Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Madederi yavuze ko kuba Papa Sava yaramuhaye
amahirwe yo gukina muri filime ye ari byo byamubereye intangiriro yo
kumenyekana, kugeza aho abasha gukina muri filime z’imbere mu gihugu ndetse no
mu mpuzamahanga.
Ati
“Iyo bitaba ari Papa Sava ntabwo mba narakinnye muri filime nka The Bishop,
Kaliza wa Kalisa, Indoto n’izindi nyinshi zigeze no mu maserukiramuco. Ni we
wanyizeye bwa mbere, amfata nk’umukinnyi kandi ampa urubuga rwo kugaragaza
impano yanjye,”
Uyu
mugore yavuze ko yakuranye inzozi zo gukina filime, ariko atazi neza inzira
zabimugezaho. Yavuze ko yajyaga areba abakinnyi ba filime bakomeye mu Rwanda
akumva ashaka kumera nkabo, gusa akabura aho ahera.
Yibuka
ko benshi mu batangiranye nawe ntibakomeje urugendo rwa sinema, akabona ari
ishema rikomeye kuba yarabashije kuguma muri uru ruganda kugeza n’ubu.
Ati
“Iyo Imana yateganyije ikintu mu buzima bwawe, iyo isaha igeze birakunda. Njye
ndabizi neza, iyo bitaba Papa Sava sinari kumenyekana gutya,”
Madederi
yavuze ko filime Papa Sava ari yo yahinduye ubuzima bwe, ndetse imuha icyizere
cyo kwiyumvamo ubushobozi bwo gukora filime ye bwite yise ‘Inkomoko’.
Avuga
ati “Ni filime nubaha cyane. Kuko ni filime navuga ko yaje iza gukabya inzozi
zanjye, guhindura ubuzima bwanjye, no gutuma ngera kuri bya bindi njyewe
natekerezaga nk'aho bitashoboka."
Yongeraho
ko ubumenyi yakuye mu gukorana na Papa Sava ari bwo bwamuteye imbaraga zo
gutangira gukora filime ye.
Ati
“Hari ukuntu iyo 'Papa Sava' mukorana ugenda wiyungura ubumenyi n'abandi
Madederi
yatangiye gukina muri Papa Sava mu mwaka wa 2019, ariko hagati ya 2020 na 2022
bahura n’imbogamizi zo kubura ibikoresho bya Camera, bituma afata icyemezo cyo
kubigura.
Kuri
ubu, ibyo bikoresho bye ni byo bifashishwa mu gukora Papa Sava ndetse
anabikoresha mu gutunganya filime ye nshya ‘Inkomoko’.
Mu
gukina filime ye, Madederi yahisemo gukorana cyane na Rugaba Emmanuel, wamamaye
muri Papa Sava mbere yo gusezera.
Yavuze
ko icyemezo cyo gukorana nawe cyaturutse mu kuba bari inshuti zisanzwe kandi
bahuje intego mu bijyanye na sinema.
Filime
Inkomoko iri mu mishinga ya Madederi yitezweho kugaragaza urugendo rwe rushya
mu ruganda rwa sinema nyarwanda, ndetse no kugaragaza ubuhanga yigiye mu
gukorana na Papa Sava, umuntu avuga ko yahinduye burundu ubuzima bwe.

Madederi
yashimye Papa Sava wamufashije kugera ku nzozi ze zo kuba umukinnyi wa filime
wabigize umwuga
‘Papa
Sava’ yahinduye ubuzima bwa Madederi, amuha icyizere cyo gukora filime ye bwite
‘Inkomoko’

Madederi
yatangiye gukina muri ‘Papa Sava’ mu 2019, ubu afite ibikoresho bye bwite
akoresha muri sinema
Muri filime ‘Inkomoko’, Madederi yakoranye na Rugaba Emmanuel bahuriye ku ntego yo guteza
imbere sinema nyarwanda
“Ni
filime yampinduriye ubuzima, inyigisha ko inzozi zigerwaho igihe cyazo kigeze,”
— Madederi avuga kuri ‘Papa Sava’
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA MADEDERI
KANDA HANO UREBE AGACE GASHYA KA FILIME 'INKOMOKO' YA MADEDERI
