Uyu
muhanzi ukunzwe cyane mu ndirimbo ziganjemo iz’urukundo, yageze ku rubyiniro
yakirwa n’amashyi menshi ndetse n’akaruru k’abafana bari bamaze igihe
bamutegereje.
Mu
ndirimbo yaririmbye harimo ‘Fou de Toi’, ‘Molela’, ‘Mami’ na ‘Sesa’, zose
zafashijwe kuririmbwa n’abafana mu buryo bugaragaza ko zimaze kuba izabo.
Ni
igitaramo cyagaragayemo urubyiruko rwinshi rwari rwitabiriye rwiteguye
kuririmbana n’abahanzi, aho Ross Kana na we atigeze atenguha abafana be.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma yo kuva ku rubyiniro, Ross Kana yavuze
ko yashimishijwe cyane n’uburyo yakiriwe n’abatuye Muhanga, avuga ko ubwitabire
bwari hejuru ndetse ko byamweretse urukundo rudasanzwe abafana bafite ku muziki
we.
Yagize
ati: "Hano i Muhanga bari benshi cyane. Abantu bari kwitabira ibitaramo
bya MTN Iwacu Muzika Festival ku rwego ruri hejuru byanshimishije cyane.
Nabonye ubwitabire budasanzwe. ‘Stage’ yari hejuru, namwe mwabibonye."
Kimwe
mu bintu byihariye bimaze kumuranga muri ibi bitaramo bya MTN Iwacu Muzika
Festival ni uko iyo ageze ku rubyiniro ahita atangirana n’indirimbo 'Fou de
Toi', yakoranye na Bruce Melodie ndetse na Producer Element.
Ntabwo
ari ukubera gusa ko iyi ndirimbo ikunzwe, ahubwo ni uko ifite amateka akomeye
mu rugendo rw’umuziki we.
Ross
Kana yavuze ko kuri we iyi ndirimbo ari yo nkingi yubakiyeho urugendo rwe rwose
nk’umuhanzi, ndetse ko ari na yo yatumye izina Ross Kana ritangira kumenyekana
mu ruhando rw’umuziki nyarwanda.
Ati:
"Nyisobanura nk'umusingi cyangwa se aho natangiriye. Ni ho izina Ross Kana
ryavuye, ni ho ryavukiye. Ni yo ibimburira ibindi byose nteganya gukora cyangwa
se nzakora."
Aya
magambo agaragaza uburyo 'Fou de Toi' ifite agaciro kihariye kuri Ross Kana,
kuko atayifata nk'indirimbo yamuhesheje izina gusa, ahubwo ayifata nk'intangiriro
y'inzozi ze zose mu muziki.
Iyi
ndirimbo yasohotse ku wa 29 Gicurasi 2023, ihuriyemo Ross Kana, Bruce Melodie
na Producer Element. Nyuma yo kujya hanze yakiriwe neza n'abakunzi b'umuziki,
inafasha Ross Kana kumenyekana cyane no kwagura umubare w'abamukurikira.
Kuva
icyo gihe, Ross Kana yakomeje gushyira hanze izindi ndirimbo zirimo Molela,
Mami na Sesa, zakomeje kumwubakira izina nk'umwe mu bahanzi bafite ubuhanga mu
gukora indirimbo z'urukundo zikora ku mitima y'urubyiruko.
Kugeza
ubu, uburyo abafana bitabira ibitaramo bye ndetse bakaririmbana na we indirimbo
ze ijambo ku rindi, ni ikimenyetso cy'uko ari umwe mu bahanzi bari gukomeza
kuzamuka ku muvuduko ushimishije mu muziki nyarwanda.
Kuri
Ross Kana, ariko, byose bigaruka ku ndirimbo imwe atajya yibagirwa—'Fou de
Toi', kuko ari yo avuga ko yamubyariye izina, ikamubyarira n'urugendo rushya
rw'ubuhanzi rutaragera ku iherezo.




KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ROSS KANA
KANDA HANO UREBE UKO ROSS KANA YITWAYE I MUHANGA MU GITARAMO
