Yamukuye aho umwami yakuye busyete! Papa Cyangwe yasabye imbabazi Rocky

Imyidagaduro - 01/06/2026 7:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Yamukuye aho umwami yakuye busyete! Papa Cyangwe yasabye imbabazi Rocky

Mu buzima bw’umuntu, hari abo ahura na bo bakamufasha gutera intambwe ikomeye ihindura amateka ye. Ni yo mpamvu iyo habayeho kutumvikana hagati yabo, igihe cyo kongera kwiyunga kiba gifite igisobanuro gikomeye kurushaho. Ibi ni byo byabaye hagati y’umuraperi King Lewis Abijuru wamamaye nka Papa Cyangwe na Uwizeyimana Marc uzwi nka Rocky.

Hari insigamugani ikoreshwa cyane mu Kinyarwanda igira iti: “Yamukuye aho umwami yakuye busyete.” Akenshi ikoreshwa iyo umuntu yibukijwe uwamugiriye neza cyangwa uwamufashije kuva ku rwego rwo hasi akagera ku rundi rwisumbuyeho. Ni imvugo ishushanya umuntu wagize uruhare rukomeye mu kubaka ejo hazaza h’undi.

Ni muri uwo murongo Papa Cyangwe yanyujijemo ubutumwa bwe bushya, agaragaza ko atibagiwe uruhare Rocky yagize mu rugendo rwe rw’umuziki.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram, Papa Cyangwe yasubije amaso inyuma ku minsi yakoranaga na Rocky Entertainment, ashimira Rocky ku buryo yamufashije kugera aho ageze uyu munsi.

Yagize ati: “Warakoze ku bwa buri kimwe. Yehova ajye akomeza kuguha umugisha Rocky Kimomo. Iyo ataba wowe si mba nitwa Papa Cyangwe, si mba ndi uwo ndi we uyu munsi. Uzambabarire aho nagutengushye hose.”

Aya magambo yanyuze benshi, cyane cyane abakurikiranye amateka ya Papa Cyangwe kuva agitangira umuziki. Yerekana ko nubwo mu bihe bitandukanye habayeho kutumvikana hagati yabo, uyu muraperi yemera ko Rocky ari umwe mu bantu bafite umwanya wihariye mu rugendo rwe.

Rocky na we ntiyatinze gusubiza. Mu magambo yuzuyemo urugwiro, yavuze ko ibyo yakoreye Papa Cyangwe byose byaturukaga ku rukundo yamukundaga nk’umuvandimwe muto. Yagize ati: “Byose byari ukubera urukundo muvandimwe muto.”

Ni amagambo yerekanye ko ibihe by’ukutumvikana bisa n’ibyasizwe inyuma, hagatangira urupapuro rushya rwubakiye ku bwubahane no ku kwishimira ibyo bagezeho.

Abakurikiranira hafi umuziki nyarwanda bazi neza ko Rocky ari umwe mu bantu bagize uruhare mu kumenyekanisha Papa Cyangwe mu gihe yari atangiye kwamamara cyane.

Mu gihe yakoreraga muri Rocky Entertainment, Papa Cyangwe yagiye ahabwa amahirwe yo gukora no gusohora ibikorwa byamufashije kwinjira mu mitima y’abakunzi b’umuziki.

Nyuma y’igihe, inzira zabo zaje gutandukana, ndetse rimwe na rimwe hakajya humvikana amagambo agaragaza ko umubano wabo utari ugihagaze neza nk’uko byahoze. Gusa ubutumwa bwa Papa Cyangwe n’igisubizo cya Rocky byerekana ko impande zombi zafashe icyemezo cyo kureba kure aho guheranwa n’ibyabaye.

Mu myidagaduro, si kenshi usanga abantu bagaruka ku mugaragaro bagashimira ababafashije gutera imbere, cyane cyane nyuma y’ibihe by’ukutumvikana. Ni yo mpamvu amagambo ya Papa Cyangwe yakiriwe nk’ikimenyetso cy’ubukure no guha agaciro amateka y’urugendo rwe.

Papa Cyangwe ubwe yemeye ko Rocky ari umwe mu bantu bamubereye inkingi ya mwamba mu ntangiriro z’urugendo rwe rwa muzika, ndetse ko atari kuba ageze aho ari uyu munsi iyo atamubonera amahirwe yo kwigaragaza.

Uyu mubano wongeye kuzahurwa ushobora kuba intangiriro y’indi nkuru nshya hagati y’aba bagabo bombi, ariko ikigaragara ni uko bahisemo gushyira imbere imbabazi, gushimirana no guha agaciro amateka yabahuje.

Papa Cyangwe yasabye imbabazi Rocky Kimomo nyuma y’imyaka yo gukozanyaho mu magambo


Rocky yagaragaje ko ibyo yakoreye Papa Cyangwe byose byari inzira iganisha ku iterambere rye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...