Yabaye inzira yo kubaka umuryango uhamye – Junior Giti ku myaka 9 ishize arushinze n’umugore we (VIDEO)

Imyidagaduro - 23/07/2025 5:22 PM
Share:

Umwanditsi:

Yabaye inzira yo kubaka umuryango uhamye – Junior Giti ku myaka 9 ishize arushinze n’umugore we (VIDEO)

Umusobanuzi wa filime akaba n’umujyanama wa Chriss Eazy, Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti, yagaragaje ko imyaka icyenda ishize arushinze n’umugore we Umuhoza Angel yamubereye ishuri rikomeye ry’ubuzima, ryamwigishije byinshi ku kubaka urugo rurambye.

Ku itariki nk’iyi mu 2016, nibwo Junior Giti na Umuhoza Angel bahamije isezerano ryo kubana akaramata. Kuri ubu, imyaka icyenda irashize bubatse umuryango ndetse banibarutse abana babiri. Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Junior Giti yavuze ko urugo rwabo rwashibutse ku myumvire yihariye buri wese yari afite ku buzima bwo kubana nk’umugabo n’umugore.

Yagize ati: “Buriya igikomeye ni ukuba mwese muzi icyo mushaka. Icyo mushaka ni ukugumana, umuryango ukagumaho. N’iyo mushwanye mugomba kwiyunga nyuma y’aho. Imyaka icyenda rero ikwigisha ko nyuma ya byose, na mbere yabyo, icya mbere ari ugumana.”

Yakomeje asobanura ko kubaka urugo rutajegajega bidashingira ku byishimo bihoraho, ahubwo bishingira ku mwanzuro buri umwe afata wo kudasubira inyuma n’iyo ibihe byaba bibi.

Yagize ati “Uvuze ngo ni imyaka icyenda y’uburyohe waba ugiye kubeshya abatararushinga. Intego nyamukuru ni uko mwese mwafashe umwanzuro w’uko mugiye kubaka. Ukavuga uti ‘uko byagenda kose, njye simva hano hantu’.”

Junior Giti yavuze ko ubwo yahamyaga isezerano rye, yari akirwana no kubaka izina mu kazi ko gusobanura filime no gukorana n’abahanzi, ariko umugore we akabyumva nk’akazi gafite umumaro. Ati “Yumvaga ko ari akazi gatanga umugati, agasigara mu rugo azi ko umugabo yagiye kuzana umugati.”

Nubwo akazi ke kamusaba gukorera mu bihugu bitandukanye, avuga ko ikintu cy’ingenzi ari ugusobanukirwa neza na gahunda y’umwe n’undi. Ati: “Akazi kanjye ntigatandukanye n’ak’abandi. Icyangombwa ni uko twese tuba tuzi neza ibyo turimo.”

Junior avuga ko Mukuru we Yanga yamusabye ko narushinga azaharanira kurugumamo, atazajya yirukira hanze igihe habaye ibibazo. Ati “Yari azi iryo banga ryo kugira umuryango, njye ntabizi. Yambwiraga ati ‘uko byagenda kose, iyo nzu ntuzayisohokemo’ kuko n’abo ugiye gusanga uzakomeza gushwana na bo kugeza musazanye.”

Junior Giti avuga ko ari ayo magambo ya mukuru we yamufashije gufata icyemezo gikomeye cyo kurwana ku rugo rwe, kugeza n’ubu agihamya ko yari ahisemo neza.

Junior Giti na Umuhoza Angel: Urukundo rwubakiye ku masezerano 


Imyaka 9 y’urugendo rudasanzwe… turacyari kumwe 

Mu bihe byiza n’ibigoranye, twahisemo kugumana – imyaka icyenda irabivuga byose 

Twubatse ku rukundo, twubakira ku bwumvikane – imyaka icyenda y’umuryango uhamye 

Isabukuru y’imyaka 9: Igisubizo ku masezerano twasezeranye imbere y’Imana n’abantu, niko Junior Giti avuga 

Urugo ni ishingiro – uko imyaka ishira niko turushaho gusobanukirwa agaciro karyo

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KURI JUNIOR GITI AVUGA KU MYAKA ICYENDA ISHIZE ARUSHINZE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...