Yamufashije kuri Album! Gaby Kamanzi mu bazaririmba mu gitaramo cya Richard Nick Ngendahayo

Iyobokamana - 27/11/2025 2:36 PM
Share:

Umwanditsi:

Yamufashije kuri Album! Gaby Kamanzi mu bazaririmba mu gitaramo cya Richard Nick Ngendahayo

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gaby Kamanzi, yongewe mu bazaririmba mu gitaramo “Niwe Healing Concert” cy’umuramyi Richard Nick Ngendahayo kizaba ku wa Gatandatu tariki ya 29 Ugushyingo 2025 muri BK Arena.

Gaby Kamanzi wamamaye mu ndirimbo nka “Amahoro” ni umwe mu baririmbye kuri Album “Niwe” ya Richard Nick Ngendahayo yitiriwe iki gitaramo. Ndetse, Richard Nick Ngendahayo aherutse kubwira InyaRwanda ko yanyuzwe n'uburyo yakoranye na Gaby Kamanzi kuri Album ye ya mbere 'Niwe' yanitiriwe iki gitaramo.

Gaby nawe aherutse kubwira InyaRwanda ko mbere y’uko atangira gukora umuziki nk’umuhanzi wigenga, hari umuntu wagaragaje ko mu buzima bwe hari impano yihariye yo kuramya no guhimbaza Imana, uwo muntu akaba ari Richard Nick Ngendahayo.

Yibutse uko byatangiye mu myaka ya 2004–2005, ubwo Richard Nick Ngendahayo yari mu myiteguro yo gusohora Album ye ya mbere. Ni muri ibyo bihe yamuhamagaye amubwira ko yifuza ko amufasha kuririmba mu mishinga y’indirimbo zari ku mpera z’iyo Album.

Ati: “Byari ibihe bidasanzwe. Ni umuntu ufite umuhamagaro ku buzima bwe, umuhamagaro wo kuramya no guhimbaza. Ni ikintu yari afite kandi agifite. Iyo umuntu afite uwo muhamagaro aba afite n’amavuta, arasizwe, noneho n’uburyo yandika afite indirimbo nziza.”

Gaby avuga ko ubwo Ngendahayo yasohoraga iyo Album ye ya mbere, “Isi yose yabibonye”, ashimangira ko yari umuhanzi wihariye mu mwuka n’ubutumwa.

Akomeza agira ati: “Iyo umuntu afite uwo muhamagaro aba afite n'amavuta, arasigiwe, noneho n'uburyo yandika afite indirimbo nziza. Kuko, ngirango n'igihe yasohoraga Album ya mbere, Isi yose yarabibonye. Njyewe rero umunsi yampamagaye, akambwira ngo ngwino umfashe muri Album yanjye, icyo gihe narishimye cyane."

Mu gihe benshi bamutekerezaga nk’umuririmbyi usanzwe muri korali, Gaby avuga ko igihe yakoranye na Richard ari cyo cyamuhinduriye icyerekezo.

Ati: “Yego! Nararirimbaga icyo gihe, ariko kuba twarakoranye hari ukuntu byanyongereye izindi mbaraga, kumva ko nanjye mbishoboye. Nta ndirimbo n’imwe nari nagashyize hanze icyo gihe, ariko kuba Richard yaraje akambwira ngo tujyane, byatumye numva ko hari ikintu Imana ishaka gukorera muri njye.”

Avuga ko Ngendahayo yamubereye nk’isoko y’umwuka w’ubushobozi, umutoza utamubwiye byinshi mu magambo, ariko wamugaragarije ko kuba umuhanzi wa Gospel bisaba icyizere n’ubutwari bwo gusohora icyo Imana yagushyize mu mutima.

Akomeza ati: “Iyo uri umuntu ugitangira, ukumva umuntu nk’uwo arakubwiye ngo tujyane, uhita wumva imbaraga. Richard ari mu bantu banteye imbaraga zo kumva ko nanjye nshoboye. Imana yamukoresheje kugira ngo numve ko mfite umuhamagaro wo kuramya no guhimbaza Imana."

“Imbuto yateye niyo nyigenderaho kugeza n’ubu”

Gaby Kamanzi, umaze imyaka irenga 21 mu muziki wo kuramya, yavuze ko ibyo yakuyemo ari yo shingiro ry’umurimo akora kugeza n’uyu munsi. Ati: “Mu bantu batumye nkomeza kuririmba kugeza n’ubu, Richard arimo. Imbuto yateye mu buzima bwanjye niyo nkigenderaho. Yateye imbuto y’icyizere, y’ukwizera Imana, n’iy’urukundo rwo gukorera Imana mu kuri.”

Ibi yabitangaje mu gihe asanzwe azwiho gukorana n’abandi bahanzi benshi mu rwego rwo kubaka impano z’abaramyi bakiri bato. Gaby yavuze ko kuba Richard agarutse mu Rwanda ari igihamya cy’uko Imana igira igihe cyo gusubizanya n’abayo.

Uretse kuba barakoranye mu ndirimbo za mbere, Gaby na Richard bagiranye ubucuti bushingiye ku gukundana nk’abizera no gushyigikirana mu rugendo rwo kuramya.

Bombi bakunze kwibukwa mu mishinga yakorewe muri za studio z’icyo gihe, ahantu hatangiye kubyara abaramyi benshi baje kuba ibyamamare mu myaka yakurikiyeho.

Gaby Kamanzi yatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 27 Ugushyingo 2025, ni mu gihe mu minsi ishize byatangajwe ko Rene Patrick nawe azaririmba. Ni igitaramo kizayoborwa n’umushyushyarugambaga akaba n’umunyamakuru, Tracy Agasano.

 

Gaby Kamanzi yatangajwe mu bahanzi bazaririmba mu gitaramo “Niwe Healing Concert”

Gaby Kamanzi aherutse gutangaza ko Richard Nick Ngendahayo ari we wamwinjije mu muziki 


Gaby Kamanzi azahurira ku rubyiniro n’abandi baramyi mu gitaramo kizaba tariki 29 Ugushyingo 2025 muri BK Arena

KANDA HANO UREBE GABY KAMANZI AVUGA KURI RICHARD NICK NGENDAHAYO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...