Mu kiganiro na InyaRwanda, Muchoma
yavuze ko Rufonsina yamweretse urwego ruhanitse mu gukina, ndetse ko ubwo
bakoraga amashusho yamukubise inshyi ebyiri “za nyazo” bitewe n’uburyo yari
yinjiye mu mwuka w’indirimbo.
Ati: “Ikintu cyangoye ni uko Rufonsina
akina ibintu nk’aho ari ukuri. Yankubise inshyi ebyiri za nyazo kuko yari
yinjiye mu mwuka w’indirimbo cyane. Urumva rero ntibyari byoroshye, ariko
nanone byagaragaje ubuhanga bwe.”
Muchoma yavuze ko yahisemo gukorana
na Rufonsina kuko amufata nka “Mushiki we mu buhanzi”, ndetse ngo asanzwe
amufasha mu bikorwa byinshi.
Aragira ati “N’ubwo tutavukana mu nda
imwe, Rufonsina mufata nka Mushiki wanjye. Kandi kuko akunda gukina filime
ziganisha ku buzima bwo mu cyaro, nabonaga ari we muntu ushobora guserukira neza
ubutumwa bw’iyi ndirimbo.”
Ibi byagaragaye no kuri Muchoma,
ariko ni ibintu bisanzwe mu ruganda rw’umuziki.
Abahanzi benshi bifashisha abakinnyi
ba filime mu mashusho y’indirimbo zabo ku mpamvu zirimo kuba abakinnyi ba
filime bafite ubuhanga bwo kugaragaza amarangamutima, bagatuma ubutumwa
bw’indirimbo busobanuka neza.
Ikindi n’uko indirimbo nyinshi
zirimo inkuru zisaba abakinnyi bazi gukina nk’aho ari ukuri, bikarushaho gufata
umusomyi.
Umukinnyi uzwi ashobora gukurura
abantu benshi ku ndirimbo kuko afite abafana be. Ibi bituma ubufatanye hagati y’abahanzi
b’indirimbo n’aba filime burushaho gukura.
Muchoma we abivuga neza ati “Rufonsina
asanzwe akina filime yisanisha cyane n’ubuzima bwo mu cyaro. Rero iyi ni
indirimbo nagombaga gushyiramo umuntu ujyanye n’ubwo buzima.”
Indirimbo itanga ubutumwa bwo
kwiyemeza
‘Uyu mwaka’ ni indirimbo ifite
ubutumwa bukomeye bwo gukangurira abantu kudacika intege, n’ubwo baba batangiye
umwaka bahura n’ibikomeye.
Muchoma avuga ko na ubwe amezi atanu
ya mbere y’uyu mwaka yamugoye, ariko indirimbo yayikoreye gutera imbaraga
abandi.
Ati “Uyu mwaka watangiye utameze
neza. Maze amezi atanu nta kazi mfite. Ariko iyi ndirimbo ni iyo gutera abantu
imbaraga, kubabwira ko igihe kigihari, ko bashyira imbere inzozi n’intego zabo,
bakavuga bati ‘Uyu mwaka nzabigeraho.’”
Iyi ndirimbo ibimburira indi mishinga ari gutegura, ahamya ko azakomeza gukorana n’abantu yizeye harimo n’aba Producer basanzwe bafatanya.

Muchoma yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Uyu mwaka’

Muchoma yavuze ko yifashishije
Rufonsina mu ndirimbo ye ‘Uyu mwaka’ kubera ko amufata nka Mushiki we

Muchoma yavuze ko yatunguwe n’uburyo
Rufonsina akina kuko yamukubise inshyi ebyiri mu buryo bwo kugaragaza ibyari mu
mwandiko
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO
‘UYU MWAKA’ YA MUCHOMA
