatumye afata icyemezo cyo gukora filime mbarankuru izafasha Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga kumva neza icyo Umuganda usobanuye.

Mu kiganiro cyabereye aho iyi filime yamurikiwe, bamwe mu rubyiruko bagaragaje ko Umuganda ari kimwe mu bikorwa byubaka igihugu mu buryo bufatika.

Umugwaneza Ephraim yavuze ko Umuganda utari ugukora ibikorwa by’iterambere gusa, ahubwo ari n’umwanya utuma abaturage bahura, bagasabana ndetse bakanaganira ku bibazo byugarije aho batuye.

Ati: “Umuganda tugomba kuwuha agaciro kuko uretse kuba twubaka ibikorwaremezo, ni naho duhurira nk’abaturage, tukamenyana, tukamenya gahunda za Leta zigomba gushyirwa mu bikorwa.”

Yakomeje agaragaza ko urubyiruko rugomba kuwufata nk’inshingano yarwo, kuko ari rwo rufite uruhare runini mu kubaka igihugu cy’ejo hazaza.

Ati: “Iyo turebye no mu buyobozi bw’Igihugu harimo urubyiruko. Bivuze ko Umuganda ari igikorwa kitureba twese. Ababyeyi ntibagomba kudusiga turyamye, tugomba gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu cyacu.”

Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda bitabiriye iki gikorwa bagaragaje ko Umuganda ufite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu.

Abahire Dharlia, wiga muri Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (CST), yavuze ko Umuganda ufasha mu bikorwa byinshi birimo kubakira abatishoboye, kubaka imihanda no kwita ku bidukikije.

Ati: “Umuganda ni ngombwa cyane. Uretse kubakira abatishoboye no kubaka imihanda, udufasha no kwita ku bidukikije ndetse ugatuma abaturage bakorera hamwe.”

Yongeyeho ko ibikorwa nk’ibi bigira uruhare mu gutuma urubyiruko rumenya neza indangagaciro z’umuco Nyarwanda.

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda bwagaragaje ko iyi filime ishobora gufasha abanyeshuri gusobanukirwa neza akamaro k’Umuganda, cyane cyane mu gihe bamwe mu rubyiruko bawufata nk’igikorwa gisanzwe cyo gukora imirimo rusange gusa.

Mu kumurika iyi filime, abanyeshuri barenga 2000 bari bitabiriye iki gikorwa bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo byabo, banagaragaza ko bumva neza ko Umuganda atari igikorwa cyo gukora imirimo gusa, ahubwo ari igitekerezo n’umuco wubakiye ku bumwe bw’Abanyarwanda.

Filime “Umuganda” igamije gukomeza gusobanurira Abanyarwanda n’abanyamahanga ko iki gikorwa atari gahunda ya Leta gusa, ahubwo ari indangagaciro n’imitekerereze y’Abanyarwanda igaragaza uburyo bashyira hamwe mu kubaka igihugu cyabo.

Mu buryo bwagutse, iyi filime ishobora kuba umwe mu mishinga ya sinema igaragaza uko umuco Nyarwanda ushobora gusobanurwa no kumenyekanishwa ku Isi binyuze mu mashusho.

Mu mashusho yafatiwe hirya no hino mu gihugu, filime “Umuganda” yerekana uko abahinzi, abanyeshuri, abasirikare, abakozi ba Leta n’abandi bahuriza hamwe mu mirimo yo gusukura, gutera ibiti, kubaka amazu no gufasha abatishoboye, ibyo byose bikerekana ko iterambere ry’igihugu rishingiye ku baturage ubwabo.

Ije ikurikira izindi filime nka “Beyond the Genocide” ya Zion Mukasa n’izindi zagaragaje amateka n’iterambere ry’u Rwanda, ariko Umuganda yo ikajya kure, ikerekana isura nshya y’igihugu cyiyubaka ku murongo w’umutima umwe.

Iyi filime igaragaramo kandi yagizwemo uruhare n’abarimo: Rucagu Boniface uri mu bagize Akanama Ngishwanama k'Inararibonye z'u Rwanda, Solange Mukasonga wabaye Meya w’Akarere ka Nyarugenge, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga n’abandi banyuranye bagaragaje uruhare rw’ibikorwa by’umuganda.


Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala, yashimye ibikubiye muri filime ‘Umuganda’, agaragaza ko iki gikorwa cy'Abanyarwanda ari urugero rwiza rw’uburyo abaturage bashobora kwishyira hamwe bakubaka igihugu cyabo


Zion Mukasa wakoze akanayobora filime mbarankuru ‘Umuganda’ yavuze ko kuyitunganya byamusabye imbaraga n’umuhate, anagaragaza ko ayitezeho kuzahatana mu marushanwa mpuzamahanga ya sinema ku Isi

Umukinnyi wa filime Mazimpaka Jones Kennedy ni we wayoboye umuhango wo kumurika ku mugaragaro filime mbarankuru ‘Umuganda’, igikorwa cyahuje abanyeshuri, abayobozi n’abakunzi ba sinema muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyarugenge


Umwe mu ba ‘Director’ bagize uruhare rukomeye mu itunganywa rya filime ‘Umuganda’ ya Zion Mukasa, yasobanuye ko iyi filime igamije kugaragaza ko Umuganda ari indangagaciro n’umuco uhuza Abanyarwanda

Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyarugenge, bahawe umwanya wo kubaza ibibazo binyuranye ku ikorwa rya filime ‘Umuganda’ n’uburyo igaragaza akamaro k’iki gikorwa mu kubaka igihugu

Umugwaneza Ephraim wakinnye muri filime ‘Umuganda’ yavuze ko kuyigiramo uruhare byatumye arushaho gusobanukirwa igitekerezo cy’Umuganda nk’igikorwa kirenze imirimo rusange, ahubwo kikaba igitekerezo gihuza Abanyarwanda

Abahire Dharlia wiga muri Kaminuza y’u Rwanda, Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (CST), yavuze ko filime mbarankuru ‘Umuganda’ yamufashije gusobanukirwa neza akamaro k’iki gikorwa mu kubaka ibikorwaremezo no guteza imbere umuco wo gukorera hamwe

Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda (UR), Ignatius Kabagambe, yavuze ko kumurika filime nk’iyi mu kigo cy’amashuri makuru ari uburyo bwo gufasha urubyiruko gusobanukirwa indangagaciro z’umuco Nyarwanda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...