Yahawe imbabazi n’umukunzi we - Yampano yitabye Urukiko ku nshuro ya mbere

Imyidagaduro - 02/06/2026 11:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Yahawe imbabazi n’umukunzi we - Yampano yitabye Urukiko ku nshuro ya mbere

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamenyekanye nka Yampano mu muziki, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ni mu rubanza rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Kamena 2026. Yampano yageze mu rukiko ari kumwe n’abandi bafungwa. Yaserutse mu mupira ufite ingofero ikinga mu maso, agapfukamunwa, ipantaro y'ikoboyi y'ubururu n'inkweto z'umukara zifunguye.

Ibyaha Yampano akurikiranyweho birimo icyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, gukoresha ibikangisho, kwangiza ikintu cy’undi, kunywa ibiyobyabwenge, ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, gukoresha imvugo z’ivangura n’icy’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko.

Icyaha cyo gukomeretsa ku bushake, Yampano yireguye avuga ko ibibazo byabo byatangiye mu mwaka wa 2025 ubwo bagiraga ikibazo, umuntu babanaga agafata telephone agashyira hanze amashusho yabo. Avuga ko ibyo bikimara kuba ari bwo bahise batangira intonganya no kurwana.

Yampano yajyanye n'umugore we mu modoka bagiye muri 'sauna' hanyuma hari umugore wamuhamagaye amusaba amafaranga 10,000 Frw kubera ko yari arwaje umwana.

Nyuma yo kumwaka ayo mafaranga kandi Vava amwumva, Vava yahise atangira guserera, afata 'Vola' y'imodoka ayikaraga avuga ko ayo mafaranga atagakwiye gutangwa.

Bakiri muri ibyo, polisi yahise ibabona n’uko baraza bahuhishamo (Guhuhamo) Yampano basanga ntabwo yanyweye.

Bakigenda, Vava yahise asohoka mu modoka igenda avuga ko atajyana nawe kandi arimo asesagura umutungo w'urugo.

Mu rukiko, Yampano yavuze ko yanyweye urumogi bwa mbere yiga mu mwaka wa gatatu mu mashuri yisunbuye ariko nyuma aza kuruvaho kubera ko yabanaga n'ababyeyi be.

Avuga ko yongeye kurunywa nyuma y'uko agiye i Burayi kubera ubukonje bwinshi bubayo asanga nta kindi cyamufasha uretse kunywa urumogi kandi ngo koko iyo yarunywaga yahitaga yumva ashyushye.

Ibyo gufungirana umuntu mu buryo butemewe n'amategeko, Yampano yavuze ko yafungaga icyumba barimo, bagaserera, bagatongana hanyuma bakiyunga.

Impamvu yabikoraga uko, ngo kwabaga ari ukugira ngo baganire bitiriwe bigera hanze ngo rubanda bamwote.

Yakomeje abwira umucamanza agira ati: "Ejo bundi kugira ngo mfunge inzu yose, nari nagize akazi icyakora twari twirirwanye mu Bugesera nyuma mubwira ko ngiye mu kazi ntaha saa munani z'ijoro."

Avuga ko yageze mu masaha ya saa cyenda atari yataha hanyuma Vava amuhamagara afite uburakari bwinshi na nyuma atashye bananirwa kumvikana.

Mu gitondo abyutse ariko bararanye uburakari, Yampano yabwiye umugore we ko agiye kureba inshuti ze baganire ku miziki nabwo bigera saa sita z'ijoro atari yataha.

Vava nawe yahise yishyura Yampano arara mu gasozi hanyuma bucyeye bwaho Yampano ajya ku Irebero ariko akiriyo ajya kumva umuturanyi aramubajije ngo "Ko mbona urimo usohora ibintu uraye wimuka?".

Yampano avuga ko yari yafunze inzu ariko atazi ko Vava afite urufunguzo rwa kabiri.

Yahise ajya i Bukavu nuko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruza kumuhamagaza. Umwunganizi wa Yampano avuga ko Uwineza Diane yanditse inyandiko itanga imbabazi kuri Yampano ndetse anazishyikiriza umucamanza.

Bashingiye kuri iyo nyandiko, umwunganizi wa Yampano avuga ko basanga ari amakimbirane yabaye mu rugo bityo bicaye bakabicoca bakiyimeza kwiyunga.

Umwunganizi wa Yampano yakomeje kwitsa cyane ku mbabazi hanyuma umucamanza ati: "None se aramubabarira n'urumogi?" Akomeza agira ati: "Uri umunyamategeko, vuga ibyaha Diane yatangiyeho imbabazi kuko aregwa ibyaha bitandatu."

Yampano yahise afata ijambo ati: "Njyewe uko mbyumva, yampaye imbabazi ariko ku cyaha atabasha kumpaho imbabazi ni icyo gukoresha urumogi ariko nacyo mfite uko mbisobanura."

Yampano avuga ko ibaruwa Diane yanditse ikubiyemo byose kubera ko icyari kibabaje Vava ni ugukubitwa ariko byose byabaga bishingiye ku makimbirane bari bagiranye.

Umushinjacyaha we avuga ko kumufungirana bitari ku bw’ineza kuko nta wundi muntu babanaga mu nzu wari kubumva. Ati "Nimubisesengura neza muzasanga hari aho bihuriye."

Ku cyaha cyo kunywa urumogi, Umushinjacyaha yavuze ko ingano n'uburyo asobanuramo icyo cyaha bidahuye.

Yagize ati: "Ingano ya 166 ni ikigero kiri hejuru cyane ku buryo nta hantu na hamwe ajya ajya. Mu bugenzacyaha yemeye ko i Rubavu yanyweyeyo urumogi bashyizemo n'imbuto."

Yampano n'umwunganizi we basabye ko baburana bari hanze. Urukiko rwatangaje ko ruzafata umwanzuro ku wa Gatanu tariki 5 Gicurasi 2026, saa cyenda z’amanywa.

Yampano yatangaje ko umugore we yamuhaye imbabazi, ndetse zigashyikirizwa Umucamanza


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...