Yananiwe kwishyura ideni rya $200,000: Inkuru ya Ryan Coogler wakoze filime ‘Sinners’ yihariye ibihembo muri Oscars

Imyidagaduro - 23/03/2026 3:25 PM
Share:

Umwanditsi:

Yananiwe kwishyura ideni rya $200,000: Inkuru ya Ryan Coogler wakoze filime ‘Sinners’ yihariye ibihembo muri Oscars

Mu 2026, izina Ryan Coogler riri mu mazina akomeye cyane muri sinema ku Isi, nyuma yo gukora filime ‘Sinners’ yakunzwe bikomeye ndetse ikegukana ibihembo bine bya Oscars. Ariko inyuma y’iyi ntsinzi, hari urugendo rutoroshye rw’umusore wigeze kuba afite umwenda munini mu mashuri ndetse atazi neza aho ubuzima bwe bugana.

Filime Sinners yegukanye ibihembo bine bya Oscars mu birori byabaye ku wa 15 Werurwe 2026 , aho Ryan Coogler yatsindiye igihembo cya ‘Best Original Screenplay’. Ibi byatumye aba umwirabura wa kabiri wegukanye iki gihembo, akurikiye Jordan Peele wagitwaye mu 2018 kubera Get Out.

Iyi filime yanahesheje Michael B. Jordan igihembo cya ‘Best Actor’, mu gihe Autumn Durald Arkapaw yabaye umugore wa mbere wegukanye ‘Best Cinematography’, naho Ludwig Göransson atsindira ‘Best Original Score’.

Sinners yinjije arenga miliyoni $370 ku Isi yose, ndetse mu gutangira kwayo yabonye amanota 100% ku rubuga rwa Rotten Tomatoes, ikintu gikunze kugerwaho na filime nke cyane.

Mbere yo kuba icyamamare muri sinema, Ryan Coogler yari umukinnyi wa w’umupira w’amaguru mu mashuri makuru. Yize muri St. Mary’s College ku buntu kubera impano ye muri Siporo, nyuma aza kwimukira muri Sacramento State.

Nubwo yari afite impano, yaje kubona ko hari abandi bakinnyi bamusumba cyane, harimo n’ibyamamare nka Marshawn Lynch, bituma atangira gutekereza ku buzima bwe nyuma ya siporo.

Ibi byahuriranye n’igihe yatangiye kwiga amasomo ajyanye no kwandika inkuru (creative writing), aho umwarimu we yamubwiye ko afite impano idasanzwe yo kuvuga inkuru mu buryo bugaragara nk’aho ari filime.

Nyuma yo kubona ko football itazamugeza kure, yahisemo kwinjira mu bijyanye na sinema. Icyo gihe ariko ubuzima bwe ntibwari bworoshye.

Yigeze kuvuga ko yari afite umwenda wa $200,000 mu mashuri aho yigaga ibijyanye na filime ati: “Byari bibi cyane. Twari tudafite amafaranga.”

Icyakora, yakomeje guhatana, atangira kwandika no kuyobora filime ye ya mbere Fruitvale Station mu 2013, yakunzwe cyane ndetse imufungurira amarembo.

Ryan Coogler yakomeje gukorana bya hafi na Michael B. Jordan, bakorana filime zirimo Creed yamamaye cyane ku Isi.

Nyuma y’aho, yakoze Black Panther na Wakanda Forever, zombi zinjije arenga miliyari $2 ku Isi yose, zimushyira mu bayobozi ba filime bakomeye kurusha abandi.

Yanakoze Judas and the Black Messiah yahawe ibihembo byinshi ndetse ikanahatanira Oscars.

‘Sinners’ yamuhinduye amateka burundu

Filime Sinners niyo yamuhaye indi ntera idasanzwe. Yari ahatanye inshuro 16 muri Oscars, ikintu cyari cyarigeze kugerwaho gusa na filime nka Titanic na La La Land.

Iyi filime ivuga inkuru y’impanga zifite amateka y’ubugizi bwa nabi zihangana n’ibiremwa by’amaraso (vampires), ikaba yaragaragayemo Michael B. Jordan mu mwanya w’abantu babiri icyarimwe.

Amaze guhabwa igihembo, Ryan Coogler yashimiye umuryango we, cyane cyane umugore we Zinzi n’abana be.

Yagize ati "Ndasaba imbabazi ku gihe mba nari kumwe namwe. Data arabakunda cyane… Ndifuza kubasigira amateka meza muzahora mwibuka."

Nyuma y’uru rugendo rurerure, Dailymail yanditse ko Ryan Coogler ageze ku mutungo ubarirwa muri miliyoni $25.

Inkuru ye igaragaza ko gutsinda bidaturuka ku buryo umuntu atangira, ahubwo bishingira ku cyerekezo, kwiyemeza no gukomeza gukora cyane n’iyo ibintu byaba bitoroshye.

Ni urugero rw’uko umuntu ushobora kuba yarigeze kugorwa n’ubuzima, ashobora kugera ku nzozi ze igihe akomeje kwizera impano ye no kuyiteza imbere.

Filime Sinners ya Ryan Coogler yegukanye ibihembo bine bya Oscars mu 2026, nyuma yo gutsindira ‘Best Original Screenplay’ mu bihembo bya BAFTA, Writers Guild na Critics Choice, ndetse ikanahabwa nomination muri Golden Globes


Filime Creed III, ishamikiye kuri Rocky, yakinwemo na Michael B. Jordan, yinjije miliyoni $100.4 ku Isi mu mpera z’icyumweru cya mbere isohotse, harimo $41.8 yavuye ku masoko mpuzamahanga 75


Filime ya Ryan Coogler y’inkuru ziteye ubwoba Sinners yaciye agahigo ko guhatanira Oscars 16, ibaye filime ya mbere ibigezeho mu mateka (aha Michael B. Jordan agaragara ari kumwe na Omar Benson Miller


Mu birori byo gutanga ibihembo bya Oscars byabaye mu cyumweru gishize, iyi filime yegukanye ibihembo bine, aho Michael B. Jordan yahawe igihembo cya ‘Best Actor’ kubera uko yitwaye mu buryo budasanzwe akinamo impanga ebyiri, Smoke na Stack (aha agaragara ari kumwe na Ryan Coogler)



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...