Rema
ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika muri iki gihe, akaba yarageze ku rwego
mpuzamahanga binyuze mu ndirimbo zakunzwe cyane zirimo ‘Calm Down’, ‘Dumebi’,
‘Soundgasm’, ‘Woman’ na ‘Charm’.
Ku
mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 5 Nzeri 2026, uyu muhanzi yataramiye
ibihumbi by’abakunzi b’umuziki bari bateraniye muri BK Arena, mu gitaramo
cyaranzwe n’imbyino, umuziki ndetse n’akanyamuneza.
Minisitiri
Nduhungirehe, wari mu bitabiriye iki gitaramo, yagaragaje ko Rema yatanze
umuziki wo ku rwego rwo hejuru, avuga ko uburyo yitwaye ku rubyiniro
bwagaragaje ko ari umuhanzi ukomeye.
Mu
butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko we
n’umuhungu we Erwan bishimiye kwitabira iki gitaramo, ashimangira ko BK Arena
yari hafi kuzura.
Yagize
ati: “Kuri uyu mugoroba, njye n’umuhungu wanjye Erwan twitabiriye igitaramo
kidasanzwe cya Rema muri BK Arena. Arena yari hafi kuzura, kandi uyu muhanzi
ukiri muto wo muri Nigeria yagaragaje ko ari umuhanzi ukomeye, unafite imbaraga
zidasanzwe ku rubyiniro.”
Minisitiri
Nduhungirehe kandi yashimiye urubyiruko rwitabiriye igitaramo ku bwinshi,
ashimangira ko rwagaragaje ko rushyigikira abahanzi ndetse n’imyidagaduro.
Yavuze
ko abitabiriye igitaramo baririmbanaga n’umuhanzi ndetse bakabyina mu ndirimbo
ze, ibintu yagaragaje nk’ikimenyetso cy’uko igitaramo cyari cyabashimishije.
Yashimiye
kandi Polisi y’u Rwanda ku kazi yakoze mu gucunga umutekano no gutuma igitaramo
kigenda neza.
Minisitiri
Nduhungirehe yavuze ko inzego z’umutekano zakoze ibishoboka byose kugira ngo
iki gitaramo kigende nta kibazo, ashimangira ko cyarangiye neza.
Ati:
“Ndashimira kandi Polisi y’u Rwanda ku kuba yarakoze ibishoboka byose mu
gucunga umutekano no gutuma iki gitaramo kigenda neza. Dukomeze gutwara imbere
uyu mwuka mwiza.”
Igitaramo
cya Rema cyabaye umwe mu myidagaduro ikomeye yahuje urubyiruko muri Kigali, aho
BK Arena yari yuzuyemo abakunzi b’uyu muhanzi baje kumureba imbonankubone no
kwishimira indirimbo ze zamamaye ku rwego mpuzamahanga.
Kuba Minisitiri Nduhungirehe yaritabiriye iki gitaramo ari kumwe n’umuhungu we, ndetse akagira icyo akivugaho, byagaragaje kandi uburyo ibitaramo bikomeye bikomeje kuba igice cy’ingenzi mu myidagaduro n’ubuzima bw’urubyiruko mu Rwanda.

Minisitiri
Nduhungirehe n’umuhungu we hamwe na Rema wakoreye igitaramo
gikomeye muri BK Arena



REBA AMASHUSHO Y'IGITARAMO CY'AMATEKA CYA REMA I KIGALI
