Yahinduye ubuzima bwanjye – Zuba Ray ku ndirimbo 'Say My Name' yamuhesheje gusinya muri Kina Music – VIDEO

Imyidagaduro - 19/09/2025 10:32 AM
Share:

Umwanditsi:

Yahinduye ubuzima bwanjye – Zuba Ray ku ndirimbo 'Say My Name' yamuhesheje gusinya muri Kina Music – VIDEO

Umuhanzikazi Irahari Uwase Soleil, uzwi mu muziki nka Zuba Ray, yatangaje ko indirimbo ‘Say My Name’ yahinduye byinshi mu rugendo rwe rw’umuziki kuko ariyo yamuhesheje amahirwe yo gusinya amasezerano y’imikoranire na Kina Music.


Uyu mukobwa aherutse gusoza amasomo y’amashuri yisumbuye, ahuriranye no kurangiza amasomo ku ishuri ry’umuziki rya Nyundo. Nyuma yo kwinjira muri Kina Music, yashyize hanze indirimbo ye ya gatatu yise “Utuntu”.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Zuba Ray yavuze ko umwaka ushize ubuyobozi bwa Kina Music bwasuye ishuri rya Nyundo bashaka umukobwa w’umuhanzi bazakorana na we igihe kirekire.

Ati: “Baje ku ishuri rya Muzika rya Nyundo bashaka umuhanzi wo gukorana na we. Twari abanyeshuri batandatu twahatanye, turaririmba imbere yabo, birangira ari njye utsinze.”

Yongeraho ko ubwo yahatanaga, imbere y’Akanama Nkemurampaka kari kagizwe na Meddy Saleh (utunganya amashusho), Ishimwe Clement (umuyobozi wa Kina Music) ndetse na Mighty Popo (uyobora ishuri rya muzika rya Nyundo), yahisemo kuririmba indirimbo Say My Name y’itsinda Destiny’s Child ryanyuzemo Beyoncé Knowles, Kelly Rowland na Michelle Williams.

Ati: “Sinzi impamvu nahisemo iyi ndirimbo, gusa numvaga nayiririmbaga neza. Nyifata nk’indirimbo idasanzwe kuko yahinduye ubuzima bwanjye.”

Uyu muhanzikazi avuga ko ubwo baririmbaga bari bicaye, nta bicurangisho byifashishijwe. Nyuma y’ibyumweru bibiri yahise ahabwa amahirwe yo kujya muri studio gukora indirimbo ya mbere, ariko itarasohotse kugeza ubu.

Ati: “Iya mbere twakoze yari nk’igerageza kugira ngo barebe uko ndirimba muri studio. Iyo ndirimbo ntabwo irasohoka, ariko ni nziza cyane muzayikunda.”

Nyuma yo gukora iyo ndirimbo, Zuba Ray yahise ahabwa amasezerano yo gukorana na Kina Music, abanza kuyasoma no kugisha inama mu gihe cy’amezi abiri mbere yo kuyasinya.

Ati: “Nabanje kwitonda ndayasoma, ngisha inama, hanyuma ubwo nari niteguye mbimenyesha umuryango wanjye maze ndasinya. Nyuma yaho twahise dutangira gukora indirimbo, indirimbo ya mbere nasohoye ni ‘Igisabo’.”

Uyu muhanzikazi avuga ko kuva kera yifuzaga gukorana na Kina Music, ndetse mu 2017 yigeze kwandikira Ishimwe Clement amusaba kumusinyisha, ariko ntasubizwe.

Zuba Ray yize amashuri abanza mu Rwanda nyuma yo kwiga mu Burundi no muri Uganda. Mu mashuri yisumbuye, yasoreje ku ishuri rya muzika rya Nyundo nyuma yo kuva muri EFOTEC aho yakoreye icyiciro rusange (O Level).

“Say My Name”: Indirimbo yahinduye amateka ya Destiny’s Child

Mu mwaka wa 1999, itsinda ry’abakobwa bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Destiny’s Child, ryasohoye indirimbo “Say My Name” iri kuri album yabo The Writing’s on the Wall.

Iyi ndirimbo yahise ikundwa cyane ku isi yose, ishimirwa uburyo ifite injyana ya R&B y’umwimerere, ndetse n’ubutumwa bwayo buvuga ku mukobwa ucyeka ko umukunzi we amuca inyuma, maze akamusaba kuvuga izina rye kugira ngo amwereke ko akimukunda.

Iyi ndirimbo yatumye Destiny’s Child imenyekana cyane, inegukana ibihembo bikomeye birimo Grammy Awards ebyiri mu 2001. Kugeza n’ubu, ifatwa nk’“ikirango” cy’umuziki wa R&B wo mu myaka ya 2000.

Mu Rwanda, “Say My Name” yabaye indirimbo idasanzwe ku muhanzikazi Zuba Ray. Ni yo yahisemo kuririmba ubwo yari mu irushanwa ryo guhitamo umukobwa uzakorana na Kina Music ku ishuri rya muzika rya Nyundo.

Iyo ndirimbo yamuhesheje amahirwe yo gutsinda no gusinya amasezerano y’imikoranire, ari na cyo cyabaye intangiriro y’urugendo rwe nk’umuhanzi wabigize umwuga.


Mu bihumbi by’abanyeshuri biga umuziki, ni we wigaragaje kugeza abaye intandaro yo gusinya muri Kina Music. Uyu munsi Zuba Ray ahagaze nk’umwe mu bahanzikazi bashya bafite ejo heza mu muziki nyarwanda


Indirimbo Say My Name yamubereye urufunguzo rufungura imiryango mishya mu rugendo rwe rw’umuziki. Uyu munsi, iyo ayivuga ayita ‘idasanzwe’ kuko yahinduye amateka ye


Uhereye ku ishuri rya muzika rya Nyundo kugeza kuri studio za Kina Music, urugendo rwa Zuba Ray rwerekana ko inzozi iyo uzigiyemo n’umutima wose zibasha kuba impamo 

Nta gihamya ikomeye nk’ibihe biguha amahirwe adasanzwe. Zuba Ray yagize impano, akora uko ashoboye, maze indirimbo imwe ihindura ubuzima bwe

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ZUBA RAY AGARUKA KU BITEYE AMATSIKO KURI WE

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UTUNTU’ YA ZUBA RAY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...