Yabaye imyaka y’urukundo n’amashimwe - Bahavu n’umugabo we ku myaka 5 ishize barushinze

Cinema - 27/02/2026 10:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Yabaye imyaka y’urukundo n’amashimwe - Bahavu n’umugabo we ku myaka 5 ishize barushinze

Hari inkuru z’urukundo zitavugirwa cyane mu itangazamakuru, ariko zikavuga mu buzima bwa buri munsi. Iya Bahavu Usanase Jannet n’umugabo we Fleury Ndayirukiye ni imwe muri zo ; inkuru y’imyaka itanu ishize yubakiye ku isezerano, ukwizerana n’amasengesho.

Ku wa 27 Gashyantare 2021, ni bwo basezeranye kubana akaramata imbere y’Imana mu muhango wabereye muri Zion Temple mu Gatenga. Uwo munsi wabaye intangiriro y’urugendo rw’imyaka itanu ishize rwuzuyemo ibyishimo, amasomo, ibigeragezo n’intsinzi, nk’uko babyivugira.

“Imyaka itanu yuzuyemo ibyishimo n’amasomo menshi” – Fleury

Mu butumwa burebure Fleury yashyize kuri Instagram ku wa 27 Gashyantare 2026, yagaragaje umutima wuzuye ishimwe n’urukundo ku mugore we.

Mu magambo ye, Fleury yavuze ko kuri uyu munsi bishimira imyaka itanu myiza y’urushako, kandi umutima we wuzuye gushimira Imana.

Yavuze ko iyo myaka yaranzwe n’ibyishimo, gukura mu bitekerezo no mu buzima, ndetse n’ibihe byinshi byiza bibitse amateka akomeye mu muryango wabo.

Yashimangiye ko binyuze kuri Bahavu, yize byinshi ku buzima, amenya Imana mu buryo bwimbitse kurushaho, asobanukirwa n’icyo urukundo nyarwo rusobanuye, ndetse aniga uko witaho uwo mwashakanye wihanganye kandi wuje ineza.

Fleury yavuze ko Bahavu atari umugore we gusa, ahubwo ari umugisha, umufatanyabikorwa ndetse imwe mu mpano zikomeye Imana yamuhaye.

Yamushimiye ko bagendanye uru rugendo, ko yamubaye hafi mu bihe byose, kandi ko yuzuje urugo rwabo urukundo n’amahoro.

Yasoje amusabira umugisha ku Mana, asaba ko yakomeza kubayobora no kubongerera indi myaka myinshi y’urukundo n’ibyishimo, amwizeza ko azahora amukunda.

“Uri amahoro yanjye n’aho nduhukira” – Bahavu

Na Bahavu, wamamaye muri sinema nyarwanda, ntiyacecetse kuri uyu munsi wihariye mu buzima bwe. Mu butumwa bwe, yashimiye umugabo we Fleury, amwita “Daddy wanjye na Amora”, agaragaza ko bishimira atari imyaka gusa bamaze babana, ahubwo n’urugendo rwose banyuzemo bafatanye urunana.

Mu gusobanura ubutumwa bwe mu Kinyarwanda, Bahavu yavuze ko bishimira urugendo bagendanye mu masengesho, mu bisekuru, mu bihe by’ibigeragezo no mu ntsinzi bagezeho. Yashimiye umugabo we kuba umufatanyabikorwa, amahoro ye ndetse n’aho yumva atekanye.

Yamusabiye ko urushako rwabo rwakomeza gukomera no kurushaho kuba rwiza uko imyaka ishira, byose mu izina rya Yesu. Yongeyeho amagambo yuje amarangamutima, amwita “Mutware untwara neza” n’“Intwari yanjye y’ibihe byose”, agaragaza icyizere n’icyubahiro amufitiye.

Urukundo rwubakiye ku Mana n’ukwizerana

Iyo usomye amagambo yabo bombi, ubonamo ibintu bitatu by’ingenzi: ishimwe, ukwemera Imana, n’ukwizerana mu rugendo rw’urushako. Si amagambo yo kwizihiza gusa, ahubwo ni ubuhamya bw’urugendo rwubakiye ku nkingi zifatika.

Mu myaka itanu ishize, Bahavu na Fleury bagaragaje ko urukundo rudashingiye ku marangamutima gusa, ahubwo ruba urugendo rwo gukurana, kwihanganirana no gusengerana.

Ku isabukuru yabo y’imyaka itanu, si ukwishimira imyaka gusa, ahubwo ni no kongera guhamya isezerano bahanye imbere y’Imana mu 2021, isezerano rikomeje kwera imbuto mu rugo rwabo.

Mu gihe benshi babifuriza gukomeza urugendo rwiza, bo bahisemo kubusigasira mu isengesho no mu rukundo, ibintu byombi bigaruka kenshi mu butumwa bwabo.

Imyaka itanu irashize, ariko ku ruhande rwabo, ni nk’aho urugendo rugitangira.

Fleury yavuze ko Bahavu atari umugore we gusa, ahubwo ari umugisha, umufatanyabikorwa ndetse akaba n'imwe mu mpano zikomeye Imana yamuhaye


Bahavu Usanase Jannet n’umugabo we Fleury Ndayirukiye bari kwizihiza imyaka itanu ishize bunze ubumwe nk’umugabo n’umugore


Mu butumwa buri umwe yatangaje, yagaragaje ko iyi myaka yaranzwe n’urukundo n’amahoro mu muryango, ariko kandi Imana yabaye mu ruhando rwabo

KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA KIMWE MURI FILIME BAHAVU ATEGURA



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...