Yabuze ayo kwishyura indirimbo, ahitamo kwiga Production: Inkuru ya Li John -VIDEO

Imyidagaduro - 20/02/2026 3:09 PM
Share:

Umwanditsi:

Yabuze ayo kwishyura indirimbo, ahitamo kwiga Production: Inkuru ya Li John -VIDEO

Mu gihe benshi bamuzi nka Producer wakoze indirimbo zaciye ibintu mu Rwanda, Lil John yatangaje ko impamvu yamwinjije mu gutunganya indirimbo atari inzozi yari afite zo kuba Producer, ahubwo byaturutse ku kubura amafaranga yo kwishyura abamukorera indirimbo.

Mu kiganiro aherutse kugirana na InyaRwanda, Li John yavuze ko urugendo rwe rwatangiye afite inzozi zo kuba umuraperi ukora Hip Hop, ariko akaza gusanga inzira itoroshye nk’umuhanzi wigenga.

Ati: “Umunsi naje i Kigali nje gukora indirimbo numva ko naba umuhanzi kandi ngomba gukora cyane, ariko nasanze bigoye kubona amafaranga yo kwishyura aba- Producer, ndetse no gukora indirimbo mu buryo bwa Audio na Video.”

Lil John avuga ko mu ntangiriro yari umuraperi ushaka gukora umuziki wubakiye kuri Hip Hop. Icyakora, uburyo yakiriwe n’ibibazo by’imari byatumye atangira gutekereza ku yindi nzira yamufasha gukomeza inzozi ze adategereje ubushobozi budahari.

Ati: “Nabonaga ntabona amafaranga yo kwishyura Producer ngo ankorere indirimbo. Ni bwo nahisemo kwinjira mu batunganya indirimbo.”

Uretse kuba yari afite inyota yo kwiga no kwiteza imbere, Lil John yari asanzwe afite ubumenyi mu bijyanye na mudasobwa kuko yize Computer Science, ibintu avuga ko byamwongereye amahirwe yo kwinjira muri Production atabanje gutangira ari umunyamahirwe gusa, ahubwo ari n’umunyamwuga ushobora kwihugura.

Asobanura uko yatangiye, Lil John yavuze ko atahise aba Producer w’umwuga, ahubwo yabanje kubigerageza akiri mu mashuri yisumbuye.

Ati: “Mbere y’uko ntangira gukora Production mu buryo bw’umwuga, nari narabigerageje nkoresheje machine ya Papa wanjye. Nageze aho nsoza amashuri yisumbuye mfite nibura ubumenyi bw’ibanze.”

Ni urugendo rwaturutse ku bushake bwo kwikemurira ikibazo, ariko buhoro buhoro ruvamo umwuga wamutwaye kure kurusha uko yabyitekerezaga.

Lil John avuga ko mu ntangiriro atatekerezaga ko azahinduka Producer ukorera abandi bahanzi, ahubwo ko yifuzaga gukora indirimbo ze bwite nk’umuhanzi wigenga.

Ati: “Naravuze nti reka mpitemo gukora Production kugirango izamfashe mu rugendo rwanjye nk’umuhanzi wigenga. Numvaga nzajya nikorera indirimbo zanjye gusa. Ariko byaje kuba akazi, mbona ko harimo n’amafaranga.”

Yongeyeho ko nyuma yo kubona ko Production ishobora kumubera umwuga wiyongera ku bundi bumenyi yari asanzwe afite, yahisemo kuyishyiramo imbaraga zose.

Ati: “Ndavuga nti ibi bintu se uwabyongera ku byo umuntu azi, nabyo bikaba umwuga wiyongera ku byo nzi?”

Lil John yatangiye gutunganya indirimbo mu 2006, akaba amaze imyaka irenga 20 mu rugendo rwa Production. Muri iyo myaka, yakoze indirimbo z’abahanzi banyuranye barimo Marina, nyakwigendera Jay Polly, Pamaa n’abandi benshi banyuze mu biganza bye.

Uyu munsi, Lil John abarwa mu batunganya indirimbo bafite ubunararibonye mu Rwanda, urugendo rwe rukaba ari isomo rikomeye ku bahanzi bakiri bato: ko rimwe na rimwe inzira wifuzaga atari yo iguhesha izina, ahubwo ibibazo uhura na byo bishobora kukuyobora ku mahirwe atari witeze.

Inkuru ye igaragaza ko kubura ubushobozi bishobora kuba imbarutso yo kwishakamo ibisubizo, bikavamo umwuga ushobora guhindura ubuzima.


Uko Li John yahinduye imbogamizi amahirwe, akava ku nzozi zo kuba umuraperi akavamo umwe mu batunganya indirimbo bakomeye mu Rwanda, bakoranye n’abarimo Marina na nyakwigendera Jay Polly

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PRODUCER LI JOHN

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO NSHYA YA LI JOHN


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...