Uyu
munyabugeni yateguye imurika ryise “Changeable Mindset” risobanura guhinduka
kw’imyumvire rigamije guhindura uko abantu babona ubugeni, ndetse no kugaragaza
ko butagarukira gusa ku bishushanyo bisanzwe byo ku bitambaro.
Iri
murika ryabereye muri Park Inn by Radisson Kigali, aho ryitabiriwe n’abantu
b’ingeri zitandukanye, rikarangwa n’ibyishimo n’inyota yo gusobanukirwa neza
isi y’ubugeni.
Mu
magambo ye, Teta Mediatrice yabwiye InyaRwanda, ko intego nyamukuru yari
ukwerekana ko ubugeni atari igikorwa gifungiye ahantu hamwe gusa.
Ni
muri urwo rwego, yerekanye ibihangano bigera kuri 40 bifite ubutumwa
butandukanye, birimo n’imyambaro itandatu yakozwe ashingiye ku bishushanyo bye.
Ibi
byatanze isura nshya y’ubugeni aho igihangano kitagarukira ku rukuta, ahubwo
kigera no ku mubiri w’umuntu. Yagize ati “Ubwiza dushyira aho dutuye bugomba no
kugera kuri twe ubwacu.”
Imyaka ibiri
y’imyiteguro, umusaruro ugaragara
Iri
murika si igikorwa cyaje gutungurana. Ni umusaruro w’imyaka ibiri yateguwe
buhoro buhoro, hagamijwe gutanga ikintu gifite ireme kandi gitandukanye.
Ku
munsi w’imurika, abitabiriye ntibarebaga gusa ibihangano, ahubwo
banasusurutswaga n’abahanzi batandukanye barimo Umusizi Murekatete, Mugaara,
Sam Skay, Bolingo, Joshua na David, byahaye igikorwa umwihariko wo guhuza
ubuhanzi butandukanye.
Teta
Mediatrice avuga ko iri murika ryamuhaye byinshi birenze ibyo yatekerezaga
kuko: Yabashije kugurisha ibihangano bye, yungutse abantu bashya bamenye impano
ye, ndetse yagutse mu bitekerezo no mu mikorere.
N’ubwo
iri ari ryo murika rye rya mbere yakoze wenyine (solo exhibition), ntabwo ari
mushya muri uru rwego. Yagiye yitabira amamurika atandukanye arimo: Imurikagurisha
ryabereye i Musanze mu 2023, iryabereye muri Ubumwe Grand Hotel mu 2024, n’iryabereye
muri Camp Kigali mu 2026
Yanakoze
imurika ryiswe “Smell of Success” mu 2024 afatanyije na Derrick Mugisha.
Uyu
munyabugeni agaragaza ko n’ubwo hari intambwe imaze guterwa, hakiri byinshi
byakorwa ngo ubugeni bugire aho bugera.
Birimo
gufata ubugeni nk’indi myidagaduro ifite agaciro kangana n’ibindi, Gutumira
abanyabugeni mu bikorwa bitandukanye, harimo n’ibirimo abanyamahanga.
Itangazamakuru
rikongera uruhare mu kumenyekanisha ibikorwa byabo. Kongera amahugurwa yihariye
ku banyabugeni. Kubona abafatanyabikorwa babafasha mu bikorwa byabo, kandi abanyabugeni
ubwabo bagakunda ibyo bakora kandi bakabishyiramo imbaraga.
Teta
Mediatrice Uwamahoro ari mu cyiciro cy’abanyabugeni bashaka guhindura amateka
y’ubugeni mu Rwanda, atari mu magambo gusa, ahubwo binyuze mu bikorwa bifatika.
Imurikabikorwa
rye “Changeable Mindset” ryagaragaje ko ubugeni bushobora guhindura imyumvire,
bugahuza ibice bitandukanye by’ubuzima, kuva ku rukuta kugera ku myambaro, no
mu mitekerereze y’abantu.
Ku
bamubonye, si imurikabikorwa risanzwe, ni ubutumwa bwo gutinyuka, gutekereza
kure, no kudatinya guhanga udushya.




Teta
Mediatrice asaba ko ubugeni bwitabirwa nk’indi myidagaduro ifite agaciro
kangana n’izindi



Umuhanzi Mugaara yasusurukije abitabiriye umuhango wo kumurika ibihangano bya Teta Uwamahoro

Sam Skay yisunze gitari ye yataramiye abantu mu birori byabaye ku wa Gatandatu tariki 27 Werurwe 2026

Bolingo Paccy uherutse gusohora Album ‘Inyenyeri’ ari kumwe n’umusizi Murekatete [Uri ibumoso]

Umunyabugeni Epa Binamungu [Ubanza ibumoso] ari kumwe na Teta wamuritse ibihangano yahanze

Umusizi Murekatete uherutse gusohora igisigo 'Icyanditswe' yakoranye n'umukinnyi wa filime wamamaye nka Hatungi

Umuhanzi akaba na Producer Bolingo Paccy yataramiye abitabiriye ibi birori byo kumurika ibihangano bishya bya Teta




