Yanyizeye nkiri mu ntangiriro – Producer Loader ku rugendo rwamuhuje na Christopher kuri Album -VIDEO

Imyidagaduro - 09/06/2026 12:23 PM
Share:

Umwanditsi:

Yanyizeye nkiri mu ntangiriro – Producer Loader ku rugendo rwamuhuje na Christopher kuri Album -VIDEO

Mu muziki, hari ibihe bimwe biba nk'ibimenyetso by’urugendo umuntu amaze gukora. Kuri Producer Loader, kimwe muri ibyo bihe ni ukubona izina rye riri ku ndirimbo nyinshi zigize Album H₂O (Harnessing 2 Opposite) ya Muneza Christopher, umwe mu bahanzi bafite amateka akomeye mu muziki w’u Rwanda.

Iyi Album yasohotse ku wa 30 Mutarama 2026, igizwe n’indirimbo icyenda zigaragaza impande zitandukanye z’impano ya Christopher. Ariko inyuma y’ayo majwi yumvikanamo ubuhanga n’ubunararibonye, harimo n’uruhare rwa Producer Loader wakoze ku mubare munini w’izi ndirimbo.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Loader yavuze ko gukorana na Christopher kuri iyi Album atabifata nk’akazi gusa, ahubwo abibona nk’icyizere gikomeye yahawe n’umuntu wabaye hafi y’urugendo rwe kuva rugitangira. Ati: “Bivuze ikintu kinini kuri njye,”.

Yagaragaje ko akenshi abo bakorana badahuzwa gusa n’akazi, ahubwo banasangira ubuzima bwa buri munsi nk’inshuti zisanzwe.

Ati: “Abahanzi benshi dukorana, abenshi turi inshuti ku buryo tubonana igihe kinini tutari no mu kazi. Waza ukamusanga hano, wajya iwe ukansangayo tutari no gukora cyangwa se twajya ahantu ukansangayo.”

Muri abo bantu afata nk’ab’inshuti magara harimo na Christopher, umuhanzi avuga ko yamugiriye icyizere mu gihe yari akiri kuzamuka mu mwuga wo gutunganya umuziki.

Mu gihe uyu munsi Loader abarizwa muri studio ya 1:55 AM ndetse akaba ari umwe mu ba Producer bagezweho mu Rwanda, avuga ko atibagirwa abantu bamubonye ubushobozi mbere y’uko benshi batangira kubwitegereza.

Ati: “Christopher ni umwe muri abo bantu. Ni umwe mu bantu bangiriye icyizere mbere, kandi nawe ari umuhanzi munini. Yaranyizeye dutangira gukorana muri ibi bintu. Ndabimushimira cyane.”

Aya magambo agaragaza ishusho y’umubano umaze imyaka hagati y’aba bombi, aho icyizere cyabaye umusingi w’ubufatanye bwagejeje no ku kuba Loader yitabazwa cyane mu gutunganya Album nshya ya Christopher.

Album H₂O ihuriza hamwe Christopher n’abahanzi batandukanye barimo Intore Massamba bakoranye indirimbo “Nzaza”, Angell Mutoni mu ndirimbo “Party”, ndetse na Kivumbi King na murumuna we Spin mu ndirimbo “Right Here”.

Izindi ndirimbo Christopher yakoze wenyine zirimo “Belong To Me”, “Drunk”, “Ndicuza”, “To Us”, “Poz” na “Voleyari”, indirimbo ikomeje kuvugisha benshi muri iyi minsi.

Kuba Loader yaragiriwe icyizere cyo gukora umubare munini w’indirimbo zigize iyi Album, ni ikimenyetso cy’urwego agezeho mu mwuga we.

Gusa we agaragaza ko icyo ashyira imbere atari intsinzi y’uyu munsi gusa, ahubwo ari abantu bamuhaye amahirwe akiri mu rugendo rwo kwiyubaka.

Mu muziki nyarwanda, aho abahanzi n’aba Producer bakomeje kubaka umubano ushingiye ku bwizerane n’ubucuti, inkuru ya Christopher na Loader ni urugero rw’uko icyizere umuntu aguhaye mu ntangiriro gishobora kuvamo umusaruro munini nyuma y’igihe.

Kuri Loader, gukora kuri Album H2O si indi ntambwe isanzwe mu kazi; ni uburyo bwo kwishimira urugendo rurerure rwatangiranye n’umuhanzi wamubonye kure, akamwemerera gutangira kubaka izina rye mu muziki nyarwanda.

Producer Loader yashimye Christopher wamuhaye umwihariko kuri Album ye H₂O

Loader avuga ko Christopher bakoranye akiri mu ntangiriro y’urugendo rwe mu gutunganya indirimbo 


Album ya Christopher yakozweho n'aba Producer barimo Loader, Devydenko, Sean Brizz, Flyest Music, Element na Ishimwe Clement

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIYE NA PRODUCER LOADER


KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM YA MUNEZA CHRISTOPHER



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...