Inkuru
ya Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano iri hagati y’izo mpande ebyiri;
impano idashidikanywaho n’ubuzima bwatangiye kumukururira mu manga y’amategeko.
Kuri
uyu wa Kabiri tariki ya 19 Gicurasi 2026, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu
rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry yabwiye InyaRwanda ko Yampano
wafunzwe tariki ya 16 Gicurasi 2026, akurikiranyweho ibyaha birindwi birimo icyo
gukubita no gukomeretsa ku bushake, gukoresha ibikangisho, kwangiza ikintu
cy’undi, kunywa ibiyobyabwenge, ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, gukoresha
imvugo z’ivangura n’icy’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko.
Ni
inkuru yakanguye benshi cyane cyane abakurikirana umuziki nyarwanda, kuko
Yampano yari amaze igihe agaragara nk’umuhanzi uri kuzamuka neza, ufite impano
yihariye yo kwandika no kuririmba.
Umusore waririmbye
ubuzima bwe
Yampano
ntabwo yinjiye mu muziki aturutse mu buzima bworoshye. Mu biganiro bitandukanye
yagiye akora, yumvikanishaga amateka y’ubuzima bushaririye yanyuzemo mbere yo
kumenyekana.
Uyu
musore wavukiye mu karere ka Nyamasheke yavuze ko izina “Yampano” yarikomoye ku
kuba mu muryango we ari we wabaye umuhanzi wenyine nyuma ya se wacurangaga
gitari muri korali. Ati: “Ni ya mpano y’umuryango.”
Mu
2021 nibwo yatangiye kugaragara cyane mu muziki nyuma yo gushyira hanze
indirimbo yise ‘Private’, ariko mbere yaho yari yaranyuze mu bihe by’umwijima.
Yigeze
gufungwa amezi abiri nyuma y’ikirego yavugaga ko yabeshyewe n’umukobwa wari
watangaje ko yamufashe ku ngufu akanamutera inda n’indwara zidakira. Yampano
yavuze ko nyuma ibimenyetso bya gihanga byagaragaje ko uwo mukobwa adatwite
kandi ko atanasambanyijwe muri icyo gihe.
Icyo
gihe ngo cyamusize yaracitse intege kugeza aho yanga n’izina rye bwite rya
“Uworizagwira”.
Ntabwo
byarangiriye aho. Ageze i Kigali nabwo ubuzima ntabwo bwamworoheye. Hari igihe
yakoze akazi k’ubuyede mu iyubakwa ry’umuhanda wa Rwampara, ariko mu mutima we
agahorana inzozi zo kuzaba umuhanzi ukomeye.
Ni
muri iyo minsi yafashe icyemezo cyo kujya muri studio ya Unlimited Records,
nubwo yabaga ahisha ubuzima bubi yarimo.
Producer
Odilo wari wahabonye ko uwo musore afite impano idasanzwe ariko ubuzima bwe
butameze neza, yamukoreye indirimbo 12 ku buntu.
Aho
niho urugendo rwa Yampano rwatangiye guhindura isura.
Impano yari
yatangiye kumurika
Mu
gihe gito, Yampano yatangiye kwigarurira imitima ya benshi. Afite ijwi
ry’umwimerere, amagambo yanditse neza n’uburyo bwo kuririmba bwumvikanamo
amarangamutima.
Abantu
benshi bamubonaga nk’umwe mu bahanzi bashya bafite ejo hazaza heza mu muziki
nyarwanda.
TB
Music Entertainment nayo yabonye iyo mpano, itangira kumufasha mu muziki no mu
rugendo rw’ubuhanzi bwe.
Ariko
uko izina rye ryazamukaga, ni nako ubuzima bwe bwite bwatangiye kujya mu makuru
cyane kurusha ibihangano bye.
Amashusho
y’urukozasoni yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, amakimbirane hagati ye
n’umukunzi we, amashusho yabo bashyamirana, n’ibindi bikorwa byagiye bituma
Yampano ava buhoro buhoro mu isura y’umuhanzi ajya mu isura y’umuntu uvugwaho
cyane kubera ibibazo byo mu buzima bwe.
“Twari twabagiriye
inama”
Dr.
Murangira B. Thierry yabwiye InyaRwanda ko nyuma y’isakara ry’amashusho ya
Yampano n’umukunzi we, RIB itigeze ibatererana.
Ati: “Nyuma ya ya saga y’amashusho yabo y’urukozasoni yasakaye ku mbuga
nkoranyambaga, ababikoze bakabihanirwa, Yampano yongeye kugaragara mu yandi
mashusho, Baje guterana amagambo, bashinjanya ibintu bitandukanye. Twaje
kubatumiza bombi, turabaganiriza, tubagira inama. Twatekerezaga nk’abantu
baciye muri ziriya saga, baribakwiye gufatanya, bagahana n’ibyo bintu bari bari
gucamo. Ariko izo nama, ntizamaze kabiri. None dore ikivuyemo.
Ariko
ngo izo nama ntazagize icyo zihindura.
Murangira
yavuze ko baburiye Yampano n’umukunzi we ko nibakomeza muri uwo murongo
bishobora kurangira havuyemo abafungwa.
Ati “Hari ababyeyi muri ino minsi usanga ari bo ba nyirabayazana mu makimbirine y’abana bari mu nzira zo gushinga urugo cyangwa n’abamaze kurushinga. Kuba uri umubyeyi, umuhungu cyangwa umukobwa wawe akaba yarashakanye n’uwo yumva akunze icyo usabwa nk’umubyeyi nta kindi usibye kubaha amahitamo y’umwana wawe.
Naho
guhora mu rugo rwabo cyangwa uhamagara umubwira ngo uwo mukobwa cyangwa
umuhungu icyamuzanye ni amafaranga, ni imitungo cyangwa ibindi, icyo uba ukora
ntabwo uba ububakira ahubwo uba ubasenyera.”
Uyu
muvugizi wa RIB kandi yagaragaje impungenge ku ruhare rw’ibiyobyabwenge mu
myitwarire y’abahanzi bamwe.
Ni
amagambo asiga umuntu yibaza byinshi ku buzima bamwe mu byamamare babamo inyuma
y’amatara n’amashyi y’abafana.
Sosiyete
nayo ifite uruhare?
Mu
gihe bamwe bahita bavuga ko Yampano ari gusarura ibyo yabibye, hari abandi
bibaza niba sosiyete nayo nta ruhare ifite mu gutuma bamwe mu bahanzi batakara.
Hari
igihe abantu bakunda impano y’umuntu ariko ntibite ku buzima bwe bwo mu mutwe,
ibikomere yanyuzemo cyangwa ubuzima bwe bwa buri munsi.
Iyo
umuhanzi ari kuzamuka, benshi bamuba hafi bamushimira indirimbo nziza, ariko
iyo atangiye kugwa, usanga buri wese ari gushaka kuba uwa mbere mu kumunenga.
Ndetse
Dr. Murangira ubwe yaburiye abantu kwirinda “urukiko rwa rubanda” rwo ku mbuga
nkoranyambaga, aho abantu bahita baca imanza mbere y’ubutabera.
Yibukije
ko kujya kuri “live” uvuga ibibazo byose byo mu rugo bishobora kubangamira
iperereza, kwangiza ibimenyetso cyangwa gutuma ikibazo kirushaho kuba kibi.
Ni
ibintu bigenda bigaragara cyane muri iki gihe, aho ibyamamare byinshi bibanza
kuburanira ku mbuga nkoranyambaga mbere yo kugera imbere y’amategeko.
Impano ntabwo ari
ubudahangarwa
Hari
umurongo umwe Dr. Murangira yagarutseho cyane: kuba icyamamare ntabwo biha
umuntu ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa n’amategeko.
Yavuze
ko kubaka izina bigoye ariko kuyisenya bifata akanya gato cyane.
Ni
isomo rikomeye ku bahanzi benshi cyane cyane abakiri bato bari kuzamuka vuba,
bafite abafana benshi ariko batarubaka ubushobozi bwo kwitwara neza no gucunga
ubwamamare.
Kuko
mu by’ukuri, impano yonyine ntabwo ihagije.
Umuntu
ashobora kugira ijwi ryiza, akandika indirimbo zikora ku mitima ya benshi,
ariko akananirwa kuyobora ubuzima bwe bwite.
Yampano ni nde
muri ibi byose?
Uyu
munsi hari ababona Yampano nk’umuhanzi wari ufite impano idasanzwe ariko akagwa
mu mutego w’ibiyobyabwenge, uburakari n’imyitwarire mibi.
Hari
n’abamubonamo umusore wakuriye mu buzima bukomeye, utarabashije gukira
ibikomere byo mu buzima bwe mbere yo kwakira ubwamamare.
Ahari ukuri kuri
hagati y’ibyo byombi.
Kuko
umuntu ashobora kuba yarakomerejwe n’ubuzima, ariko ibyo ntibimuvanaho
inshingano zo kubaha amategeko no kutahohotera abandi.
Ariko
kandi sosiyete nayo ikwiye kwibaza niba ifasha bihagije abantu bafite impano
ariko bafite ibibazo byihishe inyuma y’iyo mpano.
Yampano
ashobora kuba yari afite impano ikomeye, ariko bisa nk’aho urugendo rwo
kwiyubaka nk’umuntu rwamunaniye kurusha urwo kuba icyamamare.
Kandi
rimwe na rimwe, niho ubuzima bw’ibyamamare byinshi buhera gusenyuka.

Yampano
wanyuze mu buzima bukomeye mbere yo kwamamara mu muziki, ari mu maboko ya RIB
akurikiranyweho ibyaha birindwi birimo gukubita no gukomeretsa ku bushake
n’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko
Yampano
wakoraga ubuyede i Kigali mbere yo kwinjira mu muziki, yigeze gukorerwa
indirimbo 12 ku buntu na Producer Odilo wabonye impano ye ikiri mu buzima bubi

Umuvugizi
w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko kuba
icyamamare bidatanga ubudahangarwa bwo kudakurikiranwa n’amategeko, anagaragaza
impungenge ku ruhare rw’ibiyobyabwenge mu byaha bikekwa ku bahanzi bamwe
