Yamuritse filime anahabwa igikombe! Ijoro ry’imyaka 30 ya Papa Sava mu buhanzi – AMAFOTO

Imyidagaduro - 31/01/2026 9:54 AM
Share:

Umwanditsi:

Yamuritse filime anahabwa igikombe! Ijoro ry’imyaka 30 ya Papa Sava mu buhanzi – AMAFOTO

Papa Sava yizihije imyaka 30 amaze mu buhanzi, ahabwa igihembo cy’ishimwe n’abo bakorana bamushimira uruhare yagize ku iterambere ryabo hanyuma anamurikira abaje kumushyigikira filime nshya yise “What a day”.

Mu ijoro ryakeye, umusizi akaba n’umukinnyi wa Filime, Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava, Sekaganda n’andi mazina menshi yagiye akoresha mu buhanzi bwe, yizihije imyaka 30 amaze mu buhanzi.

Ni mu birori byabereye muri Mundi Center bikaba byari byatewe inkunga n’uruganda rwa Skol rubinyujije mu kinyobwa cyarwo cyitwa “Gatanu” gusa bitabujije ko n’ibindi binyobwa by’uru ruganda nka Skol Malt byari bihari ku bwinshi.

Papa Sava yashyigikiwe n’abakinnyi ba filime mu Rwanda, umuyobozi wa Zacu TV, Willson Misago, uwari uhagarariye Canal+, abari bavuye muri Skol, inshuti z’ibihangano bya Papa Sava n’abandi benshi.

Abakinnyi bakinana na Papa Sava bahamagawe kugira ngo bagire icyo bavuga hanyuma bamushyikiriza impano y’igikombe baherekesheje amagambo yo kumushimira ko iyo ataza kuhaba hari benshi bari kuba babayeho nabi.

Mu ijambo ukina yitwa Marigarita muri Papa Sava agakina ari umugore wa Ndimbati wavugiye abandi bakinana, yagize ati “Amarangamutima yacu ni menshi, tugushimiye ubutwari, ubumwe n’umuco w’ubudashyikirwa wubatse muri twe. Urugendo ni rurerure ariko uturi imbere tukuri inyuma. Watubereye ikibaho twigiraho.”

Nyuma y’aho, Papa Sava yashyize hanze filime yise “What a day” yamurikiye abitabiriye ibi birori, barayireba yose barayirangiza akaba ari n’ubwa mbere yari yerekanywe ku mugaragaro.

Yavuze ko iyi filime “What a day” yamugoye ndetse yamusigiye imvune nyinshi kuko bayikinnye iminsi 10 yikurikiranya, ku zuba ryinshi, ivumbi ryinshi, byaje kumusigira uburwayi kimwe na bamwe mu bakinnyi bakinana.

Yavuze kandi ko kuba yizihije imyaka 30 bitagiye gutuma atentebuka ku kazi ke kuko ari gutegura filime zirimo guhanga udushya dore ko afite gahunda yo gukora filime y’isaha irenga havuzwemo ijambo rimwe.

Papa Sava yashimiye buri wese wamushyigikiye muri iyo myaka 30 amaze mu buhanzi yemeza ko hari uburyo bugiye gushyirwaho hanyuma akajya yigisha abato ibijyanye n’ubuhanzi.

Abantu benshi bashyigikiye Papa Sava mu gitaramo cye cyo kwizihiza imyaka 30 mu buhanzi

Papa Sava yakoze igitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 amaze mu buhanzi

Dore amashusho y'uko byari bimeze mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 y'ubuhanzi bwa Papa Sava



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...