Ni
igitaramo kizahuriramo abanyabugeni batandukanye barimo abanyarwenya nka
Umushumba, Muhinde, Babu Joe, Dudu na Pilate, ndetse n’abahanzi barimo Mike
Kayihura, Kivumbi King na Bushali.
Nubwo
benshi bamumenye binyuze mu rwenya, ubuzima bwa Prof Hamo bwanyuzemo urugendo
rutoroshye rwuzuyemo ubukene, kwihangana, gutsindwa no kongera kwiyubaka.
Uyu
munyarwenya amazina ye nyakuri ni Herman Gakobo Kago. Yavutse ku wa 5 Nyakanga
1980 mu mujyi wa Nakuru muri Kenya, akaba ari umwana wa gatanu mu bana umunani.
Yakuriye mu gace ka Lanet aho se yakoraga mu gisirikare.
Nyuma
yo kurangiza amashuri yisumbuye, yinjiye muri Kisumu Polytechnic kwiga
ibijyanye n’ubwubatsi bw’amashanyarazi (Electrical Engineering), ariko aza
kubivamo ataramara imyaka ibiri kuko yari amaze kubona ko umutima we uri mu
myidagaduro.
Icyo
gihe ntiyari afite ubuzima bworoshye. Yinjiye mu matsinda y’ikinamico n’umuziki
i Nakuru, aho yaririmbaga mu itsinda rya Tamasha Band. Kugira ngo abashe kubaho
no gukomeza gukurikirana inzozi ze, yacuruzaga amandazi.
Prof
Hamo yigeze kuvuga ko ubukene bwamubereye isomo rikomeye ndetse bukamwigisha
guhanga udushya. Yigeze kuvuga ati: “Nabaga mu nzu y’icyumba kimwe… rimwe na
rimwe ubukene bugufasha kuba umuntu utekereza cyane.”
Uko
kubaho nabi ni byo byatumye atangira kuvanga urwenya n’umuziki kugira ngo
abashe kubona amafaranga no kwigaragaza.
Kwamamara
kwe kwatangiriye mu biganiro bya ‘Churchill Show’, kimwe mu bitaramo bikomeye
by’urwenya muri Kenya. Gusa ntabwo byaje byoroshye.
Yagiye
gukora igeragezwa (audition) inshuro esheshatu mbere yo guhabwa amahirwe yo
kwigaragaza. Amahirwe ye nyayo yaje ubwo yitabiraga ‘Churchill on the Road’
yabereye i Nakuru, aho urwenya rwe rwashimishije benshi rukajya no ku mbuga
nkoranyambaga, ibintu byamuhesheje kujya muri ‘Churchill Show’ nyirizina.
Kumenyekana
ku izina rye byatumye aba umwe mu banyarwenya bakunzwe cyane muri Kenya.
Yatangiye kubona amafaranga, kwamamaza ibicuruzwa ndetse aba icyamamare.
Icyakora
ubuzima bwe bwaje guhinduka ubwo havukaga inkuru z’urukundo rwe
n’umunyarwenyakazi Jemutai, ibintu byakuruye impaka zikomeye muri rubanda.
Icyo
gihe yavuze ko yatakaje amasezerano y’ubucuruzi afite agera kuri miliyoni 14
z’amashilingi ya Kenya, ndetse izina rye risa nk’iryari rigiye gusenyuka.
Prof
Hamo yemeye ko icyo gihe yakozweho n’ubwibone ndetse no gukunda amafaranga
birenze urugero.
Gusa
yavuze ko umugore we Zipporah yamubaye hafi cyane mu gihe gikomeye, akamugira
inama yo gusubira ku Mana no kongera gutekereza ku buzima bwe.
Yagize
ati: “Yambwiye gusubira ku Mana… kandi narabikoze. Yabonaga ko nari ndi kujya mu
mwijima.”
Uyu
munyarwenya ubu afite abana batandatu; bane yabyaranye na Zipporah ndetse
babiri na Jemutai. Nubwo yahuye n’ibibazo byinshi mu muryango no mu kazi,
yakomeje gusaba imbabazi no gushimira abantu bamufashije kongera kwiyubaka,
barimo Daniel Ndambuki wamamaye nka Churchill ndetse n’umutoza mu buzima Robert
Burale.
Kuri
ubu Prof Hamo ntabwo ari umunyarwenya gusa. Ni umunyamakuru wa radiyo HOT 96
FM, MC w’ibitaramo, umushyushyarugamba, ambasaderi wa StarTimes ndetse
anategura ibikorwa bifasha impano zikizamuka mu duce dutandukanye twa Kenya.
Mu
minsi yashize yanateguye igikorwa yise ‘Professor Hamo Live: Nurturing Talents
at the Grassroots’ cyabereye i Kericho, agamije gufasha urubyiruko rufite
impano kubona aho rwerekana ibyo rushoboye.
Uretse
urwenya kandi, Prof Hamo yaninjiye mu muziki. Aherutse gushyira hanze indirimbo
yise ‘Jela’ yakoranye n’umuhanzi Christar Bingwa.
Yavuze
ko umuziki ari imwe mu mpano yari amaranye igihe, ndetse ko yinjiye mu
myidagaduro kugira ngo atsinde ikibazo cyo kutigirira icyizere yari afite akiri
muto.
Urugendo
rwa Prof Hamo rugaragaza uburyo umuntu ashobora kuva hasi cyane, agahura
n’ibigeragezo byinshi, ariko akabasha kongera kwiyubaka no gukomeza kugera ku
nzozi ze.
Ni inkuru y’umuntu wacuruje amandazi, akanga gucika intege, kugeza ubwo yabaye umwe mu banyabugeni bazwi cyane muri Afurika y’Iburasirazuba.




Prof
Hamo agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ye ya mbere mu gitaramo kizabera muri
Camp Kigali tariki 28 Gicurasi 2026
KANDA HANO UBASHE KUREBA IMWE MU NDIRIMBO PROF HAMO YARIRIMBYEMO
