Ahimana Adrien P uzwi nka Producer Mamba, ari mu basore
bagaragaza ko impano mu muziki ishobora kugira amashami menshi. Nubwo amazina
ye amaze kumenyekana cyane mu gutunganya indirimbo no gucuranga ingoma, ubu
yatangiye no kwiyereka abakunzi b’umuziki nk’umuhanzi.
Mamba avuga ko kuba yarageze kuri iyi ntambwe bitaturutse
gusa ku cyifuzo cye, ahubwo ko hari umuntu wamufashije kubona ko afite
ubushobozi bwo kuririmba mbere y’uko we ubwe abyizera neza.
Mamba avuga ko kuva akiri muto yakundaga umuziki, ariko ko
mbere yumvaga ko uruhare rwe ruzibanda cyane ku gutunganya indirimbo kurusha
kuririmba.
Kuba yarize umuziki mu Ishuri ry’Umuziki rya Nyundo ndetse
akagira ubumenyi mu bijyanye n’umuziki, byamufashije gukomeza kugenda yinjira
mu bikorwa bitandukanye by’inganda z’umuziki. Ariko gukorana bya hafi na
Clement ni byo byamuhinduye imyumvire.
‘Bella’
yamweretse ko ashobora no kuba umuhanzi
Mamba yabwiye InyaRwanda, ko ubwo yakoranaga na Ishimwe
Clement ku mishinga itandukanye, ari bwo Clement yatangiye kubona ko afite
n’ubushobozi bwo kuririmba.
Byaje gufata isura ifatika ubwo Mamba yagiraga uruhare mu
ndirimbo ‘Bella’, yahuriyemo na Bruce Melodie, Nel Ngabo ndetse na Shaffy.
Kuri Mamba, kuba Clement yaramushyizemo muri iyo ndirimbo
yari intambwe ikomeye, kuko yari umwe mu bantu bake bari bamaze kumubonamo
ubushobozi bwo kuririmba.
Ati: “Njyewe numvaga ari ukuririmba ariko nyine biri aho.
Ngira ngo Ishimwe Clement ni we dutangirana gukora kuri Album ‘Vibranium’ ya Nel
Ngabo na Platini, ni bwo yumvise ko njya ndirimba.”
Yakomeje avuga ko gukorana na Clement byaje gutuma ahabwa
amahirwe yo kugaragara mu mushinga ukomeye.
Kuri Mamba, icyo cyizere cyari gifite uburemere budasanzwe,
kuko yari agiye kuririmba ku ndirimbo yari iriho amazina y’abahanzi bari
basanzwe bazwi.
Ati: “Ni bwo nahise mvuga nti bya bintu bishobora kuba. Ari
we yari yamaze kungirira icyizere, kuko kundekera mu ndirimbo nini nkiriya, ari
na yo ndirimbo ya mbere ndirimbye, byerekanaga ko we yari yangiriye icyizere.”
Ni muri urwo rwego ‘Bella’ yabaye nk’umuryango wamufunguriye
andi mahirwe, aho abantu batangiye kumva ijwi rye no kwibaza byinshi kuri uyu
musore wari usanzwe uzwi cyane inyuma y’ibikorwa by’abahanzi.
Ishimwe
Clement amushimira nk’umuntu wamufashije gutangira
Mamba avuga ko iyo ataza kugira amahirwe yo kugaragara muri
‘Bella’, bishoboka ko urugendo rwe rwo kuririmba rutari gutangira muri uwo
murongo.
Yemeza ko indirimbo ari yo yamuhaye ubushobozi bwo kwibonaho
umuhanzi, ariko cyane cyane ko yabaye igisubizo ku cyizere Clement yari
yamugiriye.
Asobanura ko kuba iyo ndirimbo yarasohotse ikagira n’abandi
bahanzi bakomeye bayirimo, byatumye abantu batangira no kwibaza ku ijwi rye.
Ati: “Kuko urumva n’iyo ndirimbo ya mbere nari ndirimbyemo,
noneho iranasohoka, irimo bariya bahanzi basanzwe baririmba, noneho nanjye
bakanyumvamo, byanatumye abantu benshi batangira kunyibazaho.”
Kuri we, rero, Ishimwe Clement ntabwo ari umuntu bakoranye
gusa, ahubwo ni umuntu wabaye ingenzi mu rugendo rwe rwo kuva ku kuba Producer
gusa akagera no ku rwego rwo gutangira kwiyita umuhanzi.
K’umutima:
intambwe yo kwiyemeza kuririmba
Nyuma yo kugaragara muri ‘Bella’, Mamba yatangiye gufata
ubuhanzi nk’ikintu ashobora gukora mu buryo bw’umwuga.
Ni bwo yaje gushyira hanze indirimbo ye bwite yise
‘K’umutima’, iba indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe rushya.
Iyi ndirimbo yamufashije kuva ku kuba umuntu wavugwaga
nk’umwe mu ba Producer bashobora kuririmba, ahubwo atangira kwiyubakira
umwirondoro we bwite nk’umuhanzi.
Kuri ubu, Mamba avuga ko afite gahunda yo gukomeza gutunganya
umuziki ariko akongeraho no guteza imbere ubuhanzi bwe.
Ibi bituma yinjira mu cyiciro cy’abahanzi n’abatunganya
umuziki mu Rwanda babasha gukora izi mpano zombi icyarimwe. Muri bo harimo
Prince Kiiiz, Loader na Element, ndetse n’abandi.
Umuziki
awufitemo imizi, si ibintu yatangiye ejo
Nubwo kuri ubu Mamba ari gutangira kugaragara cyane
nk’umuhanzi, umuziki ntabwo ari ikintu gishya kuri we.
Yize umuziki mu Ishuri ry’Umuziki rya Nyundo, aho yarangije
amasomo mu 2021. Ubumenyi yahakuye bwamufashije mu gutunganya no kumva neza
umuziki, ndetse no mu gucuranga.
Ni na we watunganyije indirimbo ‘Ride or Die’ ya King James,
kimwe mu bikorwa byamufashije gukomeza kubaka izina mu batunganya umuziki.
Uretse kuba Producer, Mamba kandi ni umucuranzi w’ingoma.
Yabaye umwe mu bagize Sonic Band, itsinda ryacurangiraga Danny Nanone mu
bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival.
Mu minsi ishize kandi yagaragaye kuri stage mu bitaramo
bibiri King James yakoreye muri BK Arena ku wa 1 n’uwa 2 Kanama 2026, aho yari
mu bacurangaga ingoma.
Ibi byose bigaragaza ko Mamba ari umwe mu rubyiruko ruri
kubaka umwuga mu muziki rufite ubumenyi butandukanye: gutunganya indirimbo,
gucuranga no kuririmba.
Kuva
inyuma y’indirimbo kugera imbere yayo
Inkuru ya Mamba igaragaza urugendo rw’umusore wari usanzwe
afasha abandi bahanzi gukora umuziki, ariko na we akaza kubona ko afite ibyo
ashobora kuvuga no kuririmba.
Kuri ubu, ntabwo akiri kureba umuziki gusa nk’umuntu uri
inyuma ya mudasobwa cyangwa inyuma y’ingoma. Ari gutangira no guhagarara imbere
ya mikoro, akavuga inkuru ye mu ijwi rye.
Nubwo urugendo rwe nk’umuhanzi rukiri rutoya, Mamba avuga ko
icyizere yagiriwe na Ishimwe Clement cyagize uruhare rukomeye mu kumufasha
gutinyuka.
Kuri ubu, urugendo rwe rushya rurakomeje: umusore wari
usanzwe azwi nk’umwe mu batunganya umuziki, akaba umucuranzi w’ingoma, arashaka
no kwandikwa ku rutonde rw’abahanzi bafite ijwi n’ibihangano byabo bwite.
Kandi kuri we, byose byatangiye n’umuntu umwe wamubonyeho icyo we ubwe atari yakizera neza: Ishimwe Clement.

Producer Mamba yasohoye indirimbo ya mbere yise ‘K’umutima’ imwinjiza mu muziki

Mamba yavuze ko kwinjira mu muziki byagizwemo uruhare na
Ishimwe Karake Clement wa Kina Music
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PRODUCER MAMBA
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘K’UMUTIMA’ YA PRODUCER MAMBA
