Mu kiganiro cyahuje abayobozi
ba Leta, abakora mu ruganda rw'imyidagaduro n'abafata ibyemezo ku kibazo
cy'ibiyobyabwenge, Bushali ntiyavuze gusa ku ngaruka zabyo.
Yanatanze ubuhamya bw'uburyo
yigeze kubigwamo, agafatwa, agafungwa, ariko nyuma akabona amahirwe yo kongera
kwiyubaka no gusubira mu buzima busanzwe.
Yavuze ko iyo arebye aho u
Rwanda rugeze uyu munsi, asanga igihugu cyarakoze urugendo rurerure mu kubaka
amahirwe y'urubyiruko, cyane cyane abakora ubuhanzi.
Ku wa Mbere, tariki ya 4
Kanama 2026, ubwo yari mu kiganiro cyagarukaga ku ngaruka z'ibiyobyabwenge
n'uruhare rwa buri wese mu kubikumira, Bushali yavuze ko iyo ataza kubona
ubufasha n'amahirwe yo kongera gutangira ubuzima bushya, bishoboka ko atari
kuba akiri mu muziki.
Iki kiganiro cyitabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana; Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo; Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry n'abandi.
Cyanitabiriwe n'abahanzi barimo Nel Ngabo, Coach
Gael, DJ Iraa na Bushali, kiyoborwa n'Umuyobozi w'Ishuri rya Muzika rya Nyundo,
Mighty Popo.
Bushali yavuze ko umuziki we
utari kugira imbaraga zo kugera ku rubyiruko iyo igihugu kidashyiraho uburyo
butuma abahanzi bakora batekanye kandi bafite aho berekanira impano zabo.
Yagize ati: "Bitameze
uko ntabwo umuziki wampa ubwo bubasha bwo kuba urubyiruko rwanyiyumvamo.
Igihugu cyacu ni igihugu cyiza cyifuza ko buri muntu yatera imbere mu byo akora
ariko byagirira akamaro mugenzi we, urubyiruko n'abantu muri rusange."
Yasobanuye ko ibyo igihugu
cyashyize imbere birimo ubumwe, urukundo, ubudaheranwa n'umutekano ari byo
byafashije n'abahanzi kwagura ibikorwa byabo kugeza no ku rwego mpuzamahanga.
Bushali yavuze ko urugendo
rwe rwa muzika rutatangiriye mu bihe byoroshye. Yasobanuye ko yatangiye ari
umusore ukiri muto, ufite amaraso ashyushye, ushaka kugerageza ibintu byinshi.
Icyo gihe yari ari kuzamukana
mu njyana ya Kinyatrap ari kumwe na B-Threy na Slum Drip, ariko na none akagwa
mu bishuko byamwegereje ibiyobyabwenge.
Yavuze ko nubwo yahuye
n'ibigeragezo byinshi, hari ikintu kimwe cyamufashije guhindura imitekerereze.
Ati: "Ibyiza mvuga ni
ibyo igihugu cyagiye kitwereka ko n'ubwo twahura n'ibishuko, igihugu
kiradukeneye kurusha uko ibyo bishuko bikomeza kudukurura."
Yavuze ko igihe yafatwaga
kubera gukoresha ibiyobyabwenge, yabanje kubibona nk'igihano, ariko nyuma aza
kubyumva nk'isomo ryamufashije kongera gutekereza ku buzima bwe.
Ati: "Naravuze nti iyo
fimbo bankubise yari iyo kugira ngo nitekerezeho, ntekereze no ku gihugu."
Yasohotse i Mageragere asanga igihugu cyarahindutse
Mu magambo yavuze, igice
cyakoze ku mitima ya benshi ni aho yagarutse ku buryo yabonye impinduka igihugu
cyari kimaze kugeraho nyuma yo kuva mu Igororero rya Mageragere.
Yagize ati: "Nasohotse (i
Mageragere) nsanga igihugu gikataje. Bya bintu by'umuziki nakoraga nsanga
noneho batwubakiye ahantu tugomba kugenda tukabyerekana, Isi yose
ikabibona."
Aha Bushali yashakaga
kugaragaza ko mu gihe yari ari mu bibazo, igihugu cyo cyakomeje gushora imari
mu bikorwaremezo bifasha ubuhanzi, bituma n'abahanzi babona urubuga rwo
kwagurira ibikorwa byabo.
Yavuze ko yishimira
ibikorwaremezo u Rwanda rwubatse kuko bifasha abahanzi gukora ku rwego
mpuzamahanga, kandi byinshi muri byo bikaba bitaraboneka henshi mu Karere ka
Afurika y'Iburasirazuba.
Bushali yavuze ko nyuma yo
kongera gusubira mu buzima busanzwe, yafashe icyemezo cyo guhindura imibereho
ye.
Yavuze ko yiyemeje gushyira
imbere umurimo, gukora umuziki ufite ireme no kuba urugero rwiza ku rubyiruko
rumukurikira.
Yagaragaje ko impinduka ze
zitaturutse gusa ku bushake bwe, ahubwo zanaturutse ku kuba yarabonye igihugu
gishyira imbere gufasha urubyiruko kongera kwiyubaka aho kugusiga inyuma
burundu.
Tariki ya 17 Ukwakira 2019,
Bushali yatawe muri yombi ari kumwe na Slum Drip ndetse n'abakobwa babiri,
bakurikiranyweho gukoresha urumogi.
Nyuma y'iburanisha ku ifungwa
n'ifungurwa ry'agateganyo, umwe mu bakobwa barekuwe, mu gihe Bushali na Slum
Drip bo boherejwe mu Igororero rya Mageragere hashingiwe ku cyemezo cy'urukiko
cyo kubafunga by'agateganyo mbere yo kuburana mu mizi. Nyuma yaje kurekurwa,
asubira mu buzima busanzwe ndetse anakomeza ibikorwa bye bya muzika.
Uyu munsi, Bushali avuga ko
amateka yanyuzemo atakiri inkuru y'igihombo gusa, ahubwo yabaye isomo
rimwibutsa ko umuntu ashobora kongera kubaka ubuzima bwe igihe abonye amahirwe
yo kwikosora.
Ubutumwa bwe bwari bwerekeye cyane urubyiruko, asaba abakiri bato kutemera gukururwa n'ibiyobyabwenge, ahubwo bagakoresha impano zabo mu buryo bububakira ejo hazaza, kuko nk'uko yabigaragaje, amahirwe igihugu gitanga ashobora guhindura ubuzima bw'umuntu ufashe icyemezo cyo guhinduka.

Bushali yagaragaje ko nyuma
yo gukosa yasanze igihugu kimutegeye amaboko, kandi yiyemeza guhinduka
KANDA HANO UBASHE KUREBAIKIGANIRO BUSHALI YATANZE
VIDEO: Dox Visual /InyaRwanda
