Yanywereye imiti mu ruhame – Umuvugizi wa RCS ku rupfu rwa Aimable Karasira

Amakuru ku Rwanda - 07/05/2026 10:04 AM
Share:

Umwanditsi:

Yanywereye imiti mu ruhame – Umuvugizi wa RCS ku rupfu rwa Aimable Karasira

Nyuma yo kubika urupfu rwa Aimable Karasira, umuvugizi w’urwego rw’u Rwanda rushinzwe igororero, CSP Hillard Sengabo yatangaje ko Karasira yari yahawe impapuro zimusohora muri gereza agahita anywera imiti myinshi mu ruhame ikaza kumuhitana.

Uumuvugizi wa RCS, CSP Hillard Sengabo yavuze ko nyuma y'uko Karasira ahawe izo mpapuro zimusohora muri gereza, yerekeje ku muryango umusohora muri gereza hanyuma ahita anywa imiti irengeje urugero n'uko urwego rwa RCS ruhita rumwihutana kwa muganga ari na ho yaguye.

Mu butumwa yashyize kuri X, CSP Hillard Sengabo yagize ati: “Aimable Uzaramba Karasira akimara guhabwa impapuro zimurekura yanywereye imiti mu ruhame, hanze mu mbuga y’Igororero rya Nyarugenge mu gihe yari ategereje ko umuryango we uza kumutwara. Ubuyobozi bw’Igororero bwihutiye kumujyana kwa muganga ari na ho yaje kugwa.”

Aimable Karasira uzwi nka Prof Nigga apfuye nyuma y’uko yari yarangije igihano yakatiwe n’urugereko rukuru rwa Nyanza cy’igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya 500,000Frw nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda.

CSP Hillard Sengabo yavuze ko Aimable Karasira yanywereye imiti mu ruhame arenza urugero

REBA IKIGANIRO KIGARUKA KU RUPFU RWA  AIMABLE KARASIRA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...