Yahataramiye kenshi aranyurwa: Senderi Hit yakoreye indirimbo Akarere ka Musanze gafatwa nk’igicumbi cy’ubukerarugendo

Imyidagaduro - 23/07/2026 8:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Yahataramiye kenshi aranyurwa: Senderi Hit yakoreye indirimbo Akarere ka Musanze gafatwa nk’igicumbi cy’ubukerarugendo

Mu rugendo rw’imyaka myinshi amaze mu muziki, Senderi International Hit yagiye aririmba indirimbo zifasha mu bukangurambaga, izigisha indangagaciro ndetse n’izishimira ibyiza bitatse u Rwanda. Kuri iyi nshuro, yahisemo kuvuga ku Karere ka Musanze abinyujije mu ndirimbo nshya yise "Musanze Nkunda", ayitura abaturage bahamugaragarije urukundo kuva yatangira umuziki.

Uyu muhanzi uzwi cyane mu ndirimbo z’uburere mboneragihugu yabwiye InyaRwanda ko iki gitekerezo cyaturutse ku rukundo amaze igihe afitiye Musanze, nyuma yo kuhataramira inshuro nyinshi no kubona uko abaturage baho bakomeje kumushyigikira.

Yasobanuye ko Musanze ari hamwe mu hantu igihugu cy’u Rwanda cyubakiyeho ubukerarugendo, ariko kandi akaba ahafata nk’akarere karangwa n’imyidagaduro n’iterambere rikomeje kwaguka.

Yagize ati: "Musanze ni Akarere k’imyidagaduro. Ni Akarere k’Abasitari, ni Akarere gafite byinshi bikenewe mu buzima bw’umuntu. Nahakoreye ibitaramo mu bihe bitandukanye, rero kimwe mu byifuzaga ni uko nabakorera indirimbo mu rwego rwo kubashimira."

Mu ndirimbo "Musanze Nkunda", Senderi agaragaza ubwiza bw’aka karere, akakavuga nk’umutako w’Intara y’Amajyaruguru ndetse n’ahantu hakomeje kwigarurira imitima ya benshi.

Yaririmbyemo Musanze nk’akarere k’imyidagaduro n’ubukerarugendo, akavuga ko gafite umujyi mwiza ndetse kakaba isoko y’ibyiza byinshi. Yanagarutse ku mateka yihariye aka karere gafite, harimo umuhango mpuzamahanga wo Kwita Izina, umaze imyaka ubera mu Kinigi, aho abana b’ingagi bahabwa amazina.

Muri imwe mu mirongo y’iyi ndirimbo aragira ati: "Musanze nziza uri igicumbi cy’amateka, umujyi uhesha ishema Abanyarwanda. Mu Kwita Izina ingagi bibera i Musanze."

Senderi yavuze ko urukundo afitiye Musanze rutagarukira ku kuba yarahakoreye ibitaramo gusa, ahubwo ko abaturage baho bagiye bamuba hafi mu bikorwa byinshi byaranze urugendo rwe rw’ubuhanzi.

Yibukije ko yagiye afatanya n’inzego zitandukanye mu bukangurambaga bwafashaga abaturage, burimo gahunda za Leta zigamije imibereho myiza, ubukangurambaga bwo gutanga imisoro ku gihe, gahunda ya Tunywe Less, ubukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda bwa Gerayo Amahoro, ibikorwa bya Primus Guma Guma Super Star, umuhango wo Kwita Izina, ibikorwa byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubukangurambaga bwa Airtel Rwanda n'ibindi byinshi.

Avuga ko muri ibyo byose abaturage ba Musanze bakomeje kumwereka urukundo rudasanzwe, ari na yo mpamvu yabageneye iyi ndirimbo nk'impano yo kubashimira.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Senderi yagize ati "Muraho bakunzi banjye namwe bafana banjye bo mu Karere ka Musanze no mu nkengero zako. Ndabakunda. Mu bikorwa byinshi twahuriyemo mumaze imyaka mwerekana urukundo rwuzuye. Ni yo mpamvu mbahaye indirimbo nise 'Musanze Nkunda' kugira ngo mujye muyumva aho muri hose, uhereye ku bato kugeza ku bakuru."

Yakomeje avuga ko abaturage ba Musanze bagize uruhare rukomeye mu rugendo rwe rw’umuziki, kuko buri gihe bagiye baba hafi ye mu bitaramo no mu bindi bikorwa.

Yasoje abasaba kwakira neza iyi ndirimbo, bakayisangiza inshuti zabo, agaragaza ko yizeye ko izakomeza kubibutsa ubwiza bw’akarere kabo ndetse n’urukundo abafitiye.

Indirimbo "Musanze Nkunda" ije yiyongera ku zindi Senderi yagiye akora zisingiza u Rwanda, ibikorwa by’iterambere n’indangagaciro z’umuco nyarwanda, ibintu byatumye yubaka umwihariko mu muziki nyarwanda mu gihe kirenga imyaka ibiri ishize.


Senderi Hit yatangaje ko yahisemo gukora indirimbo ‘Musanze Nkunda’ kubera ibihe by’urwibutso afitanye n’abatuye aka karere


Senderi yavuze ko Musanze ari igicumbi cy’ubukerarugendo, bityo yahisemo no kubyumvikanisha mu ndirimbo


Senderi avuga ko azakomeza gukora indirimbo nk’izi zivuga ku mwihariko wa buri Karere

Muri Nzeri 2025, Senderi ari mu bahanzi baririmbye mu birori byo Kwita Izina abana b'ingagi

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO SENDERI YISE ‘MUSANZE NKUNDA’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...