Yaguze iby’arenga Miliyari 1.7 Frw! Miss Mutesi Jolly yaryumyeho abajijwe aho akura amafaranga –VIDEO

Imyidagaduro - 02/11/2025 6:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Yaguze iby’arenga Miliyari 1.7 Frw! Miss Mutesi Jolly yaryumyeho abajijwe aho akura amafaranga –VIDEO

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025, hatambutse kuri Red Carpet abantu b’ibyamamare mu ngeri zitandukanye, ariko ntawushobora kwirengagiza uburyo Miss Mutesi Jolly yagaragaye. Yari yambaye ikanzu y’igiciro kinini, agaragara nk’umukobwa wiyubashye kandi ufite icyizere cyisumbuye- ariko ibyo byose byaje gucengerwamo n’ikibazo kimwe cyasembuye intekerezo za benshi: aho akura amafaranga.

Yari mu birori bya ‘The Silver Gala’ muri BK Arena. Ubu ni bwo buryo nyir’ubwite yagize icyo asubiza ku byo abantu bamuvugaho, ndetse mu buryo bugaragara yagaragaje ko atita ku magambo y’abantu.

Mutesi Jolly ni umwe muri ba Nyampinga b’u Rwanda batigeze basiba mu itangazamakuru. Mu minsi yashize, yagaragaye atwaye Mercedes-Benz G-Class (G-Wagon 63 yo mu 2025) — imodoka igura hafi miliyoni 437 Frw, ibintu bitavuzweho rumwe.

Abakurikiranira hafi ibyamamare mu Rwanda bahise bibaza ku mibereho ye. Nyuma y’imodoka, haje no kuvugwa inkuru ivuga ko uyu mukobwa yubatse inzu ihenze cyane i Kigali, ifite agaciro gashobora kugera kuri miliyari 1.3 Frw.

Amakuru yegeranye n’ubwubatsi bwayo agaragaza ko yayiguze agera kuri miliyoni 600 Frw itaruzura, hanyuma akayuzuza yongeyeho izindi Miliyoni 700 Frw.

N’ubwo nta makuru ahamye yemejwe na nyirayo ubwe, ibigaragara mu mafoto no mu mashusho yagiye asakara kuri internet, bigaragaza iyi nzu y’ikirenga, iri mu duce twa Kigali tw’abifite. Iyo ugereranije iyi nzu n’imodoka ye nshya, bivuga ko ibyo yaguze yerekanye bipima Miliyari 1.7 Frw.

“Ni amateshwa! Bibarebaho iki?” – Jolly yisubije mu buryo bukomeye

Mu birori bya The Silver Gala, ubwo umunyamakuru wa InyaRwanda yamusabaga kuvuga ku bivugwa ku nkomoko y'umutungo we, Miss Mutesi Jolly yahisemo gufata umwanya we mu buryo butamenyerewe -ntiyahakanye, ntiyemeje, ahubwo yahisemo kubyima agaciro.

Umunyamakuru yamubajije ati: “Duheruka kubona imodoka yawe nshya bamwe bayibazaho, bati amafaranga avahe? Ubundi Jolly akora iki?”

Mu ijwi ririmo icyizere ariko ryuzuye no kutifuza guhabwa imipaka, yahise amusubiza ati: “Aho ava ntabwo ibyo bibareba. Nta nubwo nabibonye ni amateshwa. Ni amateshwa, ubundi se bibarebaho iki muri rusange? Reka bana.”

Aya magambo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nk’umurabyo. Abenshi bayafashe nk’igisubizo gishyira akadomo ku bibazo by’amatsiko, mu gihe abandi bayafashe nk’ukwiyima umwanya wo kugaragaza uruhare rwe mu iterambere ry’igihugu cyangwa guha abandi urugero rwiza rw’abagore baharanira kwigira.

Nyuma y’aya magambo, ibitekerezo byabaye byinshi. Bamwe bavuze ko nta mpamvu yo kumenya ibyo Miss Jolly akora cyangwa ibyo atakoze, kuko ubuzima bwe ari ubwe, kandi ari uburenganzira bwe gukoresha amafaranga uko abyifuza.

Uretse kuba yarabaye Miss Rwanda akanategura irushanwa rya Miss East  Africa, Miss Jolly ni umwe mu bantu bafite izina rikomeye ku mbuga nkoranyambaga, aho akurikirwa n’abarenga miliyoni imwe kuri Instagram — ikimenyetso cy’uko afite igikundiro n’icyizere gikomeye.

Uretse ibyo, akenshi yitabira ibirori by’abanyacyubahiro, akanagaragara mu bikorwa by’ubufatanye n’ibigo bikomeye birimo ibikora ibijyanye n’ubwiza, ubukerarugendo n’ubuzima bwiza.


Miss Mutesi Jolly yinjira mu birori bya The Silver Gala atambuka ku itapi itukura, yagaragaje icyizere n’ubuhanga nka Nyampinga wubatse izina mu myidagaduro nyarwanda 


Ku itapi itukura, Jolly yerekanye icyubahiro nk’umukobwa wiyubashye, ibintu bimugira umwe mu banyamideli na ba Nyampinga bakunze kuvugwaho byinshi

Nyuma yo kugera muri BK Arena, Miss Mutesi Jolly yasubije ku buryo butaziguye ku bibazo by’amatsiko by’abamubazaga aho akura umutungo we 

Aho ava ntabwo bibareba, ni amateshwa — ni amagambo Miss Jolly yavuze asubiza umunyamakuru wa InyaRwanda, ashimangira ko ubuzima bwe ari ubwe

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MISS MUTESI JOLLY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...