Iyi
ndirimbo yasohotse ku wa Gatatu, tariki ya 28 Mutarama 2026, nyuma y’iminsi
mike yari imaze iteguzwa ku mbuga nkoranyambaga. Amashusho y’iyi ndirimbo
yafashwe ku wa 18 Ukuboza 2025 mu gikorwa cyabereye muri Crown Conference, mu
Mujyi wa Kigali.
Ni
ubwa mbere The Ben na Gisubizo Ministry bakoranye indirimbo. Iyi
ndirimbo ije nyuma y’aho The Ben yasohoye “Indabo Zanjye”, mbere y’uko
ataramira abakunzi be mu gitaramo “The Nu-Year Groove” cyabereye muri BK Arena
ku wa 1 Mutarama 2026.
Umuyobozi
muri Gisubizo Ministry, Muhemeri Justin, yabwiye InyaRwanda ko bahisemo
gukorana na The Ben kugira ngo ubutumwa bwiza bwa Kristo bugere kure, ndetse
banamushimira imbaraga n’umuhate yagaragaje mu ikorwa ry’iyi ndirimbo.
Yagize
ati: "Twahisemo gukorana na The Ben kugirango ubutumwa bwiza bwa Kristu
bugere kure. Turamushimira ko yemeye gukorana natwe. Kuko gukorana nawe ni
inkunga ikomeye kuri Gisubizo Ministry mu kwagura ubutumwa bwiza bwa Kristu na
Gospel yose muri rusange."
Muhemeri
yanavuze ko “Nabaye umwe n’Imana” ari indirimbo ya mbere mu ndirimbo zirindwi
zigize album yabo ya gatandatu, kandi ko album yose izasohoka muri uyu mwaka.
Gisubizo
Ministry imaze imyaka 21 ikora umuziki w'ivugabutumwa, ikaba izwiho guteza imbere
impano z’abaririmbyi bayo. Bamamaye mu ndirimbo zirimo “Nguhetse ku Mugongo”, “Amfitiye Byinshi”, “38 Irangiye”, “Uzandengere”, “Ametupa Nguvu” n’izindi
nyinshi.
Mu
myaka ishize, itsinda ryakoze ibitaramo bikomeye mu Rwanda no mu mahanga,
bigira uruhare rukomeye mu gukwirakwiza ubutumwa bwiza binyuze

The
Ben yahuriye bwa mbere na Gisubizo Ministry mu ndirimbo nshya “Nabaye umwe
n’Imana,” igaragaza ubutumwa bwa Kristo bugenewe kugera kure

Umuyobozi
wa Gisubizo Ministry, Muhemeri Justin yavuze ko gukorana na The Ben ari inkunga
ikomeye mu gukwirakwiza ubutumwa bwiza bwa Gospel

“Nabaye
umwe n’Imana” ni indirimbo ya mbere mu ndirimbo zirindwi zigize album ya
gatandatu ya Gisubizo Ministry, izasohoka muri uyu mwaka

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NABAYE UMWE N’IMANA’
