Yaramukanyije na Perezida Kagame! Rema utegerejwe mu Kwita Izina afite urwibutso rwihariye ku Rwanda

Imyidagaduro - 25/08/2026 7:01 AM
Share:

Umwanditsi:

Yaramukanyije na Perezida Kagame! Rema utegerejwe mu Kwita Izina afite urwibutso rwihariye ku Rwanda

Umuhanzi w’Umunya-Nigeria Divine Ikubor [Rema], utegerejwe i Kigali mu gitaramo kizaherekeza umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi, afite urwibutso rwihariye ku gihugu cy'u Rwanda.

Mu 2023, ari mu byamamare bakiriwe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, ndetse, kiriya gihe yatangaje ko ari we Perezida wa mbere ahuye na we mu buzima bwe, anashimangira ko u Rwanda arufata nk’iwabo.

Nyuma y’imyaka hafi itatu, agiye kugaruka i Kigali afite izina rikomeye kurushaho ku rwego mpuzamahanga. Hari abahanzi basura igihugu bakahava basize indirimbo, amafoto cyangwa amashusho mu mitwe y’abafana. Kuri Rema ho, u Rwanda rwamuhaye urundi rwibutso.

Ubwo aheruka i Kigali mu 2023, yahuye na Perezida Paul Kagame, umwanya yahise afata nk’udasanzwe mu rugendo rwe. Uyu muhanzi wari umaze kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki muri Afurika no hanze yayo, yatangaje ko Perezida Kagame ari we Perezida wa mbere ahuye na we mu buzima bwe.

Rema yabivuze nyuma y’uko yakiriwe na Perezida Kagame muri Village Urugwiro ku Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2023, mu muhango wakiriwemo abahanzi begukanye ibihembo muri Trace Awards ndetse n’Umuyobozi wa Trace Africa akaba n’umwe mu bashinze Trace Group, Olivier Laouchez.

Uwo munsi wari uwihariye kuri Rema kuko yari mu bahanzi begukanye ibihembo bibiri muri Trace Awards, igikorwa cyari cyabereye i Kigali kikongera gushyira u Rwanda ku ikarita y’imyidagaduro mpuzamahanga.

Aha ni ho Rema yaherewe ijambo maze avuga amagambo yakomeje kumvikana nk’ikimenyetso cy’ukuntu yakiriye neza uruzinduko rwe mu Rwanda. Yagize ati: “Ni ubwa mbere rwose. Ntabwo ndahura na Perezida wanjye (wa Nigeria).”

Rema kandi yavuze ko kuba Perezida Kagame yarakiriye abahanzi ari ikimenyetso cy’uko afata urubyiruko n’ubuhanzi nk’ibifite agaciro.

Yumvikanishije ko Perezida Kagame atari Umukuru w’Igihugu gusa, ahubwo ko abona muri we umuntu ushobora gufata urubyiruko nk’abana be kandi akagira uruhare mu guteza imbere impano zabo. Ati: “Ntabwo ari Perezida gusa, ni umubyeyi.”

Rema n’u Rwanda: ahantu yumva ari iwabo

Nubwo Rema yari asanzwe agendera mu bihugu bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza, yavuze ko u Rwanda rufite umwihariko yarubonyeho.

Yagaragaje ko iyo ageze mu Rwanda yumva ameze nk’umwana ugeze iwabo, ahantu umutima we uruhukira.

Ibi ni bimwe mu byatumye uruzinduko rwe rwa mbere i Kigali rusiga urwibutso rutari urw’igitaramo gusa.

Kuri we, u Rwanda rwabaye igihugu cyamwakiriye mu buryo bwihariye, kugeza ubwo ahura na Perezida Kagame ndetse akagira umwanya wo kumushimira ku buryo ashyigikira urubyiruko n’ubuhanzi.

Ubu, nyuma y’imyaka hafi itanu kuva ubwo aheruka gutaramira Abanyarwanda, Rema agiye kugaruka i Kigali ari undi muhanzi rwose.

Izina rye ryazamutse cyane ku rwego mpuzamahanga, indirimbo ze zageze ku bantu benshi ku migabane itandukanye, ndetse n’umwihariko w’indirimbo ye ‘Calm Down’ wamufashije kurushaho kwinjira mu isoko ry’umuziki mpuzamahanga.

Rema agarutse nyuma y’imyaka hafi itatu

Rema azasusurutsa igitaramo kizabera muri BK Arena ku wa 5 Nzeri 2026, mu bikorwa bizaherekeza umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi uzaba ku wa 4 Nzeri i Kinigi mu Karere ka Musanze.

Ni igitaramo kizaba gikomeye mu rwego rw’imyidagaduro, ariko gifite n’indi shusho irenze umuziki. Kuko Rema ntabwo ari umuhanzi usanzwe uza kuririmba gusa.

Ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika muri iki gihe, bityo kuba azaba i Kigali mu gihe cy’igikorwa ngarukamwaka rihuza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, ubukerarugendo, umuco n’imyidagaduro, biha Kwita Izina urundi rwego rwo kugera ku bantu benshi ku isi.

Rema si ubwa mbere azaba imbere y’Abanyarwanda. Yaherukaga i Kigali mu Ugushyingo 2021, ubwo yataramaga mu gitaramo cyasojwe umukino w’abakinnyi b’intoranywa muri Shampiyona ya Basketball mu Rwanda.

Icyo gihe yari akiri mu cyiciro cy’abahanzi bakiri kuzamuka.

Uyu munsi agarutse afite izina rikomeye kurushaho, kandi abafana b’umuziki mu Rwanda bamwakira bazi indirimbo ze nyinshi ndetse n’urugendo rw’imyaka hafi itanu amaze arushaho kwagura umuziki we.

Uko Rema yakuze akagera ku rwego mpuzamahanga

Rema ni umwe mu bahanzi bagaragaje uburyo Afrobeats yakomeje kuva ku isoko rya Nigeria ikagera ku bafana hirya no hino ku isi. Yavukiye mu Mujyi wa Benin muri Nigeria, aho yatangiye urugendo rw’umuziki akiri muto.

Mu 2018, yasubiyemo indirimbo ‘Gucci Gang’ y’umuraperi D’Prince. Uwo muraperi yahise abona ubushobozi bw’uyu musore, amufasha kwinjira muri Jonzing World, label yakomeje kumwubakira umusingi w’umwuga we.

Mu 2019, Rema yashyize hanze EP yamwitiriwe, ari na bwo indirimbo ‘Dumebi’ yamufashije kumenyekana cyane.

Muri uwo mwaka, indirimbo ‘Iron Man’ nayo yatumye izina rye rirushaho kugera kure, cyane ko yaje no gushyirwa na Barack Obama, wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku rutonde rw’indirimbo yakunze mu 2019.

Icyo cyari kimwe mu bimenyetso by’uko Rema atari kuzaba umuhanzi wamenyekanye muri Nigeria gusa. Yari atangiye kugera ku bantu batandukanye ku isi.

Kuva icyo gihe, yagiye ashyira hanze indirimbo zagiye zimwubakira izina, zirimo ‘Soundgasm’, ‘Spiderman’, ‘American Love’, ‘Ginger Me’, ‘Peace of Mind’ n’izindi.

Mu bihembo yegukanye harimo ‘Next Rated’ muri Soundcity MVP Awards, igihembo gihabwa umuhanzi uba wagaragaje ubushobozi bwo kuzamuka no kugira uruhare rukomeye mu muziki.

Rema kandi ni umwe mu bahanzi bakomeje guhuza umuziki wa Afurika n’abakunzi b’umuziki wo ku yindi migabane.

‘Calm Down’ yamushyize ku rundi rwego

Nubwo Rema yari asanzwe azwi, indirimbo ‘Calm Down’ ni imwe mu zamufashije kurenga imbibi z’isoko rya Afurika.

Indirimbo yakoranye na Selena Gomez yatumye izina rye rigera ku bantu benshi cyane ku rwego mpuzamahanga, iba imwe mu ndirimbo za Afrobeats zakunzwe cyane ku isi.

Ibyo byatumye Rema ava ku kuba umuhanzi ukomeye muri Nigeria no muri Afurika, aba umwe mu bahanzi bakiri bato bafite izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Ni muri urwo rugendo kandi yakomeje kugaragara ku mbuga zikomeye z’umuziki, mu bitaramo mpuzamahanga no mu bikorwa by’abahanzi bakomeye.

Ubu abarizwa muri Jonzing World, ifitanye isano na Mavin Records, imwe mu nzu zikomeye mu muziki wa Nigeria.

Trace Awards yamusigiye indi sano n’u Rwanda

Kuba Rema yarakiriwe neza u Rwanda ntibishingiye ku kuba yarigeze kuhataramira gusa.

Mu 2023, Kigali yabaye umujyi w’ingenzi mu rugendo rwe ubwo yakiraga Trace Awards.

Rema yegukanye ibihembo bibiri muri ibyo birori, ahava ari umwe mu bahanzi bagaragaje cyane ubuhanga n’ubushobozi bwo kwigarurira isoko mpuzamahanga.

Nyuma y’ibirori, kwakirwa na Perezida Kagame byongeye kuba igice cy’ingenzi cy’urwibutso rwe ku Rwanda.

Ni nacyo gituma kugaruka kwe muri 2026 bifite indi nkuru inyuma yabyo.

Ntabwo ari umuhanzi waje bwa mbere mu Rwanda.

Ni umuhanzi ugarutse mu gihugu yigeze kuvugaho amagambo yihariye, ndetse igihugu kikaba cyaramuhaye umwanya wo guhura n’Umukuru w’Igihugu.

Kwita Izina 2026: kuva ku ngagi kugera kuri Rema

Kwita Izina yo muri uyu mwaka igaragaza neza uburyo uyu muhango umaze gukura ukarenga igikorwa cyo kwita amazina abana b’ingagi gusa.

Umuhango nyirizina uzaba ku wa 4 Nzeri i Kinigi, ariko ibikorwa biherekeza uyu muhango bizakomeza mu minsi itandukanye, mu bice bitandukanye by’igihugu.

Ku wa 3 Nzeri, i Musanze hateganyijwe igitaramo kuri Stade Ubworoherane, mu gihe ku wa 5 Nzeri i Kigali hazaba igitaramo gikomeye kizasusurutswa na Rema muri BK Arena.

Abahanzi barenga 10 biteganyijwe ko bazitabira ibikorwa by’imyidagaduro bizaherekeza Kwita Izina.

Imibare y’ubukerarugendo mu Rwanda igaragaza ko uru rwego rukomeje kugira uruhare rukomeye mu bukungu bw’igihugu.

Mu 2025, ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 685 z’amadolari, buvuye kuri miliyoni 647 z’amadolari mu 2024.

Muri uwo mwaka kandi, u Rwanda rwakiriye ba mukerarugendo bagera kuri miliyoni 1.49, umubare wiyongereyeho 9% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Ibi bituma ibikorwa nka Kwita Izina bifatwa nk’amahirwe yo gukomeza gutuma abantu benshi bamenya u Rwanda no kurusura.

Ku wa 22 Ukwakira 2023, Rema yaramukanyije na Perezida Paul Kagame, ataha amwirahira, avuga ko ariwe Perezida wa mbere ahuye nawe mu buzima bwe

Rema ari mu byamamare begukanye ibihembo muri Trace Awards bakiriwe muri Village Urugwiro

Rema yashimye Perezida Paul Kagame ku bwo kwita ku rubyiruko no guteza imbere ibikorwa by'ubuhanzi

Rema agiye kugaruka i Kigali aho afite urwibutso rudasaza acyesha kuba yaragiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame

AMAFOTO: Village Urugwiro


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...