Yabaye ishyiga ry’inyuma mu ntege nke zanjye –Mama Sava kuri Papa Sava wamuhinduriye ubuzima –VIDEO

Imyidagaduro - 09/03/2026 2:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Yabaye ishyiga ry’inyuma mu ntege nke zanjye –Mama Sava kuri Papa Sava wamuhinduriye ubuzima –VIDEO

Uko ibintu byatangiye, ntiyari azi ko izina rye rizaba rikomeye mu rugendo rw’ubuhanzi. Umunyana Analyssa, wamamaye nka Mama Sava, avuga ko umukinnyi wa filime Niyitegeka Gratien, uzwi nka Papa Sava, yamubereye “ishyiga ry’inyuma” mu rugendo rwe rwo gukina filime n’ikinamico.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Mama Sava yagarutse ku rugendo rwe rutangira muri 2017, igihe yari akiri muto yishakisha, kandi yifuza gusa gukura izina mu buzima bwa filime.

Ati "Filime 'Papa Sava' ni filime nahuriyemo n’ibitangaza. Ni ukuvuga gukinana na Papa Sava noneho nitwa umugore n’ibintu birenze. Iriya filime yankoreye ubuzima, yampaye amafaranga, yampaye izina."

Mama Sava yibuka uburyo Papa Sava yamushyigikiraga mu gihe yari mu ntege nke. Akavuga ko atari ku nshuro imwe gusa yahuye n’imbogamizi mu rugendo rwe, ariko Papa Sava ntiyigeze amurekera.

Ati "Uriya ni we shyiga ry’inyuma ku rugendo rwanjye. Ntiyigeze ansiga mu ntege nke zanjye. Nkabona ukuntu anyihanganira, nkavuga nti ‘ariko ubundi nk’uyu ntabwo agira umwanya wo kwirukana,’ ariko akomeza anyishyigikira. Ni umuntu mwiza rwose, ararenze, kandi yampaye amahirwe yo gukura impano yanjye mu gukina filime n’ikinamico."

Nubwo Mama Sava yishimira urugendo rwe rwa ‘Papa Sava’, ntiyibagirwa aho byose byatangiye, ari byo filime ‘Seburikoko’, aho yabonye uburyo bwo gukina filime bwa mbere.

Yongeraho ko gukorana n’abakinnyi b’inzobere muri iyo filime byamufashije kumenya neza uko agomba gukina, ndetse bigatuma impano ye itera imbere.

Akomeza avuga ko kugeza n’ubu, izina rya Mama Sava rishingiye ku rugendo rwe hamwe na Papa Sava, kandi ko azahora amwibuka nk’inkingi ikomeye mu buzima bwe bw’umwuga.

Ati “Sinavuga ko ari itafari rimwe gusa yashyize ku buzima bwanjye, ahubwo uriya niwe shyiga ry'inyuma ku rugendo rwanjye. Uriya mubuze nagwa. 'Papa Sava' yagiye anshyigikira mu ntege nke zanjye kubera ko ndi umunyamafuti, nkabona ukuntu anyihanganira nkavuga nti ariko ubundi nk'uyu ntabwo agira umwanya wo kwirukana, nkamutesha umutwe ariko nkabona birakomeje. 'Papa Sava' ni umuntu mwiza rwose ararenze, noneho byagera ku mpano yanjye yo gukina filime n'ikinamico yaranshyigikiye."

‘Mama Sava’ avuga ko imvugo, imyitwarire, no kwihangana kwa Papa Sava byamwerekeje inzira y’ubunyamwuga, bituma impano ye itera imbere kandi izina rye rikomeza kumutunga mu buryo bw’umwuga.

Uyu mugore avuga ko ubufatanye, kwihangana, n’urukundo rw’umwuga bishobora guhindura ubuzima bw’umuntu, bigatuma impano ye itera imbere, ikamuhesha izina, kandi bigatanga amateka mu mwuga.

Mama Sava avuga ko urugendo rwe rwa filime rwahindutse burundu kubera Papa Sava. Ati “Filime ‘Papa Sava’ yampaye amafaranga, izina n’ubuzima bwo gukina filime. Nta n’igihe yigeze ansiga mu ntege nke zanjye. Ni we shyiga ry’inyuma mu rugendo rwanjye.”

Mama Sava yibuka uko Papa Sava yamushyigikiye kuva yatangira gukina filime ndetse n’ikinamico, ibintu avuga ko byamukomeje mu rugendo rwe rwa Cinema

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MAMA SAVA

KANDA HANO UBASHE KUREBA AGACE KA FILIME ‘PAPA SAVA’ ABA BOMBI BAHURIRAMO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...