Yareze Intore nyinshi, akundwakaza Data! Urwibutso Massamba Intore afite ku mubyeyi we witabye Imana

Imyidagaduro - 23/09/2025 7:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Yareze Intore nyinshi, akundwakaza Data! Urwibutso Massamba Intore afite ku mubyeyi we witabye Imana

Umuririmbyi w’umunyabigwi mu muziki w’u Rwanda, Massamba Intore, yatangaje ko umubyeyi we Mukarugagi Ancilla witabye Imana azahora amwibukira nk’intangarugero mu buzima bwe no mu muryango mugari, kuko yareze intore nyinshi, kandi akundwakaza Se, Sentore Athanase.

Uyu mubyeyi Mukarugagi wari ufite imyaka 83, yitabye Imana azize uburwayi ku wa 18 Nzeri 2025. Yari amaze iminsi arwariye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe. Uyu mubyeyi azashyingurwa tariki 30 Nzeri 2025.

Mu gitaramo cyo kumwibuka no kwizihiza ubuzima bwe, cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Nzeri 2025, ahazwi nko kwa Mushimire ku Kimironko, Massamba Intore yagarutse ku rukundo rudahemuka no kwitangira abandi byaranze nyina, ndetse n’ukuntu yaherekeje Se Sentore mu rugendo rw’ubuhanzi.

Massamba yavuze ko nyina atari umubyeyi wo mu rugo rwe gusa, ahubwo yari uw’abana bose bamusangaga mu rugo. Ati “Yareze intore nyinshi, atari abo yabyaye gusa cyangwa abazukuru, ahubwo n’abandi bana batari bafitanye isano na we na gato. Buri gihe mu rugo hari abana benshi, kandi bose yabafataga nk’abe.”

Umuryango wa Sentore, isoko y’umuco

Massamba yabanje kugaruka kuri Se, Sentore Athanase, avuga ko ari we wahimbye itorero rya mbere mu Burundi ryitwa 'Indashyikirwa', ndetse akanashinga iry’abaririmbyi. Icyo gihe, nyina Mukarugagi Ancilla yaramuherekezaga, akamufasha kwita ku baririmbaga no kubatoza umuco nyarwanda.

Yagize at “Ibyo byose Papa ntiyari kubigeraho adafite Mama iruhande rwe. Yaramufashije, aramukunda, aramukundwakaza, kugeza ubwo Papa asezeye akazi ku burezi kugira ngo yibande ku gusigasira umuco nyarwanda.”

Massamba yibutsa ko mu ntangiriro, nyina atiyumvishaga ukuntu umugabo we asezeye akazi kabatunze. Ariko Sentore yamubwiye amagambo yamubereye isoko y’ibyiringiro. Ati “Yaramubajije ati tuzabaho gute? Undi aramubwira ati Imana y’i Rwanda izatuma tubaho.”

Urukundo rwabereye abana urugero

Massamba yavuze ko urukundo nyina yakundaga Se ari isomo rikomeye basigiwe. Avuga ati “Mu buzima bwacu twabonye Mama akundwakaza Data mu buryo budasanzwe. Uru rukundo twararubonye, twararurazwe, rutugira ab’ingenzi.”

Yongeyeho ko zimwe mu ndirimbo Se yahimbye zaturutse ku rukundo yabaga afitiye umugore we Ancilla, zikabera urwibutso rw’umuryango n’igihugu muri rusange.

Mu muhango wo kumwibuka, inshuti n’abaturanyi babanye nawe mu Burundi no muri Uganda, aho Ancilla yabaye mbere yo gushaka, bagarutse ku rukundo rwe no kwitangira abandi.

Abahanzi barimo Ruti Joel, Jules Sentore, Victor Rukotana, Nyirinkindi Ignace, abo mu Itorero Inyamibwa, Alex Dusabe na Mariya Yohana bataramiye abari aho mu gitaramo cyo “gutsinda urupfu” nk’uko umuryango wa Sentore ubivuga.

Massamba yavuze ko gukunda umuziki kuri we byaturutse ku bihe yakundaga kumarana na Se, ahanini mu masaha ya nijoro, bagahimba indirimbo.

Se yamutozaga kuririmba, amubona nk’uzasigarana umurage we mu muziki,  kandi koko niko byagenze. Yasoje ashima nyina, avuga ko urukundo n’ubwitange bye bizahora ari isomo ikomeye.


Massamba Intore yagarutse ku rukundo n’ubwitange bwaranze Nyina, avuga ko “yareze intore nyinshi kandi akundwakaza Data mu buryo budasanzwe.”


Inshuti n’imiryango bateraniye mu kwibuka Mukakigiri Ancilla no kumutaramira mu rwego rwo “gutsinda urupfu.”


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...