Kylian Mbappé ni umwe mu
bakinnyi batangiye kumenyekana cyane kuri uru rwego, cyane cyane ubwo
yakiniraga AS Monaco ikagera muri 1/2 cy’irangiza cya Champions League mu 2017.
Nubwo Lamine Yamal amaze
gutwara ibikombe bitatu bya La Liga, uyu mukinnyi wa FC Barcelona
aracyategereje gutwara Champions League. Icyakora, imibare ye muri iri rushanwa
iratangaje.
Mu mukino Barcelona
yatsinzemo Feyenoord ibitego 5-1 ku wa Gatatu, Yamal yatsinze igitego kimwe
anatanga imipira ibiri yavuyemo ibitego (assists). Ibi byatumye aba
umukinnyi ukiri muto wagize uruhare mu bitego byinshi kurusha abandi mu mateka
ya Champions League.
Yamal ayoboye abandi
Nk’uko imibare ya
Transfermarkt ibigaragaza, Yamal ni we uza ku mwanya wa mbere mu bakinnyi
bagize uruhare mu bitego byinshi muri Champions League mbere yo kuzuza imyaka
20.
Uyu mukinnyi ufite imyaka
19, amaze kugira uruhare mu bitego 24, birimo 12 yatsinze na 12 yagizemo
uruhare (assists).
Yamal ari imbere ya
Kylian Mbappé, we wagize uruhare mu bitego 20 muri Champions League akiri muto.
Mbappé yakinnye imikino 23
ya Champions League akinira Monaco na Paris Saint-Germain mbere yo kuzuza
imyaka 20, atsinda ibitego kandi atanga imipira yavuyemo ibindi ku buryo
bwamushyize ku mwanya wa kabiri.
Erling Haaland na we ni
umwe mu bakinnyi bagaragaje impano idasanzwe muri Champions League bakiri bato.
Umunya-Norvege yatangiye kumenyekana cyane muri iri rushanwa ubwo yakiniraga RB
Salzburg na Borussia Dortmund.
Haaland yagize uruhare mu
bitego 11 muri Champions League mbere yo kuzuza imyaka 20.
Jude Bellingham na we ari mu bakinnyi baza imbere muri uru rutonde, aho ari umukinnyi wo hagati wenyine uri muri batatu cyangwa bane ba mbere. Theo Walcott na we ari mu bakinnyi b’Abongereza bagaragaje imibare ikomeye muri Champions League bakiri bato.

