Yamuhuje na Dr Nsabi! Micky yavuze uburyo Killaman yamuhaye urufunguzo rwa Cinema - VIDEO

Imyidagaduro - 22/07/2026 1:59 PM
Share:

Umwanditsi:

Yamuhuje na Dr Nsabi! Micky yavuze uburyo Killaman yamuhaye urufunguzo rwa Cinema - VIDEO

Mu ruganda rwa sinema nyarwanda, hari abakinnyi bagenda bagira izina bitewe n'impano yabo, ariko inyuma y'izo ntambwe hakaba hari abantu baba barabaye urufunguzo rwo kubafungurira amarembo. Ni ko byagenze kuri Mukobwajana Asifiwe wamamaye nka Micky, uvuga ko adashobora kwibagirwa uruhare rwa Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman, wamuhuje na Dr Nsabi bikamufasha gutangira kumenyekana ku rwego rwo hejuru.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Micky yasobanuye ko urugendo rwe muri sinema rwubakiye ku mahirwe yahawe na Killaman, wamugiriye icyizere akamuha umwanya muri filime ze, mbere yo kumuhuza n'umwe mu bakinnyi bari bafite izina rikomeye icyo gihe.

Yavuze ko igihe yinjiraga muri sinema, Dr Nsabi yari ari mu bakinnyi bakururaga imbaga ku mbuga nkoranyambaga, aho izina rye ryonyine ryatumaga abantu bihutira kureba filime yabagamo.

Ati: "(Uwanciriye inzira) ni Killaman kubera ko naje mu gihe Dr Nsabi yari agezweho, ku buryo no kumwandika kuri YouTube umuntu yahitaga abona ‘views’. Naje aho Killaman yakoreraga ahita ankoresha ari njye na Dr Nsabi turi gukinana. Episode yose yasohotse ari njye na Nsabi gusa yarebwe inshuro ibihumbi magana ane ku munsi umwe. Urumva yankoreye ibintu byiza."

Micky yavuze ko guhurizwa gukina na Dr Nsabi byabaye intangiriro y'urugendo rwamuhinduriye ubuzima muri sinema, kuko gukinana n'umukinnyi wari umaze kubaka izina byatumye na we atangira kumenyekana mu buryo bwihuse.

Ati: "Yampuje n'umusitari (Dr Nsabi). Hari ukuntu ushobora kuza muri filime umuntu akaguhuza n'umuntu bitoroha guhita umenyekana. Buriya muri filime iyo uhuriye n'umukinnyi w'ibanze, ibintu biba byikoze. Naraje ahita ampuza na Nsabi, kandi agenda aduha n'izindi duhuriramo. Navuga ko uwanciriye inzira ari Killaman."

Inama ya Killaman yahinduye uburyo yubaka umwuga

Si ukumuha umwanya gusa. Micky yavuze ko Killaman yanamubereye umujyanama, amwereka uburyo umuntu ushaka kuramba muri sinema akwiriye kubaka ikipe ye bwite aho guhora ategereje guhamagarwa n'abandi.

Yibuka ko yamwicaje akamugira inama yamufashije kugeza n'uyu munsi.

Ati: "Killaman ni we wangiriye inama. Yaranyicaje arambwira ati reka nkugire inama; abasitari muri filime abantu bose barabakeneye, umukire ugiye kuza araza yishyizemo ko akoresha abasitari muri filime. Arambwira ati ubaka abantu bawe mukorana bizakunda. Inama yangiriye ni yo nakoresheje n'ubu."

Uyu mukinnyi avuga ko ayo magambo yamubereye isomo rikomeye, kuko yamwigishije ko kugira ikipe ihamye y'abakinnyi mukorana ari imwe mu nkingi zituma ibikorwa bya sinema bikomeza gutera imbere.

Micky amaze kuba izina rikomeye muri sinema nyarwanda

Uyu munsi, Micky ni umwe mu bakinnyi b'igitsina gore bafite izina rikomeye muri sinema nyarwanda. Azwi cyane binyuze muri filime z'uruhererekane (series) zakunzwe kuri YouTube no ku zindi mbuga zerekana filime nyarwanda.

Yamamaye kubera uburyo agaragaza ubuzima bwa buri munsi, imibanire y'imiryango n'ibibazo byugarije sosiyete, ibintu byatumye abakunzi ba sinema bamugirira icyizere.

Uretse gukina imbere ya ‘camera’, Micky anagira uruhare mu kwandika inkuru za filime no kuzitunganya, ibintu byatumye agenda yagura umusaruro we muri uru ruganda.

Akunze kandi kugaragara mu biganiro agarukamo ku burenganzira bw'abagore, ubwizerane mu muryango ndetse n'uruhare rwa sinema mu kubaka sosiyete.

Niyonshuti Yannick wamamaye nka Killaman amaze imyaka irindwi akora sinema nyarwanda. Nubwo ubu ari umwe mu batunganya filime bazwi cyane, urugendo rwe rwabanje kurangwa n'ibigeragezo bikomeye.

Yigeze gutangaza ko byageze aho agurisha ibibanza bitatu kugira ngo abone amafaranga yo gukomeza gukora filime, kuko yari yiyemeje kudacika intege n'ubwo ibikorwa bye byasabaga ubushobozi bwinshi.

Killaman yamenyekanye cyane binyuze muri filime yakinaga yahaye inyito yo "Kwiyenza", yaciye ibintu ariko iza no guteza impaka nyinshi, kugeza aho ahagaritse kuyikora.

Aherutse no kwegukana igihembo cya "Iziwacu Best Series" mu iserukiramuco rya Mashariki African Film Festival ryabereye muri Kigali Serena Hotel.

Nubwo yegukaniye igihembo, Killaman yavuze ko ari na yo filime yamuvunnye cyane kandi yamutwaye amafaranga menshi kurusha izindi zose yakoze.

Ubuhamya bwa Micky bugaragaza ko inyuma y'abakinnyi benshi bamenyekanye haba hari abantu babahaye amahirwe yo kwigaragaza. Kuri we, Killaman si umuntu wamuhaye gusa umwanya wo gukina, ahubwo ni we wamufunguriye amarembo yatumye ahura na Dr Nsabi, akubaka izina rimugejeje mu bakinnyi bazwi cyane muri sinema nyarwanda.

Micky yatangaje ko Killaman ariwe wamufunguriye amarembo mu rugendo rwe rwa Cinema

Micky yavuze ko gukina ari kumwe na Dr Nsabi byatumye izina rye ritangira guhangwa amaso


Micky ashima Killaman wanamugiriye inama yo kugira abakinnyi be bakorana

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MICKY

VIDEO: Dox Visual/ Inyarwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...