Mu
ijwi ryoroshye n’amarangamutima agaragara, Nsengiyumva Zaburoni, umubyeyi
w’umuhanzi Yampano, yavuze ko icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro cyo ku
wa 9 Kamena 2026 cyamusigiye igikomere gikomeye, nyuma yo gutegeka ko umuhungu
we afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe akurikiranyweho ibyaha bitatu.
Yampano,
umwe mu bahanzi bakizamuka mu muziki nyarwanda, akurikiranyweho ibyaha bitatu
birimo: Gukubita no gukomeretsa ku bushake, gukoresha urumogi n'icyaha cyo
kwangiza ikintu cy’undi.
Ku
mubyeyi we, icyemezo cy’urukiko cyaje ari nk’inkuba, nyuma y’icyizere yari
afite ko umuhungu we ashobora guhabwa amahirwe yo gukurikiranwa ari hanze.
Ati:
“Uriya mwana ni we wari ugize umuryango wanjye. Ni we wari untunze, ni we wari
utunze umuryango. Ni we twarebagaho.” Aya magambo ayavuga agaragaza uburemere
bw’ingaruka z’ifungwa rye ku mibereho y’umuryango.
Nsengiyumva
Zaburoni yavuze ko yumva afite icyizere ko ubutabera buzagenzura neza dosiye
y’umwana we, ariko anasaba ko habaho guhabwa imbabazi n’ubuyobozi bwo hejuru,
by’umwihariko Perezida wa Repubulika. Ati: “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika,
nziko ukunda Abanyarwanda… ni wowe duhanze amaso.”
Aya
magambo ayavuga nk’umubyeyi wumva ko ejo hazaza h’umuryango we hashobora
kugorana, cyane ko avuga ko Yampano ari we wari inkingi y’imibereho yabo ya
buri munsi.
Amashusho
yasakajwe n’ibibazo by’urugo
Mbere
y’ibi byose, Yampano yari yaravuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma
y’amashusho y’urukozasoni yakwirakwijwe n’abantu batandukanye, agakurura
n’ifatwa ry’abakekwaho kuyakwirakwiza.
Se
we avuga ko yabonye ayo mashusho, ndetse akiyumva yahise avugana n’umuhungu we,
amubwira ko ari ibintu bidakwiye.
Yampano
ngo yamusobanuriye ko ayo mashusho yafashwe ku bwumvikane n’umukunzi we, ariko
akaza gusakazwa atabigizemo uruhare, avuga ko yagambaniwe.
Nsengiyumva
yabwiye Urugendo TV, ko mu rugo rw’umuhungu we habaye ibibazo by’umubano hagati
ye n’umukunzi we, byaje gukurura amakimbirane no gutandukana.
Umwana wakuze
akunda korali, akinjira mu muziki
Uyu
mubyeyi asobanura Yampano nk’umwana wakuriye mu muryango usenga, ukunda
kuririmba muri korali, bikaza no kumufungurira inzira yo kwinjira mu muziki.
Avuga
ko kuva akiri muto, Yampano yagaragazaga impano yo kuririmba, ndetse
akabimenyera mu bikorwa by’urusengero.
Nubwo
hari amakuru avuga ko yaba yarigeze gukoresha ibiyobyabwenge akiri mu mashuri,
se we avuga ko ibyo byamutunguye, kuko atigeze abimubonaho mu rugo.
Icyizere
n’ubutumwa ku bafana
Mu
gusoza, Nsengiyumva Zaburoni yasabye abakunzi b’umuziki kudacika intege,
ashimangira ko impano ya Yampano itazimye, nubwo ari mu bihe bikomeye.
Mushiki
wa Yampano na we avuga ko bababajwe n’icyemezo cy’urukiko, ariko bagakomeza
kwizera ko azabona andi mahirwe yo gusubira mu muziki n’ubuzima busanzwe.
Kuri
ubu, umuryango wa Yampano uvuga ko ukeneye ubufasha n’inkunga, by’umwihariko mu
bijyanye n’amategeko, kuko kubona umunyamategeko uburanira uyu muhanzi
bitaboroheye.
Umuryango wa Yampano uri mu bihe bikomeye nyuma y’uko afunzwe iminsi 30 y’agateganyo, se akavuga ko ari we wari inkingi yawo anasaba imbabazi mu gihe hategerejwe umwanzuro w’ubutabera
Urukiko
rw'Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko Yampano afungwa iminsi 30 y'agateganyo
muri gereza ya Mageragere
